• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Abo muri RNC bariye karungu nyuma y’uko Kayumba Nyamwasa atorotse inama yari kubarizwamo iby’amafaranga yariye
C

Abo muri RNC bariye karungu nyuma y’uko Kayumba Nyamwasa atorotse inama yari kubarizwamo iby’amafaranga yariye

Ubwanditsi 09 Dec 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Kubona Kayumba Nyamwasa yongera gutaba abambari be mu nama byatutumbije icyuka kibi n’umwiryane muri RNC, igisa n’ishyaka yashinze agamije kurya amafaranga y’Abanyarwanda barindagiriye mu mahanga, ku buryo hari n’abari kuvuga ko Kayumba ashobora kuba ashaka kwigarukira mu Rwanda batabizi.

Mu nama yabaye  mu kwezi gushize k’Ugushyingo 2022 mu buryo bw’amashusho, Kayumba Nyamwasa yaraje asuhuza abagize RNC bo mu bice bitandukanye by’Isi bari batumiwe, ariko yahise ata abambari be mu nama ngo kuko yari afite ibibazo mu ikoranabuhanga.

Andi makuru yizewe Rushyashya yamenye, ni uko nta ngingo zo kuganirwaho zari zagaragajwe mu gutangira iyi nama. Hari uwabaciye ruhinganyumye abwira Kayumba ko hacuzwe umugambi wo kuza kumufatirana bakamubaza iby’amafaranga yariye.

Ubwo inama yatangiraga, yaraje arabasuhuza, ababwira ko Atari bwifatanye nabo muri iyo nama kubera ikibazo cy’ikoranabuhanga mu itumanaho.

Nyuma yo gutahura ko yatinye kubazwa iby’uko ubufaranga bwabo abuguguna ntagire icyo afasha iyi ngirwashyaka, RNC, bamutereye icyizere bashingiye ku kuba akomeje no kwigwizaho imitungo ayikuye mu misanzu batanga nyuma yo kwikamura imitsi.

Inda nini n’ubusambo  byanatumye Kayumba Nyamwasa ava mu Rwanda ntiyigeze abifasha hasi. Icyakora kuri iyi nshuro imyivumbagatanyo ifashe indi ntera muri RNC, abayisohokamo bariyongera, ku buryo ishobora no gusenyuka, n’ubwo n’ubundi yacumbagiraga.

Ubusambo bwa Kayumba Nyamwasa si ubwa vuba aha. Mu rubanza rwa Calixste Sankara wahoze avugira umutwe w’inyeshyamba wa FLN, yahishuye ko hari ubwo Kayumba yahawe amafaranga yo kugura intwaro aho kubigenza atyo akiguriramo za rukururana.    

Umwe mu bari muri iyo inama utarashatse ko umwirondoro we utangazwa, yabwiye Rushyashya ko batumva ukuntu bo nk’abanyamuryango basanzwe babashije kwitabira inama ntibagire imbogamizi izo arizo zose, nyamara shebuja Kayumba unafite ububasha ku misanzu batanga ntabashe kugumana nabo mu nama ngo kubera ibibazo by’itumanaho.

Abamaze gutahura ko Kayumba yashinze RNC agamije kubanyunyuza imitsi baritsize, bavuga ko batazongera gutanga imisanzu, hatagira igikorwa bakitandukanya na Kayumba kuri ubu bahaye akazina “Isiha Rusahuzi”. Barashaka Kayumba bubi  na bwiza,  ngo aze asobanure aho amafaranga batanga ajya.

Ikindi cyatumye abitabiye iyi nama ya RNC babura ahazaza habo, ni Serge Ndayizeye wasezeye ku mirimo yakoraga kuri Radio Itahuka. Muri iyi nama, Serge Ndayizeye usanzwe ayobora Radio Itahuka, umuzindaro RNC inyuzamo ibinyoma biharabika u Rwanda,  nibwo yeruye avuga ko arambiwe gukorera ubusa. Mu mvugo ica amarenga ko atakomeza kwicwa n’inzara Nyamwasa yijuse imisanzu bamuha,  yavuze ko bashaka undi ukorera ubusa, niba nta mushahara ashyiriweho.  

Serge Ndayizeye ni mwene Ndayizeye Chrysostome wagize uruhare rukomeye muri Jenoside yakorewe Abatutsi, ubwo yari Umuyobozi Mukuru muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi mu 1994. Ipfunwe ry’ibyo yakoze ryaburagije amahwemo umuhungu we Serge, rimujyana ku mutekamutwe  Kayumba Nyamwasa,  none biranze.

Singaye n’abavuga ko abiyita “abanyapolitiki batavuga rumwe n’ubutegetsi”, ubashyize mu ndege baje gufata ubwo butegetsi, bayirwaniramo banananiwe kugabana imyanya, igahanuka itaragera i Kigali.

Abari ku ruhembe muri iyo ngirwa”opozisiyo”, ubwonko bwabo bwibereye mu gifu, abandi ni indindagire zisigaye ku ruhu inka yarariwe kera.

 

2022-12-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rayon Sports ntigikinnye umukino wa Gicuti na Le Messager Ngozi yo mu gihugu cy’u Burundi

Rayon Sports ntigikinnye umukino wa Gicuti na Le Messager Ngozi yo mu gihugu cy’u Burundi

Ubwanditsi 22 Mar 2022
Kivu y’Amajyepfo: Abantu batanu baguye mu bitero 2 bitandukanye by’abantu bitwaje intwaro

Kivu y’Amajyepfo: Abantu batanu baguye mu bitero 2 bitandukanye by’abantu bitwaje intwaro

Ubwanditsi 27 Feb 2018
Paul Rusesabagina ati “Meze neza niteguye kujya imbere y’Ubutabera bw’ u Rwanda”

Paul Rusesabagina ati “Meze neza niteguye kujya imbere y’Ubutabera bw’ u Rwanda”

Ubwanditsi 03 Sep 2020
Breaking News : Impinduka zitunguranye mu rwego rw’iperereza rya Gisilikare NISS

Breaking News : Impinduka zitunguranye mu rwego rw’iperereza rya Gisilikare NISS

Ubwanditsi 25 Mar 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Ikigo cy’itangazamakuru cya leta cyaciwe miliyoni Shs 80 kuko cyanze kwamamaza Besigye
Mu Mahanga

Uganda: Ikigo cy’itangazamakuru cya leta cyaciwe miliyoni Shs 80 kuko cyanze kwamamaza Besigye

Ubwanditsi 27 Feb 2018
’Mvuka mu rwa Gasabo kandi nteye nk’Igisabo’- Nyampinga Honorine
SHOWBIZ

’Mvuka mu rwa Gasabo kandi nteye nk’Igisabo’- Nyampinga Honorine

Ubwanditsi 09 Feb 2017
Polisi yakuye mu rujijo abiyandikishiriza gukorera impushya zo gutwara ibinyabiziga
Mu Mahanga

Polisi yakuye mu rujijo abiyandikishiriza gukorera impushya zo gutwara ibinyabiziga

Ubwanditsi 12 Oct 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru