• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu gihe ubutumwa bwa SADC muri Kongo busatira umusozo, umusaruro ni hafi ya ntawo.

Mu gihe ubutumwa bwa SADC muri Kongo busatira umusozo, umusaruro ni hafi ya ntawo.

Editorial 05 Oct 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA, Mu Mahanga

Mu Kuboza 2023, ubwo ingabo z’Umuryango w’Afrika y’Amajyepfo, SADC, zoherezwaga muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, zari zahawe” mission” y’ umwaka umwe, ngo zigarure amahoro n’umutekano mu burasirazuba bw’icyo gihugu, agace kamaze igihe karabaye isibaniro hagati y’imitwe yitwaje intwaro itabarika.

Mu gihe rero ubwo butumwa busatira umusozo, muri iki cyumweru dusoza ubuyobozi bwa SADC hamwe n’intumwa za Kongo, bakoze inama yo kwisuzuma, dore ko abasesenguzi, barimo n’ Abanyekongo bashyira mu gaciro, basanga nta kintu kigaragara SADC yagezeho.

Muri iyo nama yo kwikirigita igaseka, ikintu kimwe SADC yishimiye ngo ni uko yabujije umutwe wa M23 gufata umujyi wa Goma!

Nyamara abakurikiranira hafi iby’intambara yo muri Kongo, bemeza ko kuba M23 itarafata Goma ari amayeri y’urugamba ndetse n’ ubushishozi bwa politiki, ngo kuko yaba yaririnze kugwa mu mutego nk’uwo yaguyemo muw’2013. Icyo gihe M23 yafashe Goma isi yose iyotsa igitutu, bituma isohoka muri uwo mujyi, ndetse irekura n’ibirindiro byose yari yarigaruriye muri Kivu y’Amajyaruguru.

Icyo gihe hari ababifashe nko gutsindwa, nubwo M23 yo ivuga ko yari isubiye inyuma ngo izagarukane mbaraga zo gusimbuka neza kurushaho. Bwarakeye biraba!

Kutihutira gufata Goma rero, M23 yanze izindi nduru z’ibihugu byo mu burengerazuba bw’isi bihafite inyungu, cyane cyane ibihanyuza ibisahurano bivana muri Kongo.

Kudafata Goma si ukurushwa ingufu na SADC. N’imimenyimenyi M23 imaze amezi menshi yarafunze inzira hafi ya zose zinjira muri uwo mujyi, ku buryo n’imibereho y’abawurimo isa n’igenwa na M23.

Ingabo za SADC zasimbuye muri Kongo iz’Umuryango w’Afrika y’Uburasirazuba, zirukanywe nabi muri icyo gihugu, zishinjwa kwanga guhangana ku rugamba n’abarwanyi ba M23.

SADC rero yagombaga kwereka Tshisekedi ko yo ari indwanyi cyane, maze kuva yagera aho muri Kongo, buri munsi ikagaba ibitero kuri M23, ifatanyije n’igisirikari cya Kongo, FARDC, intwaramuheto z’Abarundi, abacancuro b’abanyaburayi, abajenosideri ba FDLR, Wazalendo, n’indi mitwe itabarika.

Ibyo bitero nyamara ntibyabujije M23 kurushaho kwagura uduce igenzura muri teritwari za Nyiragongo, Masisi, Rutshuru na Lubero, turimo n’udufite agaciro kanini cyane mu bukungu no mu busugire bwa Kongo.

Abasesenguzi benshi basanga kuva SADC yagera muri Kongo ahubwo ibintu byarabaye bibi kurushaho: Umubare w’abahitanwa n’intambara kimwe n’uw’abavuye mu byabo, wikubye inshuro nyinshi, kandi ibikorwa byo gutabara abari muri ako kaga birushaho kugorana.

Nyamara nibura ingabo z’Umuryango w’Afrika y’Uburasirazuba zo zari zarashoboye guhagarara hagati y’abashyamiranye, kugeza ubwo n’umutwe wa M23 wemera kurekura twinshi mu duce yari yarafashe, mu rwego rwo guha amahirwe inzira y’ibiganiro bigamije kurangiza intambara.

Kubera inyungu bamwe bafite mu kuba ingabo za SADC ziri muri Kongo, zirimo ibidolari Kongo ibaha, byiyongera ku mutungo kamere wa Kongo basahurira muri iyo nduru, hari abategetsi b’ibihugu bya SADC babeshya Tshisekedi ko bafite ingufu zo gutsinda intambara binyuze mu nzira y’amasasu. Byahe byo kajya ko byararagaye ko badashobora kwambura M23 n’ agatanyu k’ubutaka igenzura.

Ibi binyuranye n’inama umuryango mpuzamahanga ugira ubutegetsi bwa Tshisekedi, yo kugana inzira y’ibiganiro, kandi akareka gukorana n’abajenosideri ba FDLR, bafatwa nk’ipfundo ry’umutekano muke muri Kongo no mu karere k’Ibiyaga Bigari kose.

Mu mezi abiri gusa SADC iraba ishoje igihe cy’umwaka yari yahawe. Sosiyete sivile n’amashyaka y’abatavuga rumwe na Perezida Ramaphosa w’Afrika y’Epfo, igihugu kiyoboye ingabo za SADC ziri muri Kongo, bamaze gusaba ko icyo gihugu kivana abasirikari bacyo muri Kongo, kuko badasiba kwicirwa muri iyo ntambara, ngo batumva n’impamvu yayo.

SADC igizwe n’ibihugu 16, ariko bitatu gusa, ni ukuvuga Afrika y’Epfo, Malawi na Tanzaniya nibyo byonyine byashoye abasirikari mu ntambara ya Kongo, abashishozi muri politiki bemeza ko yagombye kurangizwa n’Abakongomani ubwabo.

2024-10-05
Editorial

IZINDI NKURU

Igitutu cyaba gikuye Tshisekedi ku izima akemera isenywa ry’umufatanyabikorwa we, FDLR?

Igitutu cyaba gikuye Tshisekedi ku izima akemera isenywa ry’umufatanyabikorwa we, FDLR?

Editorial 14 Oct 2024
Uganda: Gen (Rtd) Otafiire arasaba Gen Tumukunde na Gen. Kayihura gukemura ibibazo bafitanye  amazi atarerenga inkombe

Uganda: Gen (Rtd) Otafiire arasaba Gen Tumukunde na Gen. Kayihura gukemura ibibazo bafitanye amazi atarerenga inkombe

Editorial 22 Feb 2018
Amateka ya Capt Mbaye Diagne, wapfuye atabara abahungiye muri Hotel Mille Collines

Amateka ya Capt Mbaye Diagne, wapfuye atabara abahungiye muri Hotel Mille Collines

Editorial 01 Jun 2016
Incamake y’amakuru yatangajwe na Polisi y’u Rwanda mu cyumweru gishize

Incamake y’amakuru yatangajwe na Polisi y’u Rwanda mu cyumweru gishize

Editorial 20 Feb 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uko  Dusabe Therese nyina wa Victoire Ingabire yoretse imbaga i Butamwa
ITOHOZA

Uko Dusabe Therese nyina wa Victoire Ingabire yoretse imbaga i Butamwa

Editorial 25 Feb 2017
U Rwanda mu bihugu bine byiyemeje kugenzura telefoni zihamagara mu mahanga
Mu Rwanda

U Rwanda mu bihugu bine byiyemeje kugenzura telefoni zihamagara mu mahanga

Editorial 29 Apr 2016
Diamond Platnumz ari mu mazi abira, arasabwa kuriha Mobetto akayabo ku indezo y’umwana
Mu Mahanga

Diamond Platnumz ari mu mazi abira, arasabwa kuriha Mobetto akayabo ku indezo y’umwana

Editorial 02 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru