• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mbere y’uko wica u Rwanda ruzakwica, Abagome Musubize amerwe mu Isaho kandi Ubutumwa bugere kuri benebwo

Mbere y’uko wica u Rwanda ruzakwica, Abagome Musubize amerwe mu Isaho kandi Ubutumwa bugere kuri benebwo

RUSHYASHYA 07 Apr 2026 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda, POLITIKI

Perezida Kagame yavuze ko ibyago bya Jenoside yakorewe Abatutsi u Rwanda rwagize, bitazasubira ukundi, avuga ko Abanyarwanda batazongera gupfa ukundi, ahubwo ko bazarwanya bivuye inyuma ko ibyo biba, kuva ku muto kugera ku mukuru.

 

Umukuru w’Igihugu yabigarutseho ubwo yatangizaga Icyumweru cy’Icyunamo n’iminsi 100 yo kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi. Ijambo rye ryaje rikurikira ubuhamya bw’uwarokotse Jenoside witwa Ngiruwonsanga Théoneste.

Ngiruwonsanga yavuze uburyo mu rugendo rwo guhunga, ku itariki 12 Mata 1994 yabonye umwe mu Batutsi bari bakoranyirijwe kuri segiteri imwe muri Cyangugu witwaga Bahati Enock, Interahamwe zamwishe zirangije ziramubaga zimukuramo umutima we zirawurya ngo ubwenge yari afite budapfa ubusa.

Ati “Abatutsi bagiye kuri iyo segiteri b’abagabo bose nta n’umwe wahavuye. Uwitwaga Bahati Enock barahamwiciye bamukuramo umutima we barawotsa barawurya ngo ubwenge yari afite budapfa ubusa.”

Nyuma yahungiye mu Kiliziya, na ho Interahamwe zikajya kuhicira abari bahahungiye, ariko nyuma babambuye intwaro babijeje ko zitazagaruka, igitero cy’interahamwe gihita kiza Kubica.

Ati “Barabishe ku buryo wasunikaga umuntu ugasanga bamuciye umutwe, ukumva akaboko kagiye mu muntu, amaraso y’abantu yarantwitse, narayanyoye kuko barankuruye bamvana muri iyo mirambo, bankuruye uruhu rw’amaguru rusigara muri iyo mirambo nk’uko umuntu akuramo isogisi”.

Perezida Kagame yavuze ko ubuhamya bwatanzwe bwose, bufite aho bushingiye, kandi ari ukuri.

Ati “Abafite uko babihakana, ngira ngo bafite akazi gakomeye kugira ngo uhindure amateka nk’ayo y’abantu n’abandi, uyagire uko ushaka. Yaba mu gihugu hano, byaba hanze cyane cyane ni ho bakunze guhindura aya mateka yacu ku mpamvu zitandukanye, bafite ibyo bazahangana na byo kugira ngo amateka nk’aya bayavuge ukundi”.

Yavuze ko ibihe bibi u Rwanda rwanyuzemo, bitazasubira na mba. Ati “Ntawe uzongera gupfa nk’uko Theoneste yabivugaga cyangwa se uko na we yapfuye. Buriya yarapfuye, kuba ariho ni nko kuzuka. Nta wakongera gupfa kuriya. Ntabwo wakwica umuntu kabiri. Ugerageje azakwica mbere y’uko umwica.”

“Bamwe bajya bashinyagura bavugira hanze, igihugu cyose cy’u Rwanda ureba, ntabwo gishobora gupfa kabiri. Mbere y’uko wakwica u Rwanda ruzakwica. Ntabwo wakwica abantu kabiri. Ntibibaho, uko utureba aha ntabwo twapfa kabiri. Ari twe bakuru, ari abana bacu, ntawe uzatwica kabiri. Ntibishoboka. Tuzabaho nk’uko abantu bakwiriye kuba babaho…byanze bikunze, ntawe twabisaba.”

Perezida Kagame yavuze ko kwibuka bifite igisobanuro gikomeye ku Rwanda, kandi ko ari uburyo bufasha igihugu kurenga amacakubiri yari agiye kugisenya burundu.

Ati “Uyu munsi udutera imbaraga twese, dukura imbaraga ku barokotse, bakomeza kubera isoko y’ubumuntu igihugu cyacu kivomaho. Ku barokotse mwese, mumenye ko mutari mwenyine. Turi kumwe igihugu cyose.”

Umukuru w’Igihugu yavuze ko ibyo u Rwanda rwagezeho, byashobotse kuko Abanyarwanda bose bashyize hamwe mu rugendo rwo kubaka igihugu. Yavuze ko ukuri kuri Jenoside yakorewe Abatutsi kwigaragaza, ko abayobozi bayigizemo uruhare bahamwe n’ibyaha mu nkiko mpuzamahanga hashingiwe ku bimenyetso simusiga.

Yavuze kandi ko Inkiko Gacaca zigaragaza uko Jenoside yakozwe, binagaragazwa n’inyandiko zanditswe muri icyo gihe zibitse amakuru yose yatanzwe muri Gacaca.

Perezida Kagame yavuze ko mu 2018, Loni yemeje ko Jenoside yakorewe Abatutsi yitwa inyito yayo nyayo, kandi ko byashyizwe mu bikorwa n’ibihugu byose usibye igihugu kimwe gusa.

Ati “N’uyu munsi turacyabona abantu bayobya abandi bashaka kugoreka ukuri. Si ikibazo cy’ubumenyi buke ahubwo birenze ibyo. Bisobanuye ko impungenge zo kongera kubona amateka mabi yisubiramo zigihari kandi zifite ishingiro mu gihe twakwigira ba ntibindeba.”

Yavuze ko inshuro nyinshi byagaragaye ko abakabaye bakumira amahano ya Jenoside, birengagiza ibimenyetso biyibanziriza. Yagaragaje ko bitangira imvugo z’urwango zirengagizwa, ibintu byagakwiriye kwamaganwa ako kanya, bikarenzwa ingohe.

Perezida Kagame yavuze ko Jenoside yakorewe Abatutsi itangira gushyirwa mu bikorwa, hari abantu bayamaganye, bigera aho bafatwa nk’abantu bakwiza ibinyoma. Yavuze ko Interahamwe zatozwaga ku mugaragaro, intwaro zinjizwa mu gihugu ku bwinshi ariko Abanyarwanda babirwanyaga baterwa ubwoba, abandi baricwa.

Ati “Mbere ya 1994, abantu bagiye bamburwa ubuzima, hagamijwe kumenyereza ko kwica bishoboka no kureba uko amahanga azabyitwaramo. Usibye bake cyane bagize ubutwari bwo kubyamagana, amahanga yaracecetse kugeze igihe byari byarenze igaruriro.”

Umukuru w’Igihugu yavuze ko kuva mu 1960 gukomeza kugera mu 1993, amajwi yose y’abantu bavugaga ku mugambi wa Jenoside, yirengagijwe.

Ati “Muri Mutarama 1994, Umugaba w’Ingabo z’Umuryango w’Abibumbye, yoherereje i New York ubutumwa bugaragaza ko Interahamwe zari ziri gukusanya intwaro no gutegura urutonde rw’Abatutsi bagombaga kwicwa.”

“Baje kumutegeka kubimenyesha leta yari irimo gutegura Jenoside, ndetse bamutegeka no kutagira ikindi abikoraho. Ikibabaje ni uko n’uyu munsi ntaho bitandukaniye n’ibyo tubona muri aka karere.”

Umukuru w’Igihugu yavuze ko Jenoside itangiye, Abatutsi bahizwe bukware ku buryo nta hantu na hamwe hari umutekano.

Perezida Kagame yatangaje ko ingabo z’u Rwanda zikomora iyi myitwarire ku rugamba rwo guhagarika Jenoside rwatangijwe na RPA Inkotanyi.

Yagize ati “Umuco n’imyitwarire biranga ingabo z’u Rwanda uyu munsi bikomoka kuri ibyo bihe bikomeye. Ni byo biyobora imyitwarire y’ingabo zacu ziri mu butumwa bw’amahoro mu mahanga kandi zagiye zibyubahirwa hose.”

Mu ntangiriro za Werurwe 2026, Leta Zunze Ubumwe za Amerika zafatiye ibihano ingabo z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi bazo, izishinja guhungabanya umutekano wo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, gusa Leta y’u Rwanda yateye utwatsi ibyo birego.

Perezida Kagame yagaragaje ko ibi bihano cyangwa ibitutsi ingabo z’u Rwanda zatukwa bidashobora gukuraho amateka meza zanditse kuva mu myaka 32 ishize kugeza zitanga umusanzu mu kugarura amahoro n’umutekano mu mahanga.

Ati “Rwose nta bihano cyangwa ibitutsi biturutse hanze bishobora guhindanya icyubahiro n’ubunyangamugayo bw’ingabo n’inzego z’umutekano z’u Rwanda kuko ziri mu zishoboye wasanga ahantu hose. Nzageza iki kibazo cy’ibihano ku rwego rwo hejuru kugira ngo numve impamvu y’aka karengane.”

Perezida Kagame yavuze ko Abanyarwanda bazi ingaruka z’ubuhezanguni bityo ko badashobora kubwihanganira, kandi ko Leta y’u Rwanda yumva neza ko ihame shingiro igomba kugenderaho ari ukurinda abasivili ko akaga kabageraho, ikaba ari yo mpamvu ishyize imbere kubarindira umutekano.

Ati “Nyuma ya Jenoside, Abanyarwanda twahisemo kwiyubakira igihugu cyacu twese hamwe, bijyana n’isezerano ryo kutazigera twemera ko politiki ya Jenoside yongera kugira aho ishinga imizi.”

Umukuru w’Igihugu yatangaje ko Jenoside idashobora kongera kuba mu Rwanda nubwo hari abafite umugambi wo kuruhungabanyiriza umutekano, bahurira mu nama i Kinshasa nk’umuhungu wa Habyarimana Juvénal n’abandi.

Ati “Mbibabwire, Jenoside ntiyakongera kuba hano nubwo twumva urusaku, abantu baza bavuye i Burayi, bahurira i Kinshasa, umuhungu wa Habyarimana bene wabo n’abandi bakajyayo. Ibyo byose ni urusaku, ntacyo byabyara cyatugiraho ingaruka nk’ibyabaye hano. Ntibyaba. Simbivuga ku giti cyanjye, ndabivuga kubera ko nzi Abanyarwanda bose, abato n’abakuru, biteguye kubivuga nk’uko mbibabwira ubu.”

Perezida Kagame yasobanuye ko mu burasirazuba bwa RDC hari umutwe w’iterabwoba wa FDLR washinzwe n’abahoze muri Leta yateguye Jenoside, ingabo zatsinzwe (Ex-FAR) n’Interahamwe, watumye u Rwanda rushyiraho ingamba z’ubwirinzi nyuma yo kugaba ibitero byambukiranya imipaka byatwaye ubuzima bw’Abanyarwanda benshi.

Ati “Umupaka wo mu burengerazuba wabonye umutekano usesuye mu myaka ya za 1990, biturutse ku bwitange bw’ingabo zacu n’imikoranire n’abaturage baho b’intwari. Kuva icyo gihe, ingamba z’ubwirinzi zacu zigamije kugira ngo ibyo bitero bitazongera kwambuka umupaka wacu. Iki si ikibazo cyagashyizwe ku Rwanda gusa kuko ibyo byaba bisa no guhemba abadutera, maze u Rwanda rugahanirwa kwirwanaho.”

Perezida Kagame yavuze ko ingengabitekerezo ikomeje gukwirakwira mu karere, kandi ko itadakumiriwe, ishobora guteza akaga gakomeye nk’ako u Rwanda rwanyuzemo mu myaka 32 ishize. Ku bavuga ko u Rwanda rukabiriza iki kibazo, yasobanuye ko ako ari agasuzuguro nk’akatumye Jenoside iba.

Ati “Ikitubeshaho u Rwanda muri iki gihe ni ubumwe bw’Abanyarwanda no kuba twemera tudashidikanya ko kimwe n’abandi bose, dufite uburenganzira bwo kubaho mu mutekano, dufite agaciro kandi tubanye mu mahoro n’abaturanyi bacu bose. Icyo dusaba abafatanyabikorwa bacu ni uko bifatanya natwe, tukarwanya ubuhezanguni, aho guhanira u Rwanda ko rwirwanaho.”

Umukuru w’Igihugu yashimangiye ko abazakomoka ku Banyarwanda bagomba kuzaragwa u Rwanda rutekanye, rwunze ubumwe kandi rushobora guhangana n’ibyagerageza kuruhungabanya, ahamya ko ari wo mwenda abakuru babafitiye.

Perezida Kagame yatangaje ko inzego z’umutekano z’u Rwanda zifite imyitwarire myiza zikomora ku mateka

Umukuru w’Igihugu yatangiye ubu butumwa mu gikorwa cyo gutangiza kwibuka ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Yagaragaje ko nta bihano bishobora gukuraho icyubahiro n’ubunyangamugayo bw’inzego z’umutekano z’u Rwanda

2026-04-07
RUSHYASHYA

IZINDI NKURU

Polisi y’u Rwanda yashyizwe ku mwanya wa kabiri muri Afurika, n’uwa 50 ku Isi mu zihagazeho

Polisi y’u Rwanda yashyizwe ku mwanya wa kabiri muri Afurika, n’uwa 50 ku Isi mu zihagazeho

Ubwanditsi 09 Nov 2017
Madamu Jeannette Kagame yakiriwe ku meza n’umufasha wa Minisitiri w’Intebe w’u Buyapani

Madamu Jeannette Kagame yakiriwe ku meza n’umufasha wa Minisitiri w’Intebe w’u Buyapani

Ubwanditsi 09 Jan 2019
Bujumbura: Nyuma y’uko bbc itahuye inzu yahindutse ibagiro ry’abantu,  Abanyamahanga  bakomeje kwicwa mu buryo bw’amayobera

Bujumbura: Nyuma y’uko bbc itahuye inzu yahindutse ibagiro ry’abantu, Abanyamahanga bakomeje kwicwa mu buryo bw’amayobera

Ubwanditsi 11 Feb 2019
Perezida Museveni  yateye utwatsi ubusabe bwa Mugenzi we Nkurunziza

Perezida Museveni yateye utwatsi ubusabe bwa Mugenzi we Nkurunziza

Ubwanditsi 27 Nov 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kirehe: Abakora umwunga w’uburaya bavuga ko bahohoterwa n’abayobozi
Mu Rwanda

Kirehe: Abakora umwunga w’uburaya bavuga ko bahohoterwa n’abayobozi

Ubwanditsi 17 Jun 2018
Jean-Luc Habyarimana mu migambi yo guhuza imitwe irwanya u Rwanda akoreshejwe na Tshisekedi
Amakuru

Jean-Luc Habyarimana mu migambi yo guhuza imitwe irwanya u Rwanda akoreshejwe na Tshisekedi

RUSHYASHYA 09 Mar 2026
Perezida Kagame yakiriye impapuro za ba ambasaderi bashya icyenda
POLITIKI

Perezida Kagame yakiriye impapuro za ba ambasaderi bashya icyenda

Ubwanditsi 06 Dec 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru