Kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 12 Ugushyingo 2025, ni bwo icyemezo cyafashwe cy’uko Rayon Sports itakiri kumwe n’umutoza Afahamia Lotfi nk’uko byatangajwe n’iyi kipe binyuze ku mbuga nkoranyambaga z’ikipe.

Gusa nubwo gutandukana byemejwe na Rayon Sports, ku ruhande rwa Lotfi haracyari ikibazo kuko bavuga ko bo batarahabwa ibyo bagombwa.
Biravugwa ko Gikundiro ishaka kumwishyura amezi abiri, nyamara we akifuza amafaranga yose y’amasezerano bitewe no kutubahiriza ibyo amasezerano ateganya.

Ibi biramutse bitagenze nk’uko uruhande rw’umutoza rubyifuza, ngo bashobora kurega iyi kipe ko yaba itarubahirije ibyo impande zombi bumvikanye.
Kugeza ubu nyuma yo gutandukana n’umutoza mukuru n’uwungirije, iyi kipe irakomeza gutozwa na Haruna Ferouz imaze igihe ayobora iyi kipe nyuka yaho bari barahagaritse aba batoza.

Mu rwego rwo gushaka umuti w’ibibazo birimo gututumba muri Rayon Sports, Muvunyi Paul, Umuyobozi w’Urwego rw’Ikirenga rw’iyi kipe, yatumije Inteko Rusange Idasanzwe izaba ku wa 22 Ugushyingo 2025 kuri Delight Hotel.
Ibi bikaba bigaragara mu ibaruwa itumira abanyamuryango yanditswe ku wa 14 Ugushyingo 2025, imenyesha ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda, FERWAFA, n’ikigo cy’igihugu cy’imiyoborere mu Rwanda, RGB.

Mbere y’uko iyi nama y’intekorusange iba, hari amakuru avuga ko Muvunyi Paul ashobora kwegura bitewe n’umwuka mubi uri hagati ye na Perezida Twagirayezu, batumvikana ku byemezo bikomeye bifatirwa ikipe, birimo no guhagarika Lotfi n’umwungiriza we Azouz.

Kugeza ubu ikipe ya Rayon Sports iri muri gahunda yo gushakisha umutoza mukuru uzaza agakomezanya n’uwungurije uhariZ
Nyuma y’umunsi wa 7 wa Shampiyona y’u Rwanda, ikipe ya Rayon Sports iri ku mwanya wa kabiri n’amanota 13.




