• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ubwongereza bwagumanye abimukira babwo, bukaduha abajenosideri” bacu”?

Ubwongereza bwagumanye abimukira babwo, bukaduha abajenosideri” bacu”?

Ubwanditsi 04 Oct 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Imyaka ibaye 18 uRwanda rushyikirije Leta y’Ubwongereza impapuro zisaba guta muri yombi abajenosideri 5 bari muri icyo gihugu, ariko abo bagome bakomeje kwidegembya nk’aho nta n’icyabaye.

Abo ni Charles Munyaneza, Céléstin Ugirashebuja, Vincent Bajinya, Emmanuel Nteziryayo na Céléstin Mutabaruka. Aba bagizi ba nabi bamaze gukeneka ubutabera, ku buryo ndetse ubu bari no mu bikorwa bisenya ubumwe bw’Abanyarwanda.

Uko amashyaka yagiye asimburana ku butegetsi mu Bwongereza, yagiye yizeza uRwanda kwihutisha ubutabera abo bantu nibura bakaburanishwa, ariko imvugo ntiyigeze ihuzwa n’ingiro. Ibyo kubohereza
mu Rwanda ngo baburanishirizwe ahakorewe ibyaha bakurikiranyweho, byo ntawe ukibiteganya, urebye uburyo abo bajenosideri bakomeje gufatwa nk’amata y’abashyitsi.

Abazi neza imiterere ya politiki y’Ubwongereza bahamya ko amahari cyangwa agapingane hagati y’amashyaka abiri ahora asimburana ku butegetsi (Labour Party na Conservative Party) aribyo bidindiza ibyemezo byinshi, uruhande rwimitswe rukanga gushyira mu bikorwa ibyemezo byafashwe n’uruvuye ku butegetsi.

Urugero ni amasezerano yo kohereza mu Rwanda abimukira baba mu Bwongereza mu buryo butemewe n’amategeko, yari yashyizweho umukono na Ministiri w’Intebe Rishi Sunak wo muri “Conservative Party” , ariko Bwana Keir Starmer wo muri” Labour Party” yajya ku butegetsi akanga kubahiriza ayo masezerano.

Aho rero niho Abanyarwanda banenga iyo mikorere ya bamwe mu bategetsi b’Ubwongereza, bahera bavuga bati:” Nibagumane abimukira babo, baduhe abajenosideri bacu, tubiburanishirize”.

Muri iki cyumweru, Ambasaderi mushya w’Ubwongereza mu Rwanda, Madamu Alison Thorpe, yemereye itangazamakuru ko igihugu cye koko cyagaragaje kuzarira gukabije mu gushyikiriza inkiko bariya bajenosideri, icyakora yizeza Abanyarwanda ko hari ibimaze gukorwa ngo abo bantu baburanishwe” mu gihe kiri imbere”.

Twakwizezwa n’iki ko iki cyizere nacyo kitazaraza amasinde, ko amagambo nk’aya atari ubwa mbere abategetsi b’Ubwongereza bayavuze? Mu mwaka wa 2022, ubwo Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza Boris Johnson yari mu Rwanda, yijeje isi yose ko agiye gushishikariza inzego bireba gufata abo bajenosideri, nyamara twarabitegereje n’ubu amaso aracyari mu kirere.

Ubwongereza nk’igihugu kivuga ko cyubaha indangagaciro z’ubutabera n’uburenganzira bwa muntu, bwagombye guterwa isoni no gukingira ikibaba abajenosideri, mu gihe hari ibindi bihugu by’Uburayi nk’Ububiligi, Ubufaransa, Ubuholandi, Norvège, Danmark na Suwedi, byo nibura bifite intambwe byateye( uko yaba ingana kose) mu gushyikiriza inkiko abakekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Twibuke ihame ry’abahanga mu mategeko, rivuga ko “ubutabera butinze butaba bukiswe ubutabera”!

2024-10-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abafite ibirombe by’amabuye y’agaciro mu Ntara y’Iburasirazuba basabwe kubungabunga ibidukikije

Abafite ibirombe by’amabuye y’agaciro mu Ntara y’Iburasirazuba basabwe kubungabunga ibidukikije

Ubwanditsi 14 Jun 2016
Ishyirahamwe ry’Umukino w’Amagare ku Isi (UCI) ryemeje ko Tour du Rwanda 2022 izaba ku hagati ya tariki 20 na 27 Gashyantare 2022

Ishyirahamwe ry’Umukino w’Amagare ku Isi (UCI) ryemeje ko Tour du Rwanda 2022 izaba ku hagati ya tariki 20 na 27 Gashyantare 2022

Ubwanditsi 14 Oct 2021
Pascal Nyamurinda wayoboraga Umujyi wa Kigali yeguye ku mirimo ye

Pascal Nyamurinda wayoboraga Umujyi wa Kigali yeguye ku mirimo ye

Ubwanditsi 11 Apr 2018
Perezida Nkurunziza n’umufasha we mu masengesho y’iminsi itandatu basabira u Burundi ngo buzagire amahoro 2018

Perezida Nkurunziza n’umufasha we mu masengesho y’iminsi itandatu basabira u Burundi ngo buzagire amahoro 2018

Ubwanditsi 27 Dec 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Hatangiye isimburanya ry’abapolisi mu butumwa bw’amahoro muri Centrafurika (MINUSCA)
Mu Rwanda

Hatangiye isimburanya ry’abapolisi mu butumwa bw’amahoro muri Centrafurika (MINUSCA)

Ubwanditsi 01 Dec 2017
Amahoro ku isi: u Rwanda rwazamutseho imyanya 24, u Burundi umwanya 1
HIRYA NO HINO

Amahoro ku isi: u Rwanda rwazamutseho imyanya 24, u Burundi umwanya 1

Ubwanditsi 12 Jun 2019
ULK yibukije abanyeshuri ko Icyongereza n’Ikoranabuhanga ari inkingi mwikorezi mu iterambere
Mu Rwanda

ULK yibukije abanyeshuri ko Icyongereza n’Ikoranabuhanga ari inkingi mwikorezi mu iterambere

Ubwanditsi 27 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru