• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zirabe maso, Ramaphosa ari mu bugambanyi n’ibyihebe

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zirabe maso, Ramaphosa ari mu bugambanyi n’ibyihebe

Ubwanditsi 12 Feb 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA, Mu Mahanga

Akaga ingabo z’Afrika y’Epfo zahuriye nako muri Kongo, kose Perezida Cyril Ramaphosa yakageretse ku Rwanda, ndetse ubu akaba ategura imigambi ngo yo kwihorera. Ni muri urwo rwego akomeje gusuka abasirikari n’ibikoresho muri Kongo, mu gihe nyamara inama y’Abakuru b’Ibihugu bya EAC n’ab’ibya SADC, yanzuye ko umuti w’intambara muri Kongo ukwiye kandi ugomba kuboneka binyuze mu nzira y’ibiganiro.

Kugirira nabi u Rwanda, Ramaphosa ntazakomeza kubinyuza gusa mu mikoranire na Tshisekedi, Ndayishimiye na FDLR, cyane cyane ko yabonye ko uRwanda ari intavogerwa kubera ubwirinzi buhambaye. Ubu rero ngo yaba yavumbuye umuvuno wo kugambana n’ibyihebe byo muri Mozambique, bizwi ku izina rya ” ansar-al-sunna, maze abasirikari n’abapolisi b’uRwanda bari muri icyo gihugu bakagira ikibazo, nk’ibyo abe bagize mu burasirazuba bwa Kongo.

Afrika y’Epfo ihana imbibi na Mozambique, ku buryo imikoranire hagati ya Ramaphosa n’ibyihebe yakwihuta.

Ibi nabyo ni ukwibeshya kuko n’ubundi abo Banyarwanda bari muri Mozambique badatekanye kubera urukundo cyangwa impuhwe z’ibyo byihebe. Oya! Abo bagizi ba nabi babatinyira ubushishozi, ubuhanga n’ubunyamwuga, isi yose ibaziho.

Kuva zagera muri Mozambike kuva mu mwaka wa 2021, ngabo z’uRwanda zashoboye kugarura umutekano muri Mozambique, mu gihe iz’ibihugu bya SADC ziyobowe n’izikomoka muri Afrika y’Epfo, zari imburamukoro, ibyihebe byarigaruriye intara ya Cabo Delgado n’utundi duce SADC n’igisirikari cya Leta batashoboraga gukandagiramo.

Ubu benshi mu baturage ba Cabo Delgado basubiye mu byabo, ibikorwa hafi ya byose birasubukurwa, muri make ubuzima bwaragarutse kubera ubwitange bw’abasirikari n’abapolisi b’uRwanda.

Ibyo nabyo byakuruye ishyari n’ipfunwe, doreko Afrika y’Epfo itumva ukuntu ” agahugu” nk’uRwanda kayirusha ibigwi mu ruhando mpuzamahanga.

Ramaphosa, Tshisekedi n’abandi banyeshyari, ntako batagize ngo baburizemo inkunga ya miliyoni 20 z’ama euros Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’Uburayi wageneye uRwanda kubera ibikorwa byo kubahiriza umutekano muri Mozambique. Ukuri kwaje gutsinda ikinyoma, iyo nkunga iratangwa, maze abo bagambanyi bongera gukorwa n’ikimwaro.

Amakuru dufitiye gihamya kandi, avuga ko Perezida Ramaphosa ari umwe mu bakwije ibihuha ngo ingabo z’uRwanda zahohoteye abaturage i Maputo, mu midugararo yakurikiye amatora y’umukuru w’icyo gihugu mu Kwakira 2024. Nabyo byafashe ubusa, kuko iperereza ryagaragaje ko ntaho abo Banyarwanda bahuriye n’ibyabereye i Maputo, mu bilometero hafi 1700 uvuye Cabo Delgado aho ingabo z’uRwanda zikorera.

Ingabo z’Afrika y’Epfo zaje kuyamanika no kuva muri Mozambique, Perezida Ramaphosa azohereza muri Kongo, atazi ko ari uguhungira ubwayi mu kigunda. Ntiyari ayobewe ariko ko azishoye mu ibagiro, ariko arabyirengagiza kubera inyungu ze bwite. Ibyo abasirikari be bahaboneye n’igisebo yahakuye, bizigwa mu mateka y’intambara!

Ramaphosa si ubwa mbere akoranye n’ibyihebe ngo agirire nabi uRwanda, kandi buri gihe yakamye ikimasa. Acumbikiye kandi atera inkunga icyihebe Kayumba Nyamwasa n’izindi nyangabirama zo mu mutwe w’iterabwoba wa RNC.

Nk’uko ubugome bwa Nyamwasa n’ibigarasha bye ntacyo bwatwaye uRwanda, Ramaphosa namenye ko no kugambana n’intagondwa zo mu mutwe w’itetabwoba wa ansar-al-sunna (cyangwa al shabaab) nabyo ari ukwikoza ubusa.

Ibuye ryagaragaye ntiriba rikishe isuka!

2025-02-12
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Me Ndikumana Vincent yitandukanije n’ibikorwa bibi bya murumuna we Rudasingwa Alexis uri muri RNC

Me Ndikumana Vincent yitandukanije n’ibikorwa bibi bya murumuna we Rudasingwa Alexis uri muri RNC

Ubwanditsi 20 Jul 2016
Polisi y’u Rwanda yasoje ihinduranya ry’abapolisi muri Centrafurika

Polisi y’u Rwanda yasoje ihinduranya ry’abapolisi muri Centrafurika

Ubwanditsi 22 Oct 2016
Uko Gen. Kabarebe yinjije  Kayumba mu gisirikare cya Uganda kikiri inyeshyamba mu 1985.

Uko Gen. Kabarebe yinjije  Kayumba mu gisirikare cya Uganda kikiri inyeshyamba mu 1985.

Ubwanditsi 03 Sep 2019
Kagame arashima uruhare rwa Tshisekedi mu guhashya imitwe yitwaje intwaro

Kagame arashima uruhare rwa Tshisekedi mu guhashya imitwe yitwaje intwaro

Ubwanditsi 31 Jan 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umuryango wa Rogers Donne Kayibanda washimutiwe muri Uganda uratabaza
ITOHOZA

Umuryango wa Rogers Donne Kayibanda washimutiwe muri Uganda uratabaza

Ubwanditsi 24 Jan 2019
Rayon Sports yasezeye mu gikombe cy’Amahoro 2023 ishinja FERWAFA imitegurire idahwitse
Amakuru

Rayon Sports yasezeye mu gikombe cy’Amahoro 2023 ishinja FERWAFA imitegurire idahwitse

Ubwanditsi 08 Mar 2023
Abafana ba Congo batunguranye baririmba ngo  Baba Wetu, Baba Wetu [Muzehe wacu, Muzehe wacu] bivuze ngo Kagame  ‘Muzehe wacu’
Mu Mahanga

Abafana ba Congo batunguranye baririmba ngo Baba Wetu, Baba Wetu [Muzehe wacu, Muzehe wacu] bivuze ngo Kagame ‘Muzehe wacu’

Ubwanditsi 10 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru