• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ecole Secondaire Ste Bernadette Kamonyi yiganje mu makipe yatwaye ibikombe ubwo hasozwa Amashuri Kagame Cup 2024

Ecole Secondaire Ste Bernadette Kamonyi yiganje mu makipe yatwaye ibikombe ubwo hasozwa Amashuri Kagame Cup 2024

Ubwanditsi 27 Feb 2024 Amakuru, IMIKINO

Ku Cyumweru tariki 25 Gashyantare 2024 mu Karere ka Kamonyi habaye igikorwa cyo gusoza imikino y’Amashuri Kagame Cup ya 2024 ku rwego rw’aka Karere. ESB Kamonyi yatwaye ibikombe bitatu (3) mu batarengeje imyaka 20.

Ni imikino yasojwe mu bakinnyi batarengeje imyaka 13 n’abatarengeje imyaka 20 mu cyiciro cy’abahungu n’abakobwa.

Ikipe ya ESB Kamonyi cyatwaye igikombe muri Basketball mu bahungu n’abakobwa  batarengeje imyaka 20 banatwara igikombe muri Volleyball icyiciro cy’abakobwa bari muri icyo kigero.

Muri Basketball y’abakobwa, ESB Kamonyi yatwaye igikombe itsinze ES Marie Adelaide amanita 92-25 mu gihe mu bahungu ESB Kamonyi batsinze ST Ignace TSS amanita 129-35. Muri Volleyball y’abakobwa batarengeje imyaka 20, ESB Kamonyi yatsinze St TSS St Ignace amaseti 3-0 (25-8,25-10,25-9) igikombe cyo mu bahungu cyatwawe na St Ignace TSS itsinze Runda Isonga amaseti 3-0 (25-20, 25-14, 25-18).

Mu batarengeje imyaka 20 kandi hakinwe umukino wa Netball ukinwa n’abakobwa gusa. ES Marie Adelaide A yatwaye igikombe itsinze ES Marie Adelaide B ku mukino wa nyuma.

Muri Rugby ikipe ya Kayenzi TSS yatwaye igikombe itsinze GS Bugoba ibitego 14-0 ku mukino wa nyuma.

Mu mupira w’amaguru mu cyiciro cy’abatarengeje imyaka 20, ECOSE Musambira yatwaye igikombe itsinze TSS Runda igitego 1-0 cyatsinzwe na Ntwari Anselme.

Mu isozwa ry’iyi mikino ku rwego rw’Akarere ka Kamonyi mu ntara y’amajyepfo, Padiri Majyambere Jean d’Amour uyobora Diyoseze ya Kabgayi akaba n’umuyobozi w’ishuri rya St Bernadette Kamonyi ndetse akaba ari n’umuyobozi mu ishyirahamwe rya siporo yo mu mashuri ku rwego rw’Akarere ka Kamonyi avuga ko iyi mikino itangirira ku rwego rw’umurenge, Akarere, League (uturere tuba twegeranye turahuzwa) bityo amakipe atwaye ibikombe akazaseruka ajya ku rwego rw’utundi turere baturanye.

Padiri Majyambere avuga ko siporo y’amashuri muri aka Karere ihagaze neza kuko ngo nk’umwaka ushize Akarere ka Kamonyi kari gafite amakipe atandatu mu makipe atandatu mu mikino ya FEASSSA ndetse ngo ku rwego rw’igihugu batwayemo ibikombe umunani.

Mu butumwa yagennye muri iri sozwa, Padiri Majyambere yavuze ko hakenewe gushyirwa imbaraga mu bana kugira ngo birusheho kuba akarusho.

Yagize “ Siporo ni nziza ariko byagera mu bana bikaba akarusho no mu masomo biga ariko na siporo tukayikora neza. Turasaba amashyirahamwe y’imikino itandukanye kudufasha mu mahugurwa, ibikoresho, abatoza, abasifuzin’ibindi  bikagera mu mashuri bityo abana bagakina mu buryo bwiza kuko nibo  bazafasha igihugu ubutaha.”

Yakomeje agira ati “ Ikindi nasaba ni ubufatanye n’inzego z’ubuyobozi bwite bwa leta gufatanya na siporo yo mu mashuri kuko birushaho gutera abana imbaraga bagakina bumva bashyigikiwe.”

Mu cyiciro cy’abatarengeje imyaka 13 y’amavuko, muri Volleyball igikombe cyatwawe na Groupe Scolaire Nyamiyaga itsinze EP  Nyakabuye amaseti 2-0 mu bahungu mu gihe mu bakobwa cyatwa na Groupe Scolaire Mushi batsinze GS Rose Mystica amaseti 2-0.

Muri Basketball y’abatarengeje iyo myaka, igikombe cyatwawe na Hope Dignity Academy  itsinze Cystal Fountain Academy amanita 23-10 mu bahungu mu gihe mu bakobwa igikombe cyegukanwe na n’ubundi na Hope Dignity Academy nabo batsinze Crystal Fountain Academy amanita 18-4.

Mu mupira w’amaguru w’ingimbi n’abagangavu batarengeje imyaka 13, ibikombe  byatwawe na GS St Michel Nyamirama mu ngimbi itsinze GS Nyarubuye ibitego 6-0, GS Bitsibo igitwara mu bakobwa itsinze GS St Michel ibitego 3-0.

Aganira n’abanyamakuru, Meya w’Akarere ka Kamonyi Dr Nahayo Sylvere yavuze ko abana bafite impano muri aka karere bafashwa gushakirwa amakipe bakinamo kugira ngo bakomeze barusheho gutyaza impano.

Yagize ati “Abana turabakrukirana. Hari abana dufite mu bigo  by’amashuri bitandukanye tukanagira uburyo tubakurikiranamo hari abafashwa bakabona amakipe bakinamo mu cyiciro cya kabiri n’icya gatatu. Iyo ni intambwe twateye kugira ngo bakomeze bazamure impano zabo.”

Iyi mikino ikaba yashojwe hatangwa ibihembo ku makipe y’ibigo by’amashuri yatsinze imikino ya nyuma, ku bufatanye bwa FERWAFA n’Ishyirahamwe ry’Imikino mu Mashuri, hanatanzwe imipira ya Football 340 yagabanyijwe ibigo by’amashuri byose mu Karere ka Kamonyi. Hanatanzwe imipira n’ibikoresho bya siporo byatanzwe na federasiyo za siporo zitandukanye zo mu Rwanda.

 

2024-02-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

u Rwanda rwashyizwe ku mwanya wa mbere muri Afrika mu bijyanye no kugendera ku mategeko

u Rwanda rwashyizwe ku mwanya wa mbere muri Afrika mu bijyanye no kugendera ku mategeko

Ubwanditsi 15 Oct 2021
Amafoto: Nyuma yo gusezerana imbere y’amategeko ndetse no gusaba no gukwa, Umuhanzi Platini yasezeranye imbere y’Imana n’umukunzi we Ingabire Olivia

Amafoto: Nyuma yo gusezerana imbere y’amategeko ndetse no gusaba no gukwa, Umuhanzi Platini yasezeranye imbere y’Imana n’umukunzi we Ingabire Olivia

Ubwanditsi 29 Mar 2021
Mashami Vincent yongerewe amasezerano y’umwaka umwe yo gutoza Amavubi Stars, yasabwe kwitwara neza mu mikino yo guhatanira itike y’igikombe cy’isi cya 2022.

Mashami Vincent yongerewe amasezerano y’umwaka umwe yo gutoza Amavubi Stars, yasabwe kwitwara neza mu mikino yo guhatanira itike y’igikombe cy’isi cya 2022.

Ubwanditsi 03 Mar 2021
Kwizera Olivier wari uherutse gusezera kuri ruhago yatangaje ko ayigarutsemo ahita yitabazwa mu ikipe y’igihugu yitegura guhatanira itike yo gukina igikombe cy’isi cya 2022

Kwizera Olivier wari uherutse gusezera kuri ruhago yatangaje ko ayigarutsemo ahita yitabazwa mu ikipe y’igihugu yitegura guhatanira itike yo gukina igikombe cy’isi cya 2022

Ubwanditsi 13 Aug 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abayobozi babiri b’ibanze bafungiwe kwaka no kwakira ruswa
Mu Rwanda

Abayobozi babiri b’ibanze bafungiwe kwaka no kwakira ruswa

Ubwanditsi 22 Sep 2017
Intambara ikomeye  hagati y’Ubutegetsi bwa Trump n’Itangazamakuru imaze gufata indi ntera
ITOHOZA

Intambara ikomeye hagati y’Ubutegetsi bwa Trump n’Itangazamakuru imaze gufata indi ntera

Ubwanditsi 30 Jan 2017
Umugore utwite yakubiswe n’umugabo we ngo nk’ukubita imbwa ye atitaye ko anatwite Aramukomeretsa
HIRYA NO HINO

Umugore utwite yakubiswe n’umugabo we ngo nk’ukubita imbwa ye atitaye ko anatwite Aramukomeretsa

Ubwanditsi 07 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru