• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ingabo z’u Burundi zivuye muri Somalia ikubagahu

Ingabo z’u Burundi zivuye muri Somalia ikubagahu

Ubwanditsi 01 Jan 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA, Mu Mahanga, POLITIKI

Nk’uko bigaragara mu itangazo ryashyizweho umukono na Minisitiri w’Ingabo muri Somalia, Abdulkadir Mohamed Nur, ingabo z’u Burundi zubahirizaga amahoro n’umutekano aho muri Somalia, ntizizakomeza ubwo butumwa kuva kuri iyi tariki 01/01/2025.

Nta bisobanuro Minisitiri Abdulkadir Nur yatanze, gusa hari hamaze iminsi ukutumvikana hagati y’u Burundi na Somalia ku bijyanye n’umubare w’abasirikari b’Abarundi bagomba kuguma muri Somalia.

Ubusanzwe, Umuryango w’Afrika Yunze Ubumwe wari usanganywe abasirikari babarirwa mu bihumbi makumyabiri(20.000) bari mu butumwa bw’amahoro muri Somalia, barimo hafi 5.500 b’Abarundi.

Somalia rero yaje gusaba ko abasirikari b’amahanga bari muri icyo gihugu bagabanuka, bagasigara ari 12.000 gusa, barimo 1.041 bakomoka mu Burundi.

Kugabanya cyane umubare w’abasirikari babwo muri Somalia, uBurundi bwabibonyemo kudaha agaciro “akazi gakomeye” ingabo z’ Abarundi ngo zakoze muri Somalia mu myaka 17 zari zimazeyo. Leta y’uBurundi ivuga ko uwo mubare ugabanyijwe byashyira ubuzima bw’abasirikari babwo mu kaga, kuko batabasha kirwanaho uko bikwiye mu gihe al Shabab yaba ibacanyeho umuriro.

Nubwo Leta ya Somalia nta bisobanuro yatanze ku igabanuka ry’umubare w’abasirikari bakomoka mu Burundi, abasesenguzi bakunze kunenga ubushobozi bwabo mu guhangana n’inyeshyamba zikomeye za Al Shabab, dore ko banapfushije abasaga 1.000, abatabarika bagakomereka, abandi bagafatwa mpiri mu gihe bari bamazeyo. Ibyo ubibona neza iyo ugeze mu irimbi rya Mpanda abiciwe muri Somalia bashyinguyemo, hafi y’ikibuga cy’indege mpuzamahanga cya Bujumbura.

Abasirikari b’Abarundi bari muri Somalia kandi banafatiwe kenshi mu cyuho cya ruswa, kugirango borohereze Al Shabab mu bikorwa byayo by’iterabwoba, nk’uko byagiye bivugwa mu byegeranyo by’imiryango nterankunga, ndetse no mu buhamya bwa bagenzi babo bakomoka mu bindi bihugu, nka Uganda, Djibouti, Kenya na Ethiopia.

Abo basesenguzi bavuga kandi ko Umuryango w’Afrika Yunze Ubumwe utashimishijwe n’amajwi yakomeje gushinja ibikomerezwa muri Leta y’uBurundi kunyereza amafaranga yagenewe abasirikari bari mu butumwa muri Somalia, bigatuma abo basirikari batitanga uko bikwiye. Imibare yerekana ko buri gihembwe uBurundi bwagenerwaga miliyoni 18 z’amadolari y’Amerika, kubera ubutumwa ingabo zabwo zarimo muri Somalia.

Mu mwaka wa 2020 nabwo umubare w’abasirikari b’uBurundi wari ugiye kugabanywa cyane, ariko ntuma yo gitakamba icyemezo kirasubikwa.

Hari amakuru avuga ko abasirikari b’uBurundi bavuye muri Somalia bazahita boherezwa gutabara bagenzi babo bugarijwe ku rugamba mu burasirazuba bwa Kongo, doreko muri iki gihe umutwe wa M23 urushaho kwirukana ingabo za Leta ya Kongo n’abazishyigikiye mu turere twinshi kandi dukomeye cyane. Amakuru ava ku rugamba arahamya ko ubu umujyi wa Goma wugarijwe .

Mu ntambara ya Kongo, Perezida Evariste Ndayishimiye n’ibyegera bye naho bahakura agatubutse, bahabwa n’umufatanyabikorwa we Tshisekedi, ariko abarikari bagahabwa inticantikize. Abatabarika bamaze kuhasiga agatwe, abanze kwiyahira.muri iyo ntambara baherutse gukatirwa ibihano biremereye.

Somalia ni kimwe mu bihugu bigize Umunyamuryango w’Uburasirazuba bw’Afrika. Kuba rero uBurundi bwaraciye inyuma abandi banyamuryango, bukajya kugirana amasezerano rwihishwa na Kongo, kandi Kongo yari imaze kwirukanga izindi ngabo z’uwo muryango zari zaroherejwe gufasha kugarura amahoro muri icyo gihugu, byafashwe nk’ubugambanyi. Ibi nabyo hari abasesenguzi basanga biri mu byatumye ingabo z’uBurundi zitakarizwa icyizere muri Somalia.

2025-01-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ibyo inararibonye zisanga Umutwe w’Abadepite mushya waheraho

Ibyo inararibonye zisanga Umutwe w’Abadepite mushya waheraho

Ubwanditsi 05 Sep 2018
Rusesabagina ku Rwanda ni nka Hassan Nasrallah kuri Israel.

Rusesabagina ku Rwanda ni nka Hassan Nasrallah kuri Israel.

Ubwanditsi 30 Sep 2024
Tumenye bamwe mu barwanya Leta y’u Rwanda ( Igice cya 10 )

Tumenye bamwe mu barwanya Leta y’u Rwanda ( Igice cya 10 )

Ubwanditsi 26 Mar 2016
Bamwe mu bo mu mitwe irwanya Leta y’u Rwanda barivugira ubwabo ko inzira y’intambara bahisemo idashoboka, ko igikwiye ari uguhindura imyumvire.

Bamwe mu bo mu mitwe irwanya Leta y’u Rwanda barivugira ubwabo ko inzira y’intambara bahisemo idashoboka, ko igikwiye ari uguhindura imyumvire.

Ubwanditsi 01 Nov 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gatsibo: Yafashwe yiba agirwa intere, ise ategekwa kugurisha isambu ye ngo amwishyurire
Mu Rwanda

Gatsibo: Yafashwe yiba agirwa intere, ise ategekwa kugurisha isambu ye ngo amwishyurire

Ubwanditsi 13 May 2017
Gilbert Mwenedata, Mpemukendamuke, Umunyaburiganya Wahunze U Rwanda, Ubu Niwe Muzindaro w’Abarutuka!
INKURU NYAMUKURU

Gilbert Mwenedata, Mpemukendamuke, Umunyaburiganya Wahunze U Rwanda, Ubu Niwe Muzindaro w’Abarutuka!

Ubwanditsi 26 Aug 2020
Mukura VS yatsinze Rayon Sports 2-1, ikuraho agahigo ko kudatsindwa mu gice kibanza cya shampiyona
Amakuru

Mukura VS yatsinze Rayon Sports 2-1, ikuraho agahigo ko kudatsindwa mu gice kibanza cya shampiyona

Ubwanditsi 11 Jan 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru