• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Ahubwo aho Gusaba Ubutabera Guhanagurwaho Ubusembwa, Ingabire Victoire Asabe Imana Ibumukize

Ahubwo aho Gusaba Ubutabera Guhanagurwaho Ubusembwa, Ingabire Victoire Asabe Imana Ibumukize

Editorial 14 Feb 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda

Aho gusaba ubutabera kumuhanaguraho ubusembwa karemano, Ingabire Victoire nasabe Imana imukize umutima ugambana.

Kuri uyu wa 14 Gashyantare 2024, uyu Ingabire Victoire Umuhoza ugira isoni nke, yagaragaye mu Rukiko Rukuru ngo aburana gukurwaho ubusembwa, ibyo abenshi bafashe nko gutoneka imitima yakomerekeje ubwo yapfobyaga Jenoside yakorewe Abatutsi, akanagambirira gusubiza Abanyarwanda mu kaga k’intambara, abinyujije mu mitwe y’iterabwoba.

Ingabire Victoire yubahuka gusa gukurwaho ubusembwa, azi ukuntu ari bihemu watatiye ineza yagiriwe na Perezida wa Repubulika, ubwo yamufunguraga atarangije igihano, nyuma akikomereza inzira y’ubushotoranyi n’ubugambanyi, dore ko atigeze ahagarika gukorana na FDLR no kuyibera umuvugizi.

Kuva yafungurwa ibirego byakomeje kwisukiranya mu bugenzacyaha, abenshi bakanibaza aho Ingabire Victoire yakuye ubudahangarwa butuma adasubizwa aho yagombye kuba ari.

Usaba gukurwaho ubusembwa ntiyagombye kuba Ingabire, wirirwa mu bikorwa bisebya u Rwanda n’ubuyobozi bwarwo, abinyujije mu bitangazamakuru birwanya inyungu z’u Rwanda. Urugero rwa hafi ni ibiganiro bye bya buri munsi byemeza ko u Rwanda rudakwiye kwakira abimukira, ngo kuko “ruhutaza uburenganzira bwa muntu”.

Ingabire ahonyora amategeko nkana, aho yiyita umukuru w’ishyaka ritemewe, DALFA-Umurinzi, yirengagije ko umuntu wakatiwe igifungo kigeze ku mezi 6 atemerewe ibikorwa bya politiki nk’ibyo abamo. Abashukanyi ntibatinya no kumwita”umukuru wa opozisiyo nyarwanda”, maze nawe akikirigita agaseka ngo ashyigikiwe n’ibihangange. Ubwo yari mu y’abagabo ko nta gihanganye cyamubohoje ra?!

Iyo Victoire avugana n’abo bamwoshya(aka wa muheto woshya umwambi bitazajyana),yemeza ko ubwo yakatirwaga igifungo cy’imyaka 15 yarenganye. Nyamara n’uyu munsi imbere y’urukiko yiyemereye ko yahawe imbabazi, bivuze ko anemera ko yari yakoze ibyaha yahamijwe n’ubutabera, kuko nta mwere utakamba ngo ahabwe imbabazi?

Mbere yo gusaba gukurwaho icyasha mu mategeko rero, Ingabire Victoire nabanze yitandukanye n’agatima gahora karararikiye ubugome.

Niba asenga, Ingabire nasabe Imana imukize umudayimoni w’urwango n’ irondabwoko byamugize imbata. Nayisabe imucishe ukubiri n’abajenosideri n’ibigarasha bimushukisha kumwoherereza “ingemu” y’inticantikize buri kwezi. Ibyo nibyo byonyine byamugira umuturage muzima, akagira umutuzo mu mategeko, no mu mutima.

2024-02-14
Editorial

IZINDI NKURU

U Rwanda ntiruzirukana impunzi z’Abarundi, kubera igitutu cy’ubutegetsi bwa CNDD-FDD bubarega ibidafitiwe ibimenyetso.Ababyifuza bazakomeza gutaha ku neza.

U Rwanda ntiruzirukana impunzi z’Abarundi, kubera igitutu cy’ubutegetsi bwa CNDD-FDD bubarega ibidafitiwe ibimenyetso.Ababyifuza bazakomeza gutaha ku neza.

Editorial 30 Dec 2020
umusirikari wa Kongo yakoze mu jisho ry’intare ahasiga ubuzima. N’undi uzabigerageza azaba yiyahura!

umusirikari wa Kongo yakoze mu jisho ry’intare ahasiga ubuzima. N’undi uzabigerageza azaba yiyahura!

Editorial 17 Jun 2022
Umubyeyi ukwanga akuraga urugamba rwamunaniye: Umunyamulenge Masunzu wagambaniye benewabo, yoherejwe kurwanya M23

Umubyeyi ukwanga akuraga urugamba rwamunaniye: Umunyamulenge Masunzu wagambaniye benewabo, yoherejwe kurwanya M23

Editorial 27 Dec 2024
David Himbara akomeje urugamba yiyemeje rwo guharabika u Rwanda n’ibyiza rugenda rugeraho

David Himbara akomeje urugamba yiyemeje rwo guharabika u Rwanda n’ibyiza rugenda rugeraho

Editorial 29 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyuma y’imyaka 11 ikipe ya Inter de Milan yo mu Butaliyani yegukanye igikombe cya shampiyona habura imikino 4 ngo umwaka w’imikino wa 2020-2021 usozwe.
Amakuru

Nyuma y’imyaka 11 ikipe ya Inter de Milan yo mu Butaliyani yegukanye igikombe cya shampiyona habura imikino 4 ngo umwaka w’imikino wa 2020-2021 usozwe.

Editorial 03 May 2021
Polisi iraburira ababyeyi n’amashuri nyuma y’uburangare bukabije bugaragara ku batwara abana babo
Mu Mahanga

Polisi iraburira ababyeyi n’amashuri nyuma y’uburangare bukabije bugaragara ku batwara abana babo

Editorial 15 Jun 2016
Ghana ikeneye umuyobozi w’umunyabwenge nka perezida Kagame – Prof. Ransford Gyampo
POLITIKI

Ghana ikeneye umuyobozi w’umunyabwenge nka perezida Kagame – Prof. Ransford Gyampo

Editorial 11 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru