• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Umunya-Kenya Laban Korir n’Umunyarwandakazi Niyonkuru Florence begukanye Kigali International Peace Marathon

Umunya-Kenya Laban Korir n’Umunyarwandakazi Niyonkuru Florence begukanye Kigali International Peace Marathon

Ubwanditsi 09 Jun 2025 Amakuru, IMIKINO

Indirimbo yubahiriza igihugu “Rwanda Nziza” yongeye kuririmbwa muri “Kigali International Peace Marathon” nyuma y’imyaka itatu, mu gihe Umunya-Kenya, Laban Korir, yongeye kwegukana iri rushanwa nyuma yo kuba uwa mbere muri Full Marathon y’ibilometero 42,1 mu bagabo.

Ni ku nshuro ya kabiri yikurikiranya Laban yegukanye iri rushanwa ryabaga ku nshuro yaryo ya 20 kuva mu 2005.

Uyu mwaka ryari ryiyandikishijemo abantu 14.480 mu byiciro bitatu birigize aho 1314 biyandikishije muri Full Marathon, 1836 biyandikisha muri Half Marathon naho 11.730 biyandikisha muri ’Run for Peace’.

Iri rushanwa ritegurwa n’Ishyirahamwe ry’Imikino Ngororamubiri mu Rwanda (RAF) ku bufatanye na Minisiteri ya Siporo, uyu mwaka ryari rifite insanganyamatsiko igira iti “Isi yose i Kigali na Kigali ku Isi yose!”

Ni ku nshuro ya kabiri ryabaye riri ku rwego rwa gatatu rw’amarushanwa akomeye ku Isi ’Global Elite Label Status’, ndetse ryongeye kugaragaramo abakinnyi bari mu 100 ba mbere ku Isi.

Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana; Umuyobozi Mukuru Wungirije wa RCB, Candy Basomingera; Perezida wa RAF, Col (Rtd) Kayumba Lemuel; Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire; Minisitiri w’Abakozi ba Leta n’Umurimo, Christine Nkulikiyinka n’Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi, Irere Claudette, bari mu bayobozi bitabiriye isiganwa mu cyiciro cya “Run For Peace” kireshya n’ibilometero 10.

Umunya-Kenya, Laban Kipngetich Korir, yabaye uwa mbere muri Full Marathon y’abagabo yakoresheje amasaha abiri, iminota 18 n’amasegonda 26. Yakurikiwe na mwenewabo Langat Kipkirui naho Umunya-Ethiopia, Tadese Mamo Temechachu aba uwa gatatu.

Umunyarwanda Nizeyimana Alexis usanzwe ukinira Ikipe ya Nyaruguru AC, yabaye uwa gatanu akurikiye undi Munya-Kenya. Hitimana Noël wari mu Ikipe y’Igihugu hamwe na Ntirenganya Fidèle, ntiyakinnye kubera uburwayi.

Teresiah Omosa na we wo muri Kenya, yegukanye “Kigali International Peace Marathon 2025” muri Full Marathon y’Abagore, akoresheje amasaha abiri, iminota 37 n’amasegonda 12.

Muri iki cyiciro kitarimo umukinnyi n’umwe w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda, uwa kabiri yabaye Chala Kebene wo muri Ethiopia naho uwa gatatu aba Jeruto Ivyne Lagat wo muri Kenya.

Umunyarwandakazi Niyonkuru Florence yegukanye umudali wa Zahabu muri Half Marathon y’Abagore nyuma yo gukoresha isaha, iminota 13 n’amasegonda 57 ku ntera y’ibilometero 21,9.

Yakurikiwe na Musabyeyezu Adeline wari we Munyarwanda uheruka kwegukana uyu mudali mu 2022 naho Vivian Jepkogei wo muri Kenya aba uwa gatatu. Mu marushanwa, haririmbwa indirimbo yubahiriza igihugu cy’umukinnyi wegukanye umudali w’umwanya wa mbere.

Mu bakinnyi umunani ba mbere bahembwe muri iki cyiciro, harimo Abanyarwandakazi batandatu. Abandi batari mu myanya ibiri ya mbere ni Uwizeyimana Jeanne Gentille wa kane, Imanizabayo Emeline wa gatanu, Ibishatse Angélique wa gatandatu na Uwiduhaye Théophila wa karindwi.

Umunya-Kenya Njoroge Derrick Chege ni we wegukanye umudali wa Zahabu muri Half-Marathon ya “Kigali International Peace Marathon 2025”, aho yakoresheje isaha imwe, iminota itanu n’amasegonda 23.

Umunyarwanda Bigirimana Théophile usanzwe ukinira New Athletics Star, yabaye uwa gatatu akurikiye Kamutwire Gilbert wo muri Uganda.

Nkurunziza Emmanuel wakinnye ku giti cye yabaye uwa gatanu, Nsabimana Jean Claude w’Ikipe y’Igihugu aba uwa gatandatu naho Nizeyimana Sylvain wa APR AC aba uwa munani.

Umukinnyi wegukanye Full Marathon mu bagabo n’abagore yahawe ibihumbi 20$ [asaga miliyoni 28 Frw]. Uwa kabiri ahabwa ibihumbi 15$ naho uwa gatatu atwara 7500$.

Uwa kane yabonye 5000$, uwa gatanu abona 3000$ mu gihe kuva ku wa gatandatu kugeza ku wa munani bahawe 2000$, 1500$ na 1000$.

Mu basiganwe Igice cya Marathon [ibilometero 21,098], uwa mbere mu bagabo no mu bagore yahawe 5000$ [asaga miliyoni 7 Frw].

Uwa kabiri yabonye 4000$, uwa gatatu ahabwa 3000$. Kuva ku mwanya wa kane kugeza ku wa munani bahawe 2000$, 1000$, 800$, 500$ na 400$.

IGIHE

2025-06-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rene Mugenzi yahawe inkwenene ubwo yagarutse ku mbuga nkoranyambaga yari yaratinye nyuma yo gufungurwa ahamwe n’ubujura; tugaruke ku mateka yaranze ubutekamutwe bwe

Rene Mugenzi yahawe inkwenene ubwo yagarutse ku mbuga nkoranyambaga yari yaratinye nyuma yo gufungurwa ahamwe n’ubujura; tugaruke ku mateka yaranze ubutekamutwe bwe

Ubwanditsi 21 Feb 2022
Burundi : Imirwano hagati y’abasirikare n’abapolisi yakomerekeyemo bane

Burundi : Imirwano hagati y’abasirikare n’abapolisi yakomerekeyemo bane

Ubwanditsi 03 Nov 2017
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Ubwanditsi 16 May 2024
Abarimo Byiringiro Lague, Mutsinzi Ange na Bizimana Djihad bari mu mwiherero witegura Senegal

Abarimo Byiringiro Lague, Mutsinzi Ange na Bizimana Djihad bari mu mwiherero witegura Senegal

Ubwanditsi 06 Sep 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida wa Malawi yemeye ko umushahara we ukatwaho 10 % kubera coronavirus
POLITIKI

Perezida wa Malawi yemeye ko umushahara we ukatwaho 10 % kubera coronavirus

Ubwanditsi 06 Apr 2020
Perezida Kagame yavuze ko EAC atari yo ikwiriye gutinza ubuhahirane muri Afurika
POLITIKI

Perezida Kagame yavuze ko EAC atari yo ikwiriye gutinza ubuhahirane muri Afurika

Ubwanditsi 30 Mar 2019
Abapolisi bo mu karere barangije amahugurwa yo gushyira ibimenyetso ku ntwaro
Mu Mahanga

Abapolisi bo mu karere barangije amahugurwa yo gushyira ibimenyetso ku ntwaro

Ubwanditsi 21 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru