• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Umunsi wa 6 wa shampiyona y’u Rwanda waranzwe no ku rumbuka kw’ibitego no guterwa mpaga kwa Etincelles FC iri mu rugo

Umunsi wa 6 wa shampiyona y’u Rwanda waranzwe no ku rumbuka kw’ibitego no guterwa mpaga kwa Etincelles FC iri mu rugo

Editorial 12 Oct 2023 Amakuru, IMIKINO

Ubwo hakinwaga umunsi wa gatandatu wa shampiyona y’u Rwanda mu kiciro cya mbere mu bagabo, ikipe ya Etincelles yaterewe mpaga mu rugo n’ikipe ya Musanze FC , ni nyuma yo kubura imbangukiragutabara ku gihe.

ImageIbi byabaye ku mukino wagomba gukinirwa mu karere ka Rubavu kuri Stade Umuganda, bityo imbangukiragutabara irabura kugeza ubwo habayeho gutegereza iminota 15 igengwa n’amategeko y’amarushanwa muri FERWAFA.

Kugeza ubwo abakinnyi ndetse n’abafana nyiri zina bategereje iminota 22 itaraboneka bityo abasifuzi barimo na Komiseri wabo bemeza ko ikipe ya Etincelles yari iri mu rugo itewe mpaga y’ibitego 3-0, bityo ikipe ya Musanze FC ikomeza kuyobora urutonde rwa shampiyona rw’agateganyo.

ImageMubindi byaranze umunsi wa 6 wa Shampiyona y’u Rwanda, ni aho kuri uyu wa gatatu tariki ya 11 Ukwakira 2023, ikipe ya Rayon Sports yabonye intsinzi yayo ya Kabiri muri uyu mwaka w’imikino dore ko yaherukaga gutsinda ikipe ya Gasogi United ibitego 2-1 ubwo hari tariki ya 18 Kanama 2023.

Nubwo Rayon Sports yaraye ibonye intsinzi ku ikipe ya Etoile de l’Est, iyi kipe yanahawe ikarita y’umutuku kuri Mvuyekure Emmanuel uzwi nka Manu, kuri Gikundiro bisa naho muri iyi minsi irimo guhanwa ku makarita atukura nyuma yaho mu mukino uheruka banganya na Marines FC 2-2, Luvumbu yabonye ikarita itukura ndetse na Mujyanama Claude Team Manager.

Ikipe ya Kiyovu SC yo yanganyije n’ikipe y’Amagaju ubwo bakiniraga kuri Sitade ya Huye, uyu mukino wagiye gukinwa Urucaca ruheruka kwegukanwa na Kiyovu S Association mu gihe yari ifitwe na Kiyovu Sport Company.

Kiyovu yanganyije igitego kimwe kuri kimwe cyatsinzwe na Nizeyimana Djuma ndetse ku ikipe yo mu Bufundu yo yatsindiwe na Rukundo Abdourahmani ku munota wa 54, iki gitego kikaba cyakurikiwe n’ikarita itukura yahawe Mbonyingabo Regis.

Muri rusange uko imikino y’umunsi wa 6 wagenze:

Kuwa Kabiri, Tariki ya 10 Ukwakira 2023

Gorilla FC 2-2 Gasogi United
APR FC 1-1 Bugesera FC
Mukura VS 1-0 Sunrise FC
Etincelles FC 0-3 Musanze FC

Kuwa Gatatu, Tariki ya 11 Ukwakira 2023

Police FC 2-1 Muhazi United
Amagaju FC 1-1 Kiyovu SC
Rayon Sports 2-1 Etoile de l’Est

2023-10-12
Editorial

IZINDI NKURU

Mu mateka y’imikino y’igikombe cya Afurika, umunyarwandakazi Mukansanga Salima yabaye umusifuzi wa mbere w’umugore ugisifuye

Mu mateka y’imikino y’igikombe cya Afurika, umunyarwandakazi Mukansanga Salima yabaye umusifuzi wa mbere w’umugore ugisifuye

Editorial 11 Jan 2022
Ikipe ya Etincelles FC yateguye amatora yo kuzuza imyanya, abazatora basabwa kuzana inyemezabwishyu y’amafaranga atari munsi ya 10 000

Ikipe ya Etincelles FC yateguye amatora yo kuzuza imyanya, abazatora basabwa kuzana inyemezabwishyu y’amafaranga atari munsi ya 10 000

Editorial 27 Dec 2021
Diyen Yiteguye Gushyirahnze amashusho yindirimo arikurwego ruhambaye

Diyen Yiteguye Gushyirahnze amashusho yindirimo arikurwego ruhambaye

Editorial 12 Jan 2017
Urukiko rutegetse ko Robert Ndatimana arekurwa

Urukiko rutegetse ko Robert Ndatimana arekurwa

Editorial 02 Feb 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Londres : Tshisekedi yeruriye abanyecongo ko nta na santimetero igihugu cye kizatakaza.
POLITIKI

Londres : Tshisekedi yeruriye abanyecongo ko nta na santimetero igihugu cye kizatakaza.

Editorial 20 Jan 2020
Umunyamabanga Mukuru wa FPR yahaye Interahamwe ibihumbi 800 Frw ngo zihungishe abana be
Amakuru

Umunyamabanga Mukuru wa FPR yahaye Interahamwe ibihumbi 800 Frw ngo zihungishe abana be

Editorial 15 May 2024
Abanyarwanda bakomeje gushimutwa mu gihugu cy’u Burundi bajyanwa mu nkambi z’akato bashinjwa ko baje kwanduza Abarundi virusi ya CORONA, baratabaza
INKURU NYAMUKURU

Abanyarwanda bakomeje gushimutwa mu gihugu cy’u Burundi bajyanwa mu nkambi z’akato bashinjwa ko baje kwanduza Abarundi virusi ya CORONA, baratabaza

Editorial 17 Mar 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru