• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • I Bugesera hatashywe ikibuga cya Basketball cyubatswe ku bufatanye bwa NBA Africa na Opportunity International   |   20 May 2025

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

  • Mu gihe gisaga icyumweru kimwe, I Kigali harabera BAL ya 5 izitabirwa n’amakipe arimo APR BBC yo mu Rwanda   |   13 May 2025

  • Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC   |   12 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Inzego z’ Uburezi Zisanga Kwigisha Hakoreshejwe Iyakure Ari ngombwa Kandi Ari Ingenzi

Inzego z’ Uburezi Zisanga Kwigisha Hakoreshejwe Iyakure Ari ngombwa Kandi Ari Ingenzi

Editorial 24 May 2022 Amakuru, INKURU ZAKUNZWE CYANE, Mu Rwanda, UBUREZI

Mu gihe u Rwanda rukomeje gukataza mu iterambere cyane cyane ku burezi bufite ireme, Abanyeshuri nabo bavuga ko kwiga hifashishijwe ikoranabuhanga hakiri kare bibafasha kandi bizabafasha kwihangira imirimo no kuyihatanira ku ruhando mpuzamahanga.

Ibi byatumye abahanga mu bijyanye n’ikoranabuhanga bareba kure maze bazana uburyo bwitwa StudiesRW, buzafasha abanyeshuri kwiga amasomo arimo Maths, Physics, Biology, Chemistry, Entrepreneurship, Geography, History, ndetse n’andi masomo yose yigwa mu mashuri yisumbuye kuva mu mwaka wa mbere kugeza mu mwaka wa gatandatu. Ayo masomo yose bazayiga bifashishije urwo rubuga rwo kuri murandasi (Website), kugira ngo bige amasomo yose arimo n’ayikoranabuhanga bibereye mu rugo.

Uyu ni umushinga mugari uzahuza abarimu bigisha ikoranabuhanga, siyansi n’imibare mu mwaka wa mbere w’amashuri yisumbuye kugeza mu mwaka wa gatandatu w’amashuri yisumbuye, gusa abakandida bigenga (Private Canditates) nabo ntibasigaye kuko bizwi ko bakeneye kwihugura ndetse no kumenya amwe mumasomo bazakora mu bizamini bya Leta.
Mukongori Moses ni Umuyobozi w’umushinga StudiesRW, avuga ko uyu mushinga uje gutanga ubumenyi bugamije iterambere mu banyarwanda ndetse n’isi yose muri rusange, avuga ko bahereye muri inzi nzego z’uburezi ariko Umushinga uzakomereza no mu bindi byiciro by’amashuri.

Agira ati “Uyu mushinga ugamije kuzamura kwiga hifashishijwe ikoranabuhanga no gufasha abanyeshuri kwiga amasomo ya Siyansi, imibare icungamutungo, ndetse n’ikoranabuhanga, bityo bakiteza imbere ubwabo ndetse n’igihugu muri rusange.”
Prof. Jean Marie Ntaganda ni Umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda, avuga ko iyi gahunda yo kwigisha hakoreshejwe iyakure, izabafasha cyane kuko kwiga hakoreshejwe ikoranabuhanga bishobora gufasha umuntu kwiga vuba agafata ibyo yize kuko akomeza gusubiramo amasomo indorane kenshi.
Nshimiyimana John ni umunyeshuri wiga akoresheje ikoranabuhanga avuga ko kwiga hifashijijwe ikoranabuhanga ari byiza, ariko ngo haracyari imbogamizi zuko usanga hari ahantu hataragera umuriro w’amashanyarazi bityo abanyeshuri bahatuye bakaba batabona mahirwe ahagije yo kwiga.

Ati “Ni ukuri kwiga hifashishijwe ikoranabuhanga ni byiza cyane gusa ariko, hari imbogamizi z’umuriro w’amashanyarazi mu cyaro ariko Leta idufashe itwegereze ayo mahirwe hirya no hino mu Rwanda atugereho twese, bityo natwe twige twifashishije ikoranabuhanga.”

Umuyobozi wa Studies Rw, yatangiye kwigisha hakoreshejwe Iyakure (E-learning)

Mukongori Moses akomeza avuga ko inzego za Leta zishinzwe uburezi mu Rwanda zikwiye kwongera umurego mu gushishikariza abikorera bagashora imari mu burezi bushishikariza abarimu mu nzego zitandukanye, abanyeshuri ndetse n’ababyeyi kuyoboka gahunda yo kwiga no kwigisha hifashishijwe iyakure, Asanga ari igisubizo mu muryango nyarwanda ndetse no mu mahanga kuko umunyeshuri ashobora gukenera umwarimu bagahana gahunda agahita amubona kandi agahabwa igisubizo mu isomo ryigishijwe kikagera no ku bandi bose bagashira amatsiko ku bibazo bibazaga.

Umuyobozi Mukuru wa Higher Education Council (HEC) Dr.Rose MUKANKOMEJE avuga ko “Uretse na HEC n’ inzego z’uburezi muri rusange zisanga kwigisha hakoreshejwe ikoranabuhanga ari ngombwa kandi ari ingenzi. Icyorezo cya Covid -19 cyatweretse ko tugomba guhindura imyumvire n’imikorere isanzwe”.

Akomeza avuga ko Nka HEC ishishikakiza amashuri makuru gukoresha ikoranabunga mu kwigisha kandi birakorwa ndetse hari n’umusaruro ugaragara. Mu byo Amashuri makuru yasabwe kwigisha harimo n’Iyakure.

Yongeraho ko harimo n’imbogamizi zitari nkeya kuko abanyeshuri benshi badafite ibikoresho bihagije( digital equipments) cyane cyane mudasobwa (computers), internet irahenze haba ku mashuri ubwayo cyangwa ku banyeshuri bayikoresha, amashanyarazi ntabwo aragera hose mu cyaro ndetse n’abafite internet ntibazi kuyikoresha uko bikwiye ngo bamenye kuyikoresha ibintu bibafitiye akamaro kuruta ibindi mu gihe usanga abanyeshuri bamwe bibereye muri gahunda zidafite aho zihuriye n’amasomo mwarimu arimo kwigisha.

Dr Mukankomeje Akomeza ashima Leta y’u Rwanda yashyizemo ingufu nyinshi kugirango iterambere ryubakire ku ikoranabuhanga bihereye mu burezi, twavuga nk’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi ushinzwe ikoranabuhanga mu burezi, Ministry of ICT & Innovation, Internet ya fiber optics mu gihugu hose, ndetse n’imirongo migari ya Internet n’ibindi. Nka HEC, Tuzakomeza gukora ubuvugizi no gukangurira abatarabyumva kubisobanukirwa no kubikora neza.

2022-05-24
Editorial

IZINDI NKURU

 Nyuma y’imyaka  hafi 27, Edouard Balladur wari Minisitiri w’Intebe w’ u Bufaransa arashyize  yemera gushyira ahabona “amabanga ye” ku bijyanye na Jenoside yakorewe Abatutsi. Ariko se aracyari  amabanga koko, cyangwa ni ibisigazwa byayo?

 Nyuma y’imyaka  hafi 27, Edouard Balladur wari Minisitiri w’Intebe w’ u Bufaransa arashyize  yemera gushyira ahabona “amabanga ye” ku bijyanye na Jenoside yakorewe Abatutsi. Ariko se aracyari  amabanga koko, cyangwa ni ibisigazwa byayo?

Editorial 06 Jan 2021
Ko uriye umusaza aruka imvi, ibigarasha byariye umwana “Djibril” byo bizaruka iki?

Ko uriye umusaza aruka imvi, ibigarasha byariye umwana “Djibril” byo bizaruka iki?

Editorial 17 Sep 2024
Abandi bantu barindwi bakize Coronavirus, umubare w’abanduye mu Rwanda ugera ku 126

Abandi bantu barindwi bakize Coronavirus, umubare w’abanduye mu Rwanda ugera ku 126

Editorial 13 Apr 2020
Mukankiko Sylvie na Padiri Thomas Nahimana bagaragaza neza isura y’icyitwa “Opposition”

Mukankiko Sylvie na Padiri Thomas Nahimana bagaragaza neza isura y’icyitwa “Opposition”

Editorial 08 Mar 2022
 Nyuma y’imyaka  hafi 27, Edouard Balladur wari Minisitiri w’Intebe w’ u Bufaransa arashyize  yemera gushyira ahabona “amabanga ye” ku bijyanye na Jenoside yakorewe Abatutsi. Ariko se aracyari  amabanga koko, cyangwa ni ibisigazwa byayo?

 Nyuma y’imyaka  hafi 27, Edouard Balladur wari Minisitiri w’Intebe w’ u Bufaransa arashyize  yemera gushyira ahabona “amabanga ye” ku bijyanye na Jenoside yakorewe Abatutsi. Ariko se aracyari  amabanga koko, cyangwa ni ibisigazwa byayo?

Editorial 06 Jan 2021
Ko uriye umusaza aruka imvi, ibigarasha byariye umwana “Djibril” byo bizaruka iki?

Ko uriye umusaza aruka imvi, ibigarasha byariye umwana “Djibril” byo bizaruka iki?

Editorial 17 Sep 2024
Abandi bantu barindwi bakize Coronavirus, umubare w’abanduye mu Rwanda ugera ku 126

Abandi bantu barindwi bakize Coronavirus, umubare w’abanduye mu Rwanda ugera ku 126

Editorial 13 Apr 2020
Mukankiko Sylvie na Padiri Thomas Nahimana bagaragaza neza isura y’icyitwa “Opposition”

Mukankiko Sylvie na Padiri Thomas Nahimana bagaragaza neza isura y’icyitwa “Opposition”

Editorial 08 Mar 2022
 Nyuma y’imyaka  hafi 27, Edouard Balladur wari Minisitiri w’Intebe w’ u Bufaransa arashyize  yemera gushyira ahabona “amabanga ye” ku bijyanye na Jenoside yakorewe Abatutsi. Ariko se aracyari  amabanga koko, cyangwa ni ibisigazwa byayo?

 Nyuma y’imyaka  hafi 27, Edouard Balladur wari Minisitiri w’Intebe w’ u Bufaransa arashyize  yemera gushyira ahabona “amabanga ye” ku bijyanye na Jenoside yakorewe Abatutsi. Ariko se aracyari  amabanga koko, cyangwa ni ibisigazwa byayo?

Editorial 06 Jan 2021
Ko uriye umusaza aruka imvi, ibigarasha byariye umwana “Djibril” byo bizaruka iki?

Ko uriye umusaza aruka imvi, ibigarasha byariye umwana “Djibril” byo bizaruka iki?

Editorial 17 Sep 2024
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru