• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu mvugo yuje icyizere, Perezida Tshisekedi yashimye amasezerano y’amahoro yasinywe n’u Rwanda na Congo muri Amerika

Mu mvugo yuje icyizere, Perezida Tshisekedi yashimye amasezerano y’amahoro yasinywe n’u Rwanda na Congo muri Amerika

Ubwanditsi 01 Jul 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Mu ijambo ryuje icyizere n’ubushake bwa politik, Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), Félix Antoine Tshisekedi, yashimye amasezerano y’amahoro yasinywe n’u Rwanda na DRC i Washington D.C, ayita “icyizere gishya ku baturage b’Uburasirazuba bwa Congo”, bamaranye imyaka irenga 30 mu mvururu n’intambara zidashira.

Ibi Perezida Tshisekedi yabivuze kuri uyu wa Mbere, tariki ya 30 Kamena 2025, ubwo yari mu muhango wo kwizihiza isabukuru y’imyaka 65 y’ubwigenge bwa Congo-Kinshasa, aho yavuze ko igihugu cye kiri mu nzira yo kubaka amahoro ashingiye ku bufatanye nyakuri n’ibihugu bituranyi.

“Aya masezerano ntabwo ari inyandiko gusa, ahubwo ni icyizere cy’amahoro ku baturage b’i Goma, Bukavu, Rutshuru, Masisi, Nyiragongo, Lubero, Ituri, n’ibindi bice byose byakunze kuba mu ntambara.” – Tshisekedi

Ibi rero biratanga Icyerekezo gishya cyo kwemera amahoro aho gushinja u Rwanda ibidafite ishingiro, mu gihe gishize, Perezida Tshisekedi yamamaye mu bikorwa bishinja u Rwanda ibirego bidafite ishingiro, bijyanye n’umutekano muke mu burasirazuba bwa Congo. Ariko muri iri jambo rye rishya, yagaragaje impinduka mu mvugo, aho yagaragaje amasezerano nk’intambwe ikomeye iganisha ku ituze n’iterambere, aho kuba uburyo bwo gushinja igihugu cy’u Rwanda amatakaragasi.

“Aya masezerano ni intambwe ishimishije mu gushyira akadomo ku makimbirane amaze imyaka 30 yarashenguye abatuye mu burasirazuba bw’igihugu cyacu.”

Tshisekedi yavuze ko amasezerano azana “umwuka mushya w’imikoranire”, bitandukanye n’ibihe byashize byaranzwe n’amagambo akakaye yagiye asenya umubano w’ibihugu byombi.

Tshisekedi yemeje ko inzira ya dipolomasi ariyo yonyine ishobora kugarura ituze, anashimangira ko ibiri kubera i Doha muri Qatar bijyanye n’ikibazo cya M23 bishyigikiwe n’igihugu cye.

Nubwo atavuze byinshi kuri ibyo biganiro, yavuze ko intego ari gushyira ubutegetsi bwuzuye mu maboko ya Leta, kandi ko igihugu cye kitazemera ibice bigengwa n’imitwe yitwaje intwaro.

Tshisekedi yahaye icyizere abaturage ko bazabona ubutabera, by’umwihariko abahuye n’ingaruka z’intambara mu burasirazuba, avuga ko “ababigizemo uruhare bazabiryozwa.”

Mu gihe aya masezerano arimo ibijyanye no gusenya umutwe wa FDLR, gucyura impunzi no guhagarika ubushotoranyi, Perezida Tshisekedi yaboneyeho umwanya wo kugaragaza ubwitange bw’igihugu cye mu kwinjira mu bihe bishya by’amahoro n’ubufatanye.

Na Corneille Nangaa, Umuyobozi wa AFC/M23, mu ijambo yagejeje ku banyekongo bagera kuri miliyoni 11 batuye mu turere bigenzura, yavuze ko aya masezerano ari intambwe icagase ariko itanga icyizere. Yongeye gusaba ko ibintu bivugwa bijya mu bikorwa, ashimangira ko abaturage barambiwe kubeshywa.

Inyandiko z’amasezerano zashoboraga kuba amagambo gusa, ariko uyu munsi zabaye icyizere

Aya masezerano yasinywe hagati ya RDC n’u Rwanda ku bufatanye na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Qatar n’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, yatangiye kwerekana ko hari impinduka mu mvugo no mu mitekerereze ya bamwe mu bayobozi bo muri Congo.

Perezida Tshisekedi, mu mvugo yuje icyizere, yagaragaje ko amahoro ari amahitamo, kandi ko ubufatanye aho gushyamirana aribwo buzazana umuti urambye ku bibazo bimaze imyaka myinshi mu karere k’Ibiyaga Bigari.

2025-07-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Gasabo : Bane bafunzwe bakekwaho kunyereza asaga Miliyoni 10 z’Ishyirahamwe ry’Abajyanama b’ubuzima

Gasabo : Bane bafunzwe bakekwaho kunyereza asaga Miliyoni 10 z’Ishyirahamwe ry’Abajyanama b’ubuzima

Ubwanditsi 04 Nov 2017
Dore Ingingo ku yindi Uko Perezida Paul Kagame yakoze impinduka mu bagize Guverinoma

Dore Ingingo ku yindi Uko Perezida Paul Kagame yakoze impinduka mu bagize Guverinoma

Ubwanditsi 23 Aug 2023
UGANDA: Besigye yanenze bikomeye Museveni kumwanzuro yafashe wo kugurira ibifaru abadepite mugukaza umutekano wabo.

UGANDA: Besigye yanenze bikomeye Museveni kumwanzuro yafashe wo kugurira ibifaru abadepite mugukaza umutekano wabo.

Ubwanditsi 15 Jul 2018

APR FC yanganyije na Police FC ifata umwanya wa mbere muri shampiyona y’u Rwanda by’agateganyo 

RUSHYASHYA 21 Feb 2026

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Twese Twiteguye Gutanga Ubuhamya Buzafasha Urubyiruko Kuzirikana ko Jenoside ari Icyaha Ndengakamere – Ibuka Umurenge wa Remera
Amakuru

Twese Twiteguye Gutanga Ubuhamya Buzafasha Urubyiruko Kuzirikana ko Jenoside ari Icyaha Ndengakamere – Ibuka Umurenge wa Remera

Ubwanditsi 13 Apr 2022
Urukiko rw’i Paris mu Bufaransa rwategetse ko Kabuga yoherezwa i Arusha muri Tanzania
Amakuru

Urukiko rw’i Paris mu Bufaransa rwategetse ko Kabuga yoherezwa i Arusha muri Tanzania

Ubwanditsi 30 Sep 2020
Abantu 47 bakurikiranyweho ibyaha by’ingengabitekerezo ya Jenoside muri iki cyunamo
ITOHOZA

Abantu 47 bakurikiranyweho ibyaha by’ingengabitekerezo ya Jenoside muri iki cyunamo

Ubwanditsi 12 Apr 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru