• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Ndimbati yagizwe ambasaderi w’uruganda rwenga inzoga mpuzamahanga rwa Sky Drop Industries

Ndimbati yagizwe ambasaderi w’uruganda rwenga inzoga mpuzamahanga rwa Sky Drop Industries

Editorial 28 Dec 2022 Amakuru, KWAMAMAZA, Mu Rwanda

Mu Rwanda ndetse n’ahandi hatandukanye, by’umwihariko mu bucuruzi iyo bashaka ko ibyo bacuruza bigera kure bikamenyekana ndetse bikanakundwa, bifashisha ibyamamare, by’aba abahanzi, abakinnyi ba filimi n’abandi bagaragara cyane ku mbuga nkoranyambaga, bakabafasha mu imenyekanisha bikorwa.

Ni muri urwo rwego, Uwihoreye Jean Bosco uzwi nka Ndimbati muri film ya Papa Sava, yagizwe ambasaderi w’uruganda rukora inzoga zikoze mu buki ndetse na Likeri zidasanzwe zimenyerewe hano ku isoko ry’u Rwanda. Yagizwe Brand Ambassador wa Sky Drop Industries nyuma y’igihe gito afunguwe.

Ku isoko ry’u Rwanda hakunze kugaragara inzoga ariko si nyinshi zikorwa mu buki, ndetse usanga hari benshi bifuza ko izi nzoga zaba zimwe muzikorerwa mu Rwanda.

Ndimbati yagizwe Ambasaderi w’inzoga zikozwe mu buki zitwa Saint Nero ndetse na Nobilis Gutta Gin

Mu karere ka Bugesera mu murenge wa Ntarama, hafunguwe uruganda rushya rwenga inzoga rufite umwihariko wo kwenga inzoga zikoze mu buki.

Uruganda rwitwa Sky Drop Industries rumaze igihe gito rutangiye imirimo ko rwafunguye imiryango mu Ugushyingo 2022. Rwenga inzoga zitandukanye zirimo za liqueurs na Gin aho rufite ubushobozi bwo kwenga amacupa ibihumbi bitanu mu isaha.

Sky Drop Industries yatangiranye abakozi 100 ba nyakabyizi, ndetse n’abandi bahoraho bagera ku 100, ndetse ruha akazi abakora imirimo itandukanye, harimo n’abavumvu borora inzuki zitanga ubuki.

Umwe mu bakozi b’urwo ruganda ushinzwe Ubucuruzi n’Iyamamazabikorwa, Murekezi Lucky yavuze ko bashaka kugira umwihariko, u Rwanda rukihaza mu nzoga zarwengewemo aho gukoresha nyinshi ziva hanze Kandi Iza Sky Drop Industries Zikaba zanacuruzwa no hanze y’igihugu

Murekezi yavuze ko hejuru yo gukora bashaka urwunguko, banifuza guteza imbere ubuzima bw’abaturage cyane cyane abatuye mu gace uruganda rukoreramo, binyuze mu guha akazi abantu benshi.

Ati ‘‘Ni uruganda rwatanze akazi. Twatanze akazi by’umwihario mu Karere ka Bugesera, abatuye hafi ahongaho turakorana, turabana.’’

Migambi John uzwi nka Made in Rwanda Influencer nawe SDI yamuhisemo nk’uwamamaza ku mbuga nkoranyambaga

Uru ruganda kandi rufite gahunda yo guhaza izoko ry’u Rwanda no mu Karere k’ibiyaga bigari, rugatangira kwagura ibikorwa byarwo ku rwego mpuzamahanga, cyane cyane rugahera mu bihugu bikikije u Rwanda.

Imibare itangwa n’urubuga rwa Loni rukusanya amakuru y’ubucuruzi, Comtrade, igaragaza ko mu mwaka wa 2021 u Rwanda rwakuye hanze ibinyobwa birimo inzoga bya miliyoni 28 z’amadolari, asaga miliyari 28 Frw.

2022-12-28
Editorial

IZINDI NKURU

Abapolisi bakuru biga mu ishuri rya Polisi y’u Rwanda (NPC) bari mu rugendoshuri muri Tanzaniya

Abapolisi bakuru biga mu ishuri rya Polisi y’u Rwanda (NPC) bari mu rugendoshuri muri Tanzaniya

Editorial 21 Jun 2017
Jean Lambert Gatare watabarutse asigiye umurage ubyibushye itangazamakuru ry’u Rwanda

Jean Lambert Gatare watabarutse asigiye umurage ubyibushye itangazamakuru ry’u Rwanda

Editorial 25 Mar 2025
Amavubi adafite kapiteni wayo Haruna Niyonzima na Rafael York ntibari mu bakinnyi bakina na Kenya

Amavubi adafite kapiteni wayo Haruna Niyonzima na Rafael York ntibari mu bakinnyi bakina na Kenya

Editorial 15 Nov 2021
Tshisekedi yishe abaturage ba Bukavu nyina aherutse kwita “abagambanyi”

Tshisekedi yishe abaturage ba Bukavu nyina aherutse kwita “abagambanyi”

Editorial 28 Feb 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umuryango wa Habyarimana mu muhogo ugana mu nda ya FDLR
Amakuru

Umuryango wa Habyarimana mu muhogo ugana mu nda ya FDLR

Editorial 14 Aug 2025
Usibye u Bushinwa igisirikare cy’u Rwanda [ RDF ] nicyo gitunze missiles zishwanyaguza ibifaru
ITOHOZA

Usibye u Bushinwa igisirikare cy’u Rwanda [ RDF ] nicyo gitunze missiles zishwanyaguza ibifaru

Editorial 18 Dec 2018
Doing Business 2018 : U Rwanda rwanikiye ibihugu bya Afurika mu gukora amavugurura yoroshya ishoramari
Amakuru

Doing Business 2018 : U Rwanda rwanikiye ibihugu bya Afurika mu gukora amavugurura yoroshya ishoramari

Editorial 01 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru