• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»FERWAFA yatangaje uko amakipe azahura mu ijonjora rya mbere ry’igikombe cy’Amahoro 2022

FERWAFA yatangaje uko amakipe azahura mu ijonjora rya mbere ry’igikombe cy’Amahoro 2022

Ubwanditsi 08 Mar 2022 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Kuri uyu wa mbere tariki 07/03/2022 Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda ryasohoye ingengabihe y’imikino y’igikombe cy’amahoro y’umwaka wa 2022 izatangira tariki 16/03/2022.

Amakipe 25 arimo 16 yo mu kiciro cya mbere n’amakipe 9 yo mu kiciro cya kabiri mu Bagabo niyo yiyandikishije kugira ngo yitabire igikombe cy’uyu mwaka wa 2022.

Imikino ibanza y’ijonjora ry’ibanze iteganyijwe gutangira tariki 16/03/2022 igakinwa n’amakipe 18 afite amanota make hagendewe ku buryo amakipe yitwaye mu mikino y’igikombe cy’Amahoro mu myaka ibiri irushanwa riheruka gukinwa muri 2018 na 2019 naho amakipe 7 ya mbere yo ntazakina ijonjora ry’ibanze. ayo makipe yabonetse hifashishijwe uburyo bwo gutanga amanota bitewe naho ikipe yagarukiye mu irushawa rya 2018 na 2019 mu buryo bukurikira:

– Iyageze ku mukino wa nyuma: 8pts
– iyatwaye umwanya wa 3: 7pts
– Iyageze muri 1/2: 6pts
– Iyageze muri 1/4: 4pts
– Iyageze muri 1/8: 2pts

Amakipe 7 ya mbere ku rutonde atazakina ijonjora ry’ibanze ni: RAYON SPORTS FC, AS KIGALI, MUKURA VS&L, SC KIYOVU, APR FC, POLICE FC na SUNRISE FC.

Uko amakipe azahura mu ijonjora ry’ibanze (Imikino ibanza):

Ku wa gatatu, 16/03/2022:

UR FC vs BUGESERA FC (KAMENA STADIUM, 15 :00)
RUTSIRO FC vs ETINCELLES FC (UMUGANDA STADIUM, 15 :00)
LA JEUNESSE FC vs ESPOIR FC(MUMENA STADIUM, 15 :00)
IMPEESA FC vs AMAGAJU FC (CAMP KIGALI, 15 :00)
NYANZA FC vs MARINE FC (NYANZA STADIUM, 15 :00)
INTERFORCE FC vs ETOILE DE L’EST FC (IPRC STADIUM, 15:00)

Ku wa Kane, 17/03/2022:

HEROES FC vs GASOGI UNITED (BUGESERA STADIUM, 15 :00)
GORILLA FC vs GICUMBI FC (KIGALI STADIUM, 15:00)
MUSANZE FC vs INTARE FC (UBWOROHERANE STADIUM, 15:00)

Imikino yo kwishyura y’ijonjora ry’ibanze iteganyijwe tariki 30 na 31 Werurwe 2022. Mu makipe 9 azakomeza mu ijonjora ry’ibanze hazavanwamo imwe yitwaye neza hashingiwe ku biteganywa n’amabwiriza agenga irushanwa ishyirwe mu gakangara k’amakipe 7 atarakinnye ijonjora ry’ibanze hanyuma andi makipe 8 atombore uko azahura nayo atarakinnye ijonjora rya mbere.

Hiyongereyeho iyo yitwaye neza(best team) mu mikino ya 1/8. Uko amakipe azahura kuva mu mikino ya 1/4 biteganyijwe mu ngingo ya 12 y’amabwiriza agenga irushanwa ari ku rubuga rwa FERWAFA.

Ikipe yegukanye igikombe cy’Amahoro niyo ihagararira igihugu mu mikino nyafurika ya CAF Confedration Cup. Mu gihe hari ikipe yegukanye igikombe cya shampiyona n’igikombe cy’amahoro ikipe yagarukiye ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’amahoro niyo ihagararira igihugu mu mikino ya CAF Confederation Cup.

Ingengabihe y’Igikombe cy’Amahoro cya 2022:

1/8 cy’irangiza: Tariki 4 na 19 Mata 2022
1/4 cy’irangiza: Tariki 26 Mata na 4 Gicurasi 2022
1/2 cy’irangiza: Tariki 11 na 18 Gicurasi 2022
Umwanya wa 3: Tariki 17 Kamena 2022
Umukino wa nyuma: Tariki 18 Kamena 2022.

2022-03-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ikipe ya Bizimana Djihad yanyagiwe ibitego 8-0, amahirwe yo gukina Europa League arayoyoka

Ikipe ya Bizimana Djihad yanyagiwe ibitego 8-0, amahirwe yo gukina Europa League arayoyoka

Ubwanditsi 09 May 2018
Knowless Butera yavuze kuri Album yise Inzora yitegura gushyira hanze yateguye atwitwe ubuheta.

Knowless Butera yavuze kuri Album yise Inzora yitegura gushyira hanze yateguye atwitwe ubuheta.

Ubwanditsi 12 Jun 2021
Col. Chance Ndagano  wari Umucamanza mu rukiko  rwa gisilikare niwe wagizwe umuyobozi mushya wa Rwandair

Col. Chance Ndagano wari Umucamanza mu rukiko rwa gisilikare niwe wagizwe umuyobozi mushya wa Rwandair

Ubwanditsi 07 Apr 2017
Polisi y’u Rwanda iragira inama abacukura amabuye y’agaciro kwitwararika muri ibi bihe by’imvura

Polisi y’u Rwanda iragira inama abacukura amabuye y’agaciro kwitwararika muri ibi bihe by’imvura

Ubwanditsi 30 Sep 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Burundi: Igisiga cyari gihitanye amagana y’abasirikare b’uburundi bari mu ndege imana ikinga akaboko.
INKURU NYAMUKURU

Burundi: Igisiga cyari gihitanye amagana y’abasirikare b’uburundi bari mu ndege imana ikinga akaboko.

Ubwanditsi 17 Jan 2018
Rulindo: Umugabo w’imyaka 22 yishe umugore we w’imyaka 30 amukebye ijosi nawe ariyahura bapfa amafaranga y’ubukwe
ITOHOZA

Rulindo: Umugabo w’imyaka 22 yishe umugore we w’imyaka 30 amukebye ijosi nawe ariyahura bapfa amafaranga y’ubukwe

Ubwanditsi 23 May 2017
Bosebabireba uherutse gukubitirwa i Kampala yavuze ku makuba yaciyemo
Mu Mahanga

Bosebabireba uherutse gukubitirwa i Kampala yavuze ku makuba yaciyemo

Ubwanditsi 07 Feb 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru