Bonnie Mugabe wakoraga muri FIFA, yagizwe Umunyamabanga Mukuru w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), akaba azatangira imirimo ye ku wa 1 Ukuboza 2025.
Ibi byatangajwe na Komite Nyobozi ya FERWAFA, nyuma yo gusuzuma ubunararibonye n’ubushobozi bwe mu miyoborere no mu micungire y’umupira w’amaguru, haba mu Rwanda no ku rwego mpuzamahanga.

Bonnie Mugabe yatangiriye urugendo rwe mu itangazamakuru rya siporo, mbere yo kwinjira muri FERWAFA mu nshingano zitandukanye.
Nyuma yaho, yakomeje kuzamura urwego rw’ubunyamwuga aho yabonye akazi muri nshingano zitandukanye muri muri FIFA.
FERWAFA ivuga ko ubumenyi n’ubunararibonye Mugabe yakuye muri FIFA, ndetse n’imirimo yakoze mu Rwanda, bizagira uruhare rukomeye mu kunoza imikorere n’imitangire ya serivisi, no guteza imbere iterambere rya ruhago nyarwanda.
Komite Nyobozi ya FERWAFA yamwifurije amahirwe, ishya n’ihirwe mu nshingano nshya yahawe, inamushimira ubushake bwo gukomeza gutanga umusanzu mu iterambere ry’umupira w’amaguru mu Rwanda nk’uko bigaragara mu itangazo yashyize hanze.




