• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bugesera FC yatsinze Rayon Sports 2-1, APR FC ifata umwanya wa mbere w’agateganyo wa Rwanda Premier League   |   21 May 2025

  • Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete   |   21 May 2025

  • I Bugesera hatashywe ikibuga cya Basketball cyubatswe ku bufatanye bwa NBA Africa na Opportunity International   |   20 May 2025

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Ubutegetsi bwa Perezida Tshisekedi bugambiriye gufatira imitungo ya Moïse Katumbi ngo atazashobora kwiyamamaza no gutsinda amatora ya Perezida wa Kongo

Ubutegetsi bwa Perezida Tshisekedi bugambiriye gufatira imitungo ya Moïse Katumbi ngo atazashobora kwiyamamaza no gutsinda amatora ya Perezida wa Kongo

Editorial 12 Dec 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Nk’uko bikubiye mu nyandiko ndende y’Umucamanaza Mukuru w’Urukiko rw’Ubucuruzi rw’i Lubumbashi mu Ntara  ya Haut-Katanga, Leta ya Kongo irashyira igitutu ku bacamanza ngo bashyireho itegeko rifatira imitungo y’umuherwe Moïse Katumbi, umwe mu batavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Félix Tshisekedi.

Umucamanza Batubenga Ilunga Laurent aravuga ko yahuye n’ibigeragezo ndetse n’iterabwoba rimubwira ko nadafatira amasosiyete y’ubucuruzi ya Moïse Katumbi Chapwe azatakaza umwanya mu bucamanza, ndetse akaba ashobora no kuhasiga ubuzima. Kubera iyo mpamvu rero akaba yahisemo kwegura ku buyobozi bw’Urukiko rw’Ubucuruzi rwa Lubumbashi, aho kugirango ahohotere inzirakarengane.

Mu ibaruwa y’ubwegure bwe yashyikirije Perezida Tshisekedi,  Bwana Batubenga Ilunga Laurent yatunze agatoki uwitwa Me Peter KAZADI ngo watumwe na Leta kuvugurura urwego rw’ubucamanza, uvuga ko Moïse Katumbi ari umwazi w’ubutegetsi, akaba agomba kubuzwa uburyo bwose bwatuma yiyamamariza kuba Perezida wa Kongo.

Perezida Tshisekedi yananiwe kubaka igihugu kigendera ku mategeko. Intwaro rukumbi atekereza ko yamufasha kuguma ku butegetsi ni ugutuka u Rwanda no kurwikoreza imitwaro ya Kongo yose, no guhutaza umuntu wese wanze kwemera ibinyoma bye. 

Perezida Tshisekedi anagerageza kandi uburyo bwose bwatuma intambara yo mu Burasirazuba bw’igihugu cye ikomeza, bityo amatora ateganyijwe umwaka utaha akaburizwemo, cyangwa yanaba akazaba mu kavuyo kamufasha kwiba amajwi.

Iyi ntero yo gutuka u Rwanda n’ubuyobozi bwarwo ni nayo abifuza ubutegetsi muri Kongo bose barisha, nka Denis Mukwege na  Martin Fayulu bahisemo imvugo nyandagazi n’ibinyoma ku Rwanda, bagamije kwigarurira imitima y’Abanyekongo bakurikira buhumyi. 

Kuri Moïse Katumbi Chapwe we si uko biteye, kuko abamuzi bemeza ko yumva neza ko ipfundo ry’ikibazo bya Kongo  ari imiyoborere igayitse. Ni umwe mu bakandida bashobora kuzabiza icyuya abandi bazahatana mu matora, ahanini kubera izina yamaze kwandika mu mitima y’Abanyekongo bashyira mu gaciro. Yabaye Guverineri wa Katanga anayiteza imbere cyane mu nzego zinyuranye, ku buryo mu gihe cye ntawari kuyigereranya n’izindi ntara za Kongo. Yabaye Perezida wa TP Mazembe, ikipe y’igihangange mu mupira w’amaguru muri Kongo no muri Afrika, bimwongerera urukundo mu baturage.

Uretse n’ibyo kandi, ni umwe mu bakire Kongo ifite, ku buryo abasesengura ibya politiki ya Kongo bahamya ko adakeneye gusahura icyo umutungo w’igihugu, ko ahubwo yagifasha kurwanya ruswa yabaye akarande kuva mu bushorishori bw’ubutegetsi, kugeza ku muturage rwimbi.

Moïse Katumbi Chapwe si ubwa mbere yaba abujijwe kwiyamamariza kuyobora Kongo, kuko yigeze kubigerageza bamuhimbira ko atari Umunyekongo, ndetse bamushinja umugambi wo kwinjiza mu gihugu intwaro n’abacancuro ngo bo guhirika ubutegetsi.

Ntacyo byafashe, none barashakishiriza mu kumwambura imitungo ye no kumutesha umutwe ngo bamwigizeyo. 

2022-12-12
Editorial

IZINDI NKURU

Bwa mbere, U Rwanda rurakira inama nyafurika y’abagore bo mu nzego z’umutekano

Bwa mbere, U Rwanda rurakira inama nyafurika y’abagore bo mu nzego z’umutekano

Editorial 28 Nov 2016
Uganda yirukanye Umunyarwanda ku butaka bwayo imushinja kubangamira umutekano w’igihugu

Uganda yirukanye Umunyarwanda ku butaka bwayo imushinja kubangamira umutekano w’igihugu

Editorial 22 Jan 2019
Peter yasobanuye byinshi ku isenyuka rya P Square

Peter yasobanuye byinshi ku isenyuka rya P Square

Editorial 27 Oct 2017
Perezida Kagame yaherekeje Umwami Mohammed VI wa Maroc wari umaze iminsi itanu mu Rwanda

Perezida Kagame yaherekeje Umwami Mohammed VI wa Maroc wari umaze iminsi itanu mu Rwanda

Editorial 23 Oct 2016
Bwa mbere, U Rwanda rurakira inama nyafurika y’abagore bo mu nzego z’umutekano

Bwa mbere, U Rwanda rurakira inama nyafurika y’abagore bo mu nzego z’umutekano

Editorial 28 Nov 2016
Uganda yirukanye Umunyarwanda ku butaka bwayo imushinja kubangamira umutekano w’igihugu

Uganda yirukanye Umunyarwanda ku butaka bwayo imushinja kubangamira umutekano w’igihugu

Editorial 22 Jan 2019
Peter yasobanuye byinshi ku isenyuka rya P Square

Peter yasobanuye byinshi ku isenyuka rya P Square

Editorial 27 Oct 2017
Perezida Kagame yaherekeje Umwami Mohammed VI wa Maroc wari umaze iminsi itanu mu Rwanda

Perezida Kagame yaherekeje Umwami Mohammed VI wa Maroc wari umaze iminsi itanu mu Rwanda

Editorial 23 Oct 2016
Bwa mbere, U Rwanda rurakira inama nyafurika y’abagore bo mu nzego z’umutekano

Bwa mbere, U Rwanda rurakira inama nyafurika y’abagore bo mu nzego z’umutekano

Editorial 28 Nov 2016
Uganda yirukanye Umunyarwanda ku butaka bwayo imushinja kubangamira umutekano w’igihugu

Uganda yirukanye Umunyarwanda ku butaka bwayo imushinja kubangamira umutekano w’igihugu

Editorial 22 Jan 2019
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru