• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Abashinja u Rwanda gufasha umutwe wa M23 birengagiza ibibonwa na buri wese, bagahitambo guhimba ibyo badafitiye gihamya.

Abashinja u Rwanda gufasha umutwe wa M23 birengagiza ibibonwa na buri wese, bagahitambo guhimba ibyo badafitiye gihamya.

Ubwanditsi 27 Dec 2022 Amakuru, INKURU ZAKUNZWE CYANE, Mu Mahanga

Iyo urebye umurava ibihugu nk’Ubufaransa, Ububiligi, Espagne na bamwe mu bategetsi bo muri Amerika, bafite mu kugereka ibibazo bya Kongo ku Rwanda, wibaza impamvu bahitamo kuremekanya ibirego batanafitiye ibimenyetso, naho ibyo buri wese arebesha amaso bakabirenza ingohe.

Igisubizo cya mbere ni uko abikoma uRwanda basanzwe bafitanye isano n’amateka mabi rwanyuzemo, dore ko bananagize uruhare rutaziguye muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Igisubizo cya kabiri, ni ugukinga Kongo ibikarito mu maso, aho kuyereka ukuri ngo ishake umuti w’ikibazo izi neza umuzi wacyo, bagahitamo kuyiyobya ngo ikomeze yivurugute mu bibazo by’urudaca, nabo bakomeze bisahurire umutungo utagira nyirawo.

Dore nk’ubu , aho kwamagana ubwicanyi bukorerwa Abatutsi bo muri Kongo n’abandi baturage bavuga ikinyarwanda, baravugiriza induru umutwe wa M23, birengagije ko intambara hagati y’uwo mutwe n’igisirikari cya Kongo idashobora kurangizwa no “kwamagana” gusa kw’abanyaburayi, hatabayeho gukemura ikibazo cyatumye iyo ntambara ivuka, aricyo kurwanira uburenganzira bw’Abanyekongo bavuga ikinyarwanda.

Kwibwira ko ikibazo cy’umutekano wa Kongo kizarangizwa n’ibihumbi by’ingabo z’amahanga zikoraniye muri icyo gihugu, ni ukwibeshya cyane, kuko uko abarwanyi baba benshi, niko bigorana kugenzura intwaro zikwira mu baturage, imitwe yitwara gisirikari ikavuka ku bwinshi. Aho gushingira amizero ku ngabo z’amahanga, kongo yagombye gusaba ayo mahanga kuyifasha kubaka igisirikari gikomeye, gikora kinyamwuga mu kurengera ubusugire bw’igihugu.

Hari benshi bafite inyungu mu ntambara imaze imyaka iyogoza Kongo, uretse abasirikari ba Loni bamaze muri Kongo ¼ cy’ikinyejana, kandi aho gukemura ikibazo bakaba bararushijeho kucyongera, n’ingabo z’Umuryango w’Ibihugu by’Afrika y’Uburasirazuba bizagora kugira icyo zifasha, kuko hari izigenzwa na twinshi.

Ubu noneho Kongo yiyambaje abacanshuro b’Abarusiya, bazwi ku izina rya”WAGNER”, ndetse bakaba baranamaze gusesekara mu Mujyi wa Goma. Uretse kwica abaturage b’igihugu barimo no kubasahura, ahandi abacancuro bafashije kubona igisubizo ni hehe? Iyo Loni n’Umuryango Mpuzamahanga bya baringa, aho kwamagana igihugu gishoye abacancuro mu baturage, ejo uzumva bashinja uRwanda ibyo badafitiye ibimenyetso. 

2022-12-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

U Rwanda rwongeye gushinjwa ibinyoma Loni ikabiha agaciro

U Rwanda rwongeye gushinjwa ibinyoma Loni ikabiha agaciro

Ubwanditsi 17 May 2016
Umunyarwanda warekuwe na Uganda yatanze ubuhamya bw’ubucakara yakoreshejwe n’uko hari abishwe n’uburozi

Umunyarwanda warekuwe na Uganda yatanze ubuhamya bw’ubucakara yakoreshejwe n’uko hari abishwe n’uburozi

Ubwanditsi 16 Sep 2019
“Tariki 01 Nyakanga, mu Rwanda twizihiza ubwigenge bwapfubye”- Tom Ndahiro

“Tariki 01 Nyakanga, mu Rwanda twizihiza ubwigenge bwapfubye”- Tom Ndahiro

Ubwanditsi 01 Jul 2021
Ikipe ya Real Madrid ndetse na Manchester City zageze muri 1/2 cya UEFA Champions League basangayo Chelsea na Paris St Germain.

Ikipe ya Real Madrid ndetse na Manchester City zageze muri 1/2 cya UEFA Champions League basangayo Chelsea na Paris St Germain.

Ubwanditsi 15 Apr 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

ISESENGURA: ABAYOBOZI BA AFRIKA BARASABWA GUSHISHOZA CYANE MURI IBI BIHE TURIMO
ITOHOZA

ISESENGURA: ABAYOBOZI BA AFRIKA BARASABWA GUSHISHOZA CYANE MURI IBI BIHE TURIMO

Ubwanditsi 24 Jul 2016
Perezida Mnangagwa yashinje inkoramutima za Grace Mugabe gutera igisasu aho yiyamamarizaga
POLITIKI

Perezida Mnangagwa yashinje inkoramutima za Grace Mugabe gutera igisasu aho yiyamamarizaga

Ubwanditsi 27 Jun 2018
BPR Atlas Mara yafunguye Ishami ry’Icyicaro gikuru i Kigali ryihariye kuri serivisi z’ikoranabuhanga
UBUKUNGU

BPR Atlas Mara yafunguye Ishami ry’Icyicaro gikuru i Kigali ryihariye kuri serivisi z’ikoranabuhanga

Ubwanditsi 06 Mar 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru