• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC   |   12 May 2025

  • Amakipe ya Police WVC na APR VC yegukanye igikombe cya shampiyona y’u Rwanda muri Volleyball 2024-2025   |   12 May 2025

  • Bayaherewe mu Rwambariro, Rayon Sports yakiriye amafaranga nyuma yo gushimangira umwanya wa mbere   |   09 May 2025

  • Gukura no Kubaho kwanjye byose bishingiye ku cyerekezo cya Nyakubahwa Perezida Paul Kagame – Knowless   |   08 May 2025

  • Ntacyasaza Turahirwa Moses cyatuma Urumogi Rumushora mu Kiguri cy’Urwango   |   06 May 2025

  • Eric Bagiruwusa yashinze YouTube Channel ishinzwe ubuvugizi mu gushishikariza gusubirishamo imanza z’abajenosideri n’abarwanya ubutegetsi   |   05 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Amafoto : Minisitiri wa Siporo, Aurore Mimosa yitabiriye irushanwa rya Mako Sharks Sprint Gla 2022, ryegukanywe na Maniraguha Eloi na Omoro Samiyah

Amafoto : Minisitiri wa Siporo, Aurore Mimosa yitabiriye irushanwa rya Mako Sharks Sprint Gla 2022, ryegukanywe na Maniraguha Eloi na Omoro Samiyah

Editorial 12 Sep 2022 Amakuru, IMIKINO

Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 10 Nzeri 2022, kuri Pisine y’Ishuri rya Green Hills habereye irushanwa ryari rifite inyito ya ‘Mako Sharks Sprint Gla’. Irushanwa ryakinwaga ku nshuro yaryo ya mbere.

Iri rushanwa ryateguwe n’Ikipe ya ‘Mako Sharks’ isanzwe ikorera mu Mujyi wa Kigali kuri iyi Pisine, ryari ryitabiriwe n’abakinnyi 144, barimo 86 barushanyijwe mu kiciro cy’abagore na 68 mu bagabo, bombi bari bahagarariye amakipe arindwi (7) agizwe na; Mako Sharks Swimming Club, Les Dauphins Swimming Club, Rwesero Swimming Club, Cercle Sportif de Kigali Swimming Club, Mount Kenya Swimming Club, Cercle Sportif de Karongi Swimming Club na Vision Jeunesse Nouvelle Swimming Club.

Nk’uko byari biteganyijwe ku ngengabihe yari yahawe aya makipe, ku isaha y’isaa Tatu (09:00) za Mugitondo ryari ritangiye, rikaba ryasojwe saa cumi (16:00) z’Umugoroba.

Muri ibi byiciro uko ari bibiri (abagore n’abagabo), abitabiriye iri rushanwa buri mukinnyi yose ku giti cye, haza kwiyongera no koga kw’abakinnyi bagize ikipe, ibizwi nka Relay.

Muri Relay (koga nk’Ikipe), buri kipe yakoreshaga abakinnyi babiri (2) mu kiciro cy’abagabo na babiri (2) b’abagore.

Inyoga abitabiriye iri rushanwa barushanyijwemo, ni inyogo enye (4) arizo; FreeStyle, Breaststroke, Backstroke na Relay yakinnwe mu kiciro cy’amakipe.

Ku ikubitiro, iri rushanwa ryatangiriwe ku kiciro cy’abakinnyi bari munsi y’imyaka 9-10, aho aba bakinnye metero 25 (25m) FreeStyle, rikaba ryasojwe na Relay, aho abakinnyi bayikinnye intera ihwanye na metero 100 (100m).

Uretse ibi byiciro bya metero 25 n’i 100, nk’uko bisanzwe mu gusiganwa intera ngufi ibizwi nka Sprint (Sipurinti) muri uyu mukino, n’intera ireshya na metero 50 nayo ntabwo yirengagijwe, aba bakinnyi bayikinnye bitewe n’ibyiciro by’imyaka bari barimo.

Ubwo hasozwaga ku mugaragaro iri rushanwa rishya ryashyizweho n’Ikipe ya Mako Sharks aho yanatangaje ko inifuza ko ryazajya rikinwa buri uko Umwaka utashye, abahize abandi bahawe imidali ndetse hanatangwa n’ibikombe ku makipe 3 yahize ayandi nyuma yo gukusanya amanota yagiye agira hashingiwe ku byiciro barushanyijwemo n’umubare w’abakinnyi buri Ikipe yari ifite.

Mu kiciro cy’abagabo, Umukinnyi wahize abandi yabaye Maniraguha Eloi wa Mako Sharks, mu gihe mu bagore (Abakobwa), uwahize abandi yabaye Omoro Saniyah nawe ukinira ikipe ya Mako Sharks.

Mu kiciro cy’amakipe, ku umwanya wa gatatau wegukanywe n’ikipe y Vision Jeunesse Nouvelle, yagize amanota 713.

Umwanya wa kabiri wegukanywe n’ikipe ya Cercle Sportif de Karongi, yagize amanota 879, mu gihe umwanya wa mbere ari nawo wahembwe nk’uwikipe yegukanye iri rushanwa ‘Mako Shakrs Sprint Gla’ wegukanywe n’ikipe ya Mako Sharks, yagize amanota 3,232.

Twakubutsa iri rushanwa ryari ryateguwe ku bufatanye na Minisiteri ya Siporo, Komite Olempike y’u Rwanda, Ishyirahamwe ry’Umukino wo Koga mu Rwanda, Naba Limited (Ltd) ndetse n’abandi batandukanye.

Uretse abayobozi b’amakipe yari yaje guhiganwa, ryanitabiriwe na Minisitiri wa Siporo, Madamu Munyangaju Aurore Mimosa, Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri ya Siporo, Shema Maboko Didier, Umunyamabanga wa Komite Olempike y’u Rwanda, Kajangwe Joseph, ba Visi Perezida bombi b’Ishyirahamwe ry’Umukino wo Koga mu Rwanda, Uzabakriho Innocent na Jean Sauveur ndetse n’abandi bayobozi banyuranye.

2022-09-12
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Infantino uyobora FIFA

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Infantino uyobora FIFA

Editorial 26 Oct 2018
Amavu n’amavuko  by’ikipe y’igihugu “Amavubi”

Amavu n’amavuko by’ikipe y’igihugu “Amavubi”

Editorial 13 Jan 2016
Kiyovu SC yatakaje, Police yihaniza Etincelles, Musanze ntiyaguwe neza na AS Kigali yayisanze iwayo – Uko imwe mu mikino y’umunsi wa mbere wa shampiyona wagenze.

Kiyovu SC yatakaje, Police yihaniza Etincelles, Musanze ntiyaguwe neza na AS Kigali yayisanze iwayo – Uko imwe mu mikino y’umunsi wa mbere wa shampiyona wagenze.

Editorial 01 May 2021
Bizimana Djihad yavuye mu ikipe ya Kryvbas yo muri Ukraine ajya muri Al Ahly yo muri Libya, Rafael York we yerekeje muri ZED FC yo mu Misiri

Bizimana Djihad yavuye mu ikipe ya Kryvbas yo muri Ukraine ajya muri Al Ahly yo muri Libya, Rafael York we yerekeje muri ZED FC yo mu Misiri

Editorial 06 Feb 2025
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Infantino uyobora FIFA

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Infantino uyobora FIFA

Editorial 26 Oct 2018
Amavu n’amavuko  by’ikipe y’igihugu “Amavubi”

Amavu n’amavuko by’ikipe y’igihugu “Amavubi”

Editorial 13 Jan 2016
Kiyovu SC yatakaje, Police yihaniza Etincelles, Musanze ntiyaguwe neza na AS Kigali yayisanze iwayo – Uko imwe mu mikino y’umunsi wa mbere wa shampiyona wagenze.

Kiyovu SC yatakaje, Police yihaniza Etincelles, Musanze ntiyaguwe neza na AS Kigali yayisanze iwayo – Uko imwe mu mikino y’umunsi wa mbere wa shampiyona wagenze.

Editorial 01 May 2021
Bizimana Djihad yavuye mu ikipe ya Kryvbas yo muri Ukraine ajya muri Al Ahly yo muri Libya, Rafael York we yerekeje muri ZED FC yo mu Misiri

Bizimana Djihad yavuye mu ikipe ya Kryvbas yo muri Ukraine ajya muri Al Ahly yo muri Libya, Rafael York we yerekeje muri ZED FC yo mu Misiri

Editorial 06 Feb 2025
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Infantino uyobora FIFA

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Infantino uyobora FIFA

Editorial 26 Oct 2018
Amavu n’amavuko  by’ikipe y’igihugu “Amavubi”

Amavu n’amavuko by’ikipe y’igihugu “Amavubi”

Editorial 13 Jan 2016
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru