• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Charles Onana ahamijwe icyaha cyo guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi: Inkota ishegeshe imitima y’ibigarasha n’Interahamwe

Charles Onana ahamijwe icyaha cyo guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi: Inkota ishegeshe imitima y’ibigarasha n’Interahamwe

Ubwanditsi 09 Dec 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Kuri uyu wa mbere, tariki 09 Ukuboza 2024, nibwo Madamu Delphine Chauchis, umucamanza mu rugereko rwa 17 rw’urukiko rw’i Paris mu Bufaransa, yatangazaga ko Charles Auguste Onana ahamwe n’icyaha cyo guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi, inkuru nziza yatashye mu mitima y’abaharanira ukuri n’ubutabera, naho inkota yahuranya imitima y’ibigarasha n’interahamwe!

Uyu ni umwanzuro w’urubanza rwaburanishijwe kuva tariki 07 kugeza kuya 11 Ukwakira uyu mwaka wa 2024, rukaba rwararezwemo Charles Auguste Onana, umunya Cameroun ariko akaba afite n’ubwenegihugu bw’Ubufaransa. Uyu Onana ni umunyamakuru, akaba umwanditsi w’ibitabo ndetse akaba yarigize impuguke muri politiki mpuzamahanga.

Ingengabitekerezo yo guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi yari yarayigize ingeso mu bitabo yanditse no mu biganiro mbwirwaruhame yatanze hirya no hino muri za kaminuza n’andi makoraniro mu myaka nka 20 ishize, ariko cyane cyane mu gitabo cye” La vérite sur l’Opération Turquoise: Quand Les archives parlent ” yasohoye muw’2019. Si Abatutsi bo mu Rwanda yahozaga ku nkeke gusa, kuko n’ Abatutsi bo muri Kongo, Abanyamulenge n’Abahema bari baramuboneyeho akaga, yarabahinduye abanyamahanga mu gihugu cyabo. Iyi mvugo ya Onana yabaye nk’ikarishya urwango ubwo bwoko busanzwe bufitiwe n’Abandi bakongomani, maze si ukurushaho kubutoteza bakaza umurego.

Bimaze gukabya rero nibwo imiryango mpuzamahanga iharanira uburenganzira bwa muntu nka FIDH, LDH na Survie yatanze ikirego, ndetse haza kwiyongeraho indi miryango myinshi, irimo Ibuka-France, yaregeye indishyi.

Ikirego, nk’uko twabisobanuye, cyari” Guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi”.

Uruhande rw’uregwa rwiyambaje abatangabuhamya bashinjura, barimo batanu bahoze ari abasirikari bakuru mu gisirikari cy’Ubufaransa, ndetse n’abahoze ari ibikomerezwa mu butegetsi bwa Habyarimana, biganjemo abahamwe n’uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Kimwe na Charles Onana, abageragezaga kuburanira Onana bose bemeje ko nta jenoside yakorewe Abatutsi yigeze iba mu Rwanda, ko ibyabaye ari “ugusubiranamo hagati y’Abahutu n’Abatutsi, bitewe n’urupfu rwa Perezida Habyarimana”.

Kuvuga ko Jenoside yateguwe, Charles Onana yabyise ” ikinyoma gikabije cya FPR-Inkotanyi, yifashishije ngo yigarurire ubutegetsi mu Rwanda”.

Abatangabuhamya b’uruhade rw’ abaregera indishyi rwashoboye kwerekana ibimenyetso by’ubugome bugambiriwe bwa Charles Onana, uhakana Jenoside yakorewe Abatutsi agambiriye gukomeretsa abarokotse iyo Jenoside no gutagatifuza abayigizemo uruhare. Bibukije ko nta mpaka zagombye kugibwa kuri Jenoside yakorewe Abatutsi, doreko n’Urukiko Mpuzamahanga rw”Arusha ku itariki 16 Kamena 2006, rwemeje “bidasubirwaho ko muw’1994 mu Rwanda habaye Jenoside yakorewe Abatutsi”.

Nyuma yo kumva impande zombi z’ababuranyi rero, Urukiko rwasanze Charles Auguste Onana yarakoze “icyaha cyo guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi ” kandi kikaba gihanwa n’amategeko yo mu Bufaransa. Rwamuhanishije rero ihazabu y’ama euros 8.400 (arakabakaba miliyoni 12 n’igice uvunje mu mafaranga y’uRwanda), atayishyura agafungwa iminsi 115.

Umufatanyacyaha Damien Serieyx wafashije Onana gusohora igitabo-rutwitsi” La vérite sur l’Opération Turquoise: Quand les archives parlent”, we yaciwe amande y’ ama euros 5.000, ni ukuvuga abarirwa muri miliyoni 7 n’igice z’amanyarwanda.

Abo bagabo bombi kandi bagomba gufatanya kwishyura impozamarira ingana n’ibihumbi cumi na kimwe(11.000) by’ama euros, azahabwa imiryango yaregeye indishyi.

Mu by’ukuri, icy’ingenzi si ingano y’amande baciwe, ahubwo igikuru ni uko icyaha cyabahamye. Ni akadomo kashyizwe ku gashinyaguro n’agasuzuguro k’aba bagome.

Umwanzuro w’uru rubanza rero ni indi paji yanditswe mu gitabo cy’amateka y’uRwanda muri rusange, ariko by’umwihariko amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi. Abasesenguzi barahamya ko iyi ari”gasopo” ihawe abajyaga bitwikira uburenganzira mu gutanga ibitekerezo bagahakana bakanapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, cyane cyane abari ku mugabane w’Uburayi, mu Bufaransa by’umwihariko.

Kuba rero uyu mwanzuro washegeshe imitima y’abajenosideri birumvikana, kuko imvugo yo gupfobya no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi yari yaragizwe iturufu mu gutagatifuza abayigizemo uruhare. Agahuru k’imbwa karahiye rero!

Mbere y’urubanza no mu gihe rwaburanishwaga, si ibigarasha n’interahamwe gusa bagaragaje ibikorwa byo gushyigikira Charles Onana, kuko hari n’abahezanguni b’Abakongomani bagaragaye mu rukiko nk’abafana b’umupira, ndetse banakusanya amafaranga menshi yo kumutera inkunga.

Ni mu gihe kandi, Charles Onana yigize umuyoboro w’ibinyoma Leta ya Kongo igereka ku Rwanda, byanamugize inshuti magara ya Perezida Tshisekedi. Magingo aya i Kinshasa bari mu cyunamo, doreko n’isomwa ry’uru rubanza rwa Charles Onana ryatambutse”live” kuri Radiyo na Televiziyo bya Leta ya Kongo, RTNC.

Nyuama y’aho Perezida Emmanuel Macron w’Ubufaransa agiriye uruzinduko mu Rwanda muri Gicurasi 2021, ubutabera bwo mu gihugu cye bwikubise agashyi mu kuburanisha abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi bari mu Bufaransa. Abaheruka gukubitwa intahe mu gahanga ni abaganga Sosthène Munyemana wakatiwe gufungwa imyaka 24, na Eugène Rwamucyo wahanishijwe igifungo cy’imyaka 27.

Inzira y’ubutabera iracyari ndende ariko, kuko mu Bufaransa hakiri abajenosideri ruharwa bidegemba, nka Agatha Kanziga, Gen Aloys Ntiwiragabo, Col Laurent Serubuga, Padiri Wenceslas Munyeshyaka, n’abandi. Hari kandi abasirikari b’Abafaransa baregwa ibyaha binyuranye, bakoze mu Rwanda ubwo bari mu kiswe” Opération Turquoise”.

2024-12-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Felix Tshisekedi yatorewe gusimbura se ku buyobozi bw’ishyaka bitera impaka

Felix Tshisekedi yatorewe gusimbura se ku buyobozi bw’ishyaka bitera impaka

Ubwanditsi 04 Mar 2017
Perezida Kagame yifuza impinduka mu bwikorezi bwo mu kirere

Perezida Kagame yifuza impinduka mu bwikorezi bwo mu kirere

Ubwanditsi 22 Feb 2017
U Rwanda rwahaye Uganda igihe cyo gukomeza gushyira mu bikorwa imyanzuro y’inama ya Gatuna

U Rwanda rwahaye Uganda igihe cyo gukomeza gushyira mu bikorwa imyanzuro y’inama ya Gatuna

Ubwanditsi 24 Mar 2020
Police FC yatsinze Rayon Sports mu mukino w’ikirarane, Gikundiro yuzuza imikino 3 idatsinda

Police FC yatsinze Rayon Sports mu mukino w’ikirarane, Gikundiro yuzuza imikino 3 idatsinda

Ubwanditsi 02 Oct 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umutoza Bisengimana Justin yongereye amasezerano y’imyaka ibiri mu ikipe ya Rutsiro FC 
Amakuru

Umutoza Bisengimana Justin yongereye amasezerano y’imyaka ibiri mu ikipe ya Rutsiro FC 

Ubwanditsi 21 Aug 2021
Muri Tanzania ejo hashobora kumeneka amaraso
Mu Rwanda

Muri Tanzania ejo hashobora kumeneka amaraso

Ubwanditsi 01 Sep 2016
Ipfunwe n’ikimwaro ryo gushaka mu muryango mugari w’interahamwe  nibyo bituma Rwalinda Pierre Celestin aharanira guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi
INKURU NYAMUKURU

Ipfunwe n’ikimwaro ryo gushaka mu muryango mugari w’interahamwe  nibyo bituma Rwalinda Pierre Celestin aharanira guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 13 Aug 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru