• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Abanyamerika barica umuyobozi wa Al Qaeda impundu zikavuga, ariko uRwanda rwaburanisha icyihebe Rusesabagina cya FLN induru zikavuga!

Abanyamerika barica umuyobozi wa Al Qaeda impundu zikavuga, ariko uRwanda rwaburanisha icyihebe Rusesabagina cya FLN induru zikavuga!

Editorial 02 Aug 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, Mu Rwanda

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amarika, Joe Biden, yigambye kuba mu mpera z’icyumweru gishize,  ingabo z’icyo gihugu zaragabye igitero muri Afganistan cyaguyemo Ayman Al-Zawahiri, bivugwa ko yari yarasimbuye Ousama Bin Laden ku buyobozi bwa Al Qaeda, amaze kwicirwa muri Pakistan.

Abanyamerika n’abanyaburayi benshi bishimiye iyi nkuru, dore Al-Zawahiri anaregwa kuba umwe mu bateguye ibikorwa  by’iterabwoba byahitanye abantu babarirwa mu bihumbi 3  muri Amerika, hari muri Nzeri 2001.

Igikomeje kugaragara nka politiki ya mpatsibihugu, ni uko ibihugu nka Amerika, byo byihaye ububasha bwo kwica abo bifata nk’abanzi babyo, kabone n’iyo byasaba kuvogera ubusugire  bw’ibihugu abo bantu baba bihishemo, mu gihe uRwanda rwo rwatewe imijugujugu ngo rwaburanishije Paul Rusesabagina, icyihebe gikuru cyo mu mutwe w’iterabwoba wa FLN.

Iyi FLN yishe abaturage 9 mu Rwanda hagati ya 2018 na 2019, abandi irabakomeretsa, ibasahurira imitungo indi irangizwa. Ibikorwa bya FLN ni nk’ibya Al Qaeda, nk’uko umuyobozi wayo Paul Rusesabagina ntaho ataniye na   Ayman Al-Zawahiri wa  Al Qaeda.

Nyamara Al-Zawahiri we yishwe, mu gihe Rusesabagina yaburanishijwe n’inkiko zibifitiye ububasha, agahanwa amaze guhamwa n’ibyaha.

Ese ubu bubasha bwo kwica uwo ushaka, utanamuhaye amahirwe yo kuburanishwa ku byaha aregwa, nibwo burenganzira bwa muntu  ibihugu byo mu burengerazuba bw’isi byirirwa byigisha ibindi bihugu, cyane cyane ibyo muri Afrika?

Kuki imiryango nka Human Rights Watch na Amnesty International, ihimbira  ku bihugu bikennye, ibishinja guhutaza ubwo burenganzira bwa muntu, nyamara Amarika yajya muri Irak gutsemba umuryango wa Sadam Hussein, muri Pakistan kwica Oussama Bin Laden n’umwana we w’inzirakarengane, yagaba igitero muri  Afganistan kwica Ayman Al-Zawahiri,  n’ahandi hirya no hino idasiba kurasa hakagwa amagana y’abantu, iyo miryango ikaruca ikarumira?

Ko mu bimenyetso bihamya ibyaha Rusesabagina harimo ibyatanzwe n’inzego z’ubutasi z’Amerika, kuki abantu barimo n’abo mu nteko ishinga amategeko muri icyo gihugu bakomeza kwinangira, bakanga kumva ukuri, kugeza n’aho bavugiye ko uwo Rusesabagina afungiye ubusa?

Iri ni irondakoko n’irondaruhu, rituma bamwe bibwira ko ari abantu kurusha abandi. Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe z’Amarika, Antony Blinken, utegerejwe mu Rwanda mu cyumweru gitaha, yari akwiye kuzahava asobanukiwe ko amaraso y’Abanyarwanda nayo afite agaciro nk’ay’Abanyamerika.

#Rwandan’s blood matters!

 

2022-08-02
Editorial

IZINDI NKURU

Uburengerazuba: Uburenganzira bw’ abagenzi bakoresha moto n’amagare bwagarutsweho

Uburengerazuba: Uburenganzira bw’ abagenzi bakoresha moto n’amagare bwagarutsweho

Editorial 14 Nov 2016
Ikipe ya APR FC yanganyije na Mogadisciu City Club yo muri Somalia ubusa ku busa mu mukino wa mbere wa CAF Champions League 2021

Ikipe ya APR FC yanganyije na Mogadisciu City Club yo muri Somalia ubusa ku busa mu mukino wa mbere wa CAF Champions League 2021

Editorial 13 Sep 2021
RNC: Urwishe ya nka ruracyayirimo, Jean Paul Turayishimye na Shebuja Kayumba Nyamwasa bakomeje kwitana ndi igabo no kwivamo nk’inopfu umwe ashinja undi ibura rya Ben Rutabana

RNC: Urwishe ya nka ruracyayirimo, Jean Paul Turayishimye na Shebuja Kayumba Nyamwasa bakomeje kwitana ndi igabo no kwivamo nk’inopfu umwe ashinja undi ibura rya Ben Rutabana

Editorial 30 Dec 2019
Loni yategetse ko ingabo z’amahanga ziri mu butumwa bw’amahoro mu ntara ya Darfur muri Sudani zisoza inshingano kuri iyi tariki ya 31 Ukuboza 2020, abaturage nabo barigaragambya banga ko zitaha. Birarangira bite?

Loni yategetse ko ingabo z’amahanga ziri mu butumwa bw’amahoro mu ntara ya Darfur muri Sudani zisoza inshingano kuri iyi tariki ya 31 Ukuboza 2020, abaturage nabo barigaragambya banga ko zitaha. Birarangira bite?

Editorial 31 Dec 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Batatu mu bayobozi b’akarere ka Gicumbi batawe muri yombi
Amakuru

Batatu mu bayobozi b’akarere ka Gicumbi batawe muri yombi

Editorial 02 Nov 2017
Polisi y’u Rwanda yasubije Ambasaderi wa Uganda imodoka ebyiri na moto imwe byibwe
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda yasubije Ambasaderi wa Uganda imodoka ebyiri na moto imwe byibwe

Editorial 24 Jan 2017
Ubutabera bwo muri Finland bwibukije abajenosideri uburemere bw’ibyaha bakoze, bwongera kwangira Ruharwa Faransisiko Bazaramba kurekurwa atarangije igifungo cya burundu
Amakuru

Ubutabera bwo muri Finland bwibukije abajenosideri uburemere bw’ibyaha bakoze, bwongera kwangira Ruharwa Faransisiko Bazaramba kurekurwa atarangije igifungo cya burundu

Editorial 14 Mar 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru