• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Rayon Sports isoje imikino ibanza itsindwa na Gasogi, AS Kigali iyobora urutonde rw’agateganyo rwa PNL

Rayon Sports isoje imikino ibanza itsindwa na Gasogi, AS Kigali iyobora urutonde rw’agateganyo rwa PNL

Ubwanditsi 23 Dec 2022 Amakuru, IMIKINO

Ubwo hakinwaga umunsi wa nyuma w’imikino ibanza muri shampiyona y’u Rwanda izwi nka Primus National League, ikipe ya  Rayon Sports yatsinzwe na Gasogi igitego kimwe ku busa naho Kiyovu SC itsindira i Rubavu Marines FC.

Mu mukino wabereye kuri sitade ya Kigali i Nyamirambo, Rayon Sports yari yakiriye Gasogi United yari yahize gutsinda uyu mukino bitewe n’ihatana rikunze kumvikana hagati y’impande zombi.

Rayon Sports yari yakiriye  uyu mukino, yari yakoze impinduka kubakinnyi bamwe na bamwe babanjemo, aha twavuga nka Nkurunziza Felicien usanzwe akina ku ruhande inyuma yakinishiwe mu mutima w’abugarira naho Kanamugire Roger udasanzwe abanzamo yatangiye uyu mukino.

Mu ntangiriro z’uyu mukino watangiye amakipe yombi asatirana ariko cyane cyane Gasogi United niyo yari imbere y’izamu rya Rayon cyane, ibi byaje no gukurikirwa no kugongana kwa Maxwell n’umunyezamu Hakizimana Adolphe wanahise asimbuzwa ndetse anajyanwa kwa Muganga ako kanya.

 

Gusimburwa kw’abakinnyi bitewe n’imvune byakomereje kuri Leandre Onana nawe wakorewe ikosa n’umukinnyi wa Gasogi United, ibi byatumye uyu mukinnyi ava mu kibuga asimburwa n’umunyakenya Paul Were.

Igice cya mbere kigiye kurangira ubwo hari muminota y’inyongera, nibwo Gasogi United yabonye igitego cyatsinzwe na Malipangu Christian bityo amakipe yombi ajya kuruhuka Gasogi United iyoboye ku gitego kimwe ku busa.


Igice cya Kabiri cy’uyu mukino cyaranzwe no guhanahana kw’ikipe ya Rayon Sports ndetse na Gasogi United ikanyuzamo igasatira, ariko ntakintu byatanze kuko uyu mukino warangiye ntazindi mpinduka zigaragayemo, umukino ukaba warangiye Gasogi United itsinze Rayon Sports igitego kimwe ku busa.

Muwundi mukino w’umunsi wa 15 wabaye kuri uyu wa gatanu, Marines FC yatsinzwe na Kiyovu SC igitego kimwe ku busa cyatsinzwe na Muhoozi Fred wataindaga igitego cye cya mbere muri uyu mwaka w’imikino wa 2022-2023.

Igice kibaza cya shampiyona y’u Rwanda kikaba kirangiye AS Kigali iyoboye urutonde rwa shampiyona n’amanota 30, Kiyovu SC ikaba ku mwanya wa kabiri nayo banganya amanota naho APR FC yo ikaba ku mwanya wa gatatu n’amanota 28.

Amakipe abiri ya nyuma ni Marines FC ya cumi na Gatanu, na Espoir FC ya nyuma ya 16.

Biteganyijwe ko shampiyona y’u Rwanda mu mikino yo kwishyura izagaruka mu ntangiriro z’ukwezi kwa Gashyantare 2023.

 

2022-12-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Excellence Sports Academy yo muri Oman yaje mu Rwanda kuzamura ruhago y’abana bato

Excellence Sports Academy yo muri Oman yaje mu Rwanda kuzamura ruhago y’abana bato

Ubwanditsi 24 Apr 2018
Aho gusubiza impamvu bakorana na FDLR mu guhungabanya umutekano w’u Rwanda, abanyekongo barahunga ibibazo byabo bwite bakabigereka ku Rwanda.

Aho gusubiza impamvu bakorana na FDLR mu guhungabanya umutekano w’u Rwanda, abanyekongo barahunga ibibazo byabo bwite bakabigereka ku Rwanda.

Ubwanditsi 27 May 2022
Chorale de Kigali yongeye gutegura igitaramo kiba mu mpera za buri mwaka, icya 2021 kizabera muri Kigali Arena mu kwezi k’Ukuboza

Chorale de Kigali yongeye gutegura igitaramo kiba mu mpera za buri mwaka, icya 2021 kizabera muri Kigali Arena mu kwezi k’Ukuboza

Ubwanditsi 12 Nov 2021
Mateso Jean De Dieu watoje ikipe ya AS Kigali ari ku rutonde rw’abatoza bifuzwa na Mukura VS irimo gutozwa na Nshimiyimana Canisius.

Mateso Jean De Dieu watoje ikipe ya AS Kigali ari ku rutonde rw’abatoza bifuzwa na Mukura VS irimo gutozwa na Nshimiyimana Canisius.

Ubwanditsi 03 Mar 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibitangazamakuru byo mu burengerazuba bw’isi byibanda ku ifungwa rya Rusesabagina Paul kuruta ibikorwa by’iterabwoba byahitanye Abanyarwanda bikozwe n’Umutwe w’ingabo ze
Amakuru

Ibitangazamakuru byo mu burengerazuba bw’isi byibanda ku ifungwa rya Rusesabagina Paul kuruta ibikorwa by’iterabwoba byahitanye Abanyarwanda bikozwe n’Umutwe w’ingabo ze

Ubwanditsi 02 Mar 2021
Uganda: N’iki cyihishe inyuma yo kwivuguruza kwa Ministiri Hilary Onek ushinzwe impunzi
INKURU NYAMUKURU

Uganda: N’iki cyihishe inyuma yo kwivuguruza kwa Ministiri Hilary Onek ushinzwe impunzi

Ubwanditsi 04 Apr 2019
Ni iki cyatumye Royal TV nayo ihagarika  ibiganiro mu Rwanda
Mu Rwanda

Ni iki cyatumye Royal TV nayo ihagarika ibiganiro mu Rwanda

Ubwanditsi 20 Sep 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru