• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rurageretse hagati y’ibigarasha Noble Marara na Jean Paul Turayishimye   |   24 Aug 2026

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Amafoto – Mu mukino w’amateka wahuje Rayon Sports na APR FC warangiye amakipe yombi anganyije 0-0, Umutoza Adil yuzuza yuzuza imikino 4 yikurikiranya adatsindwa na mukeba

Amafoto – Mu mukino w’amateka wahuje Rayon Sports na APR FC warangiye amakipe yombi anganyije 0-0, Umutoza Adil yuzuza yuzuza imikino 4 yikurikiranya adatsindwa na mukeba

Ubwanditsi 27 Feb 2022 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatandatu kuri Sitade ya Kigali i Nyamirambo habereye umukino uba utegerejwe n’abakunzi b’umupira w’amaguru mu Rwanda, ni umukino wahuje ikipe ya Rayon Sports yari yakiriye ikipe ya APR FC urangira amakipe yombi aguye miswi y’ubusa ku busa.

Ni umukino wakinwe guhera saa cyenda n’igice ariko wabanje kwegezwa inyuma ho iminota 30 kubera isiganwa ry’amagare rya Tour du Rwanda agace ka 7 karyo kasorojwe mu bice by’i Nyamirambo bawegezaho gato kugirango hatabaho kubangamirana kw’igikorwa n’ikindi.

Ni umukino witabiriwe n’abafana benshi ugereranyije n’indi mikino isanzwe ibera kuri Sitade ya Kigali I Nyamirambo, abafana bari bemewe kwinjira ni ibihumbi bitatu na magana atanu nk’uko amabwiriza yo kwirinda Koronavirusi abiteganya.

Ni umukino waranzwe no gukinira hagati ku mpande zombi ariko ntaburyo buhambaye bwabonetse bwo gutera mu izamu haba ku ruhande rwa Rayon Sports yari yakiriye uyu mukino ndetse na APR FC yari yasuye iyi kipe izwi nka Gikundiro.

Usibye kuba nta buryo bwinshi bwagaragaye, muri uyu mukino habayemo ubushyamirane bw’impande zombi ariko kugeza ubwo myugariro wa APR FC Niyomugabo Claude yavuye amaraso, gusa ntabwo byari bikabije kuko yakomeje uyu mukino.

Mu byaranze uyu mukino w’ubusa ku busa ni uko abakinnyi babiri ba Rayon Sports Mael Didjeke na Musa Esenu bwari ubwmabere bakinnye uyu mukino uba utegerejwe na benshi.

Umutoza wa APR FC, Adil Erradi Muhamed yuzuzaga umukino we wa Kane adatsindwa n’ikipe ya Rayon Sports, muri iyo mikino ine amaze bamaze guhura yatsinze itatu banganyamo umukino umwe ariwo w’ejo wa 0-0.

Mu bakinnyi bamaze gukina incuro nyinshi uyu mukino uhuza impande zombi ni Iranzi Jean Claude na Nizigiyimana Mackenzi ba Rayon Sports na Fitina Ombolenga na Manishimwe Djabel ba APR FC.

Kunganya uyu mukino byatumye ikipe y’ingabo z’igihugu iguma ku mwanya wa mbere w’agateganyo n’amanota 41 ikaba irusha Kiyovu SC ya kabiri amanota atatu naho ikipe ya Rayon Sports ikaba iri ku mwanya wa kane n’amanota 33.

Mu wundi mukino wakinwe kuri uyu wa gatandatu, ikipe ya Espoir FC yanganyije na Musanze FC igitego kimwe kuri kimwe, ku ruhande rwa Espoir yatsindiwe na Eric Niyonsaba naho kuri Musanze FC yo itsindwa na Rulihoshi Dieu Merci .

Indi mikino iteganyijwe kuri uyu munsi wa 19 wa shampiyona:

Kiyovu SC vs Gicumbi FC, Kigali Stadium – 15.00
Etincelles FC vs Etoile de l’Est FC, Umuganda Stadium – 15.00

2022-02-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

CNN yahinduye nkana ibyo Perezida Kagame yaganiriye n’umunyamakuru wayo Larry Madowo

CNN yahinduye nkana ibyo Perezida Kagame yaganiriye n’umunyamakuru wayo Larry Madowo

Ubwanditsi 05 Feb 2025
Rusesabagina ku Rwanda ni nka Hassan Nasrallah kuri Israel.

Rusesabagina ku Rwanda ni nka Hassan Nasrallah kuri Israel.

Ubwanditsi 30 Sep 2024
Abanyamakuru muzirinde gupfa nk’imbwa –Minisitiri Kaboneka

Abanyamakuru muzirinde gupfa nk’imbwa –Minisitiri Kaboneka

Ubwanditsi 27 Apr 2017
Leta ya Uganda yiyemeje gushyira mu bikorwa ibyifuzo byose by’u Rwanda, birimo no kurekura Abanyarwanda bari bafungiye ahantu hatazwi

Leta ya Uganda yiyemeje gushyira mu bikorwa ibyifuzo byose by’u Rwanda, birimo no kurekura Abanyarwanda bari bafungiye ahantu hatazwi

Ubwanditsi 29 Jan 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

u Burundi bwataye muri yombi abakozi b’umuryango International Rescue Committee, IRC
INKURU NYAMUKURU

u Burundi bwataye muri yombi abakozi b’umuryango International Rescue Committee, IRC

Ubwanditsi 12 Oct 2018
Madame Jeannette Kagame yasobanuye aho ubumwe bw’Abanyarwanda bwavuye
POLITIKI

Madame Jeannette Kagame yasobanuye aho ubumwe bw’Abanyarwanda bwavuye

Ubwanditsi 23 Oct 2017
Umuco udasanzwe wo gusabiriza w’inkundamugayo Nkusi Uwimana Agnes yitwaje inkuru z’ibinyoma ziharabika Leta urakomeje
Amakuru

Umuco udasanzwe wo gusabiriza w’inkundamugayo Nkusi Uwimana Agnes yitwaje inkuru z’ibinyoma ziharabika Leta urakomeje

Ubwanditsi 30 May 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru