• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Twagiramungu Faustin Alias Rukokoma, yapfuye ahagaze

Twagiramungu Faustin Alias Rukokoma, yapfuye ahagaze

Ubwanditsi 10 Oct 2017 POLITIKI

Uyu munyapolitiki ushaje ari we Twagiramungu Faustin , hamaze iminsi havuzwe iby’uko yapfuye. Icyakora byaje kumenyekana ko atashizemo umwuka, kuko akibasha kuvuga. Ariko kuko uvuze ko nyirurugo yapfuye ataba ariwe umwishe, Twagiramungu hasigaye uruhara gusa naho gupfa yapfuye ahagaze.

Iyo umunyapolitiki utacyumva hari igishya avuga usibye kuvuga ngo si nenda gupfa, si nka ka gahanga ko mu bitabo bya primaire kavugaga ?

Icya mbere habanje gupfa politiki ye yita ko ari iyo mu bushorishori. Iyo y’inyoni yakinaga muri MDR yarangiye ibaye Nyoninyinshi, isenyukana nayo.

Bijya gutangira : Faustin Twagiramungu yatangirananye na Guverinoma y’Ubumwe, ari Minisitiri w’Intebe. Ku ikubitiro yakoze iwabo I bushi akuzaniye mwene wabo amugira Minisitiri w’ububanyi n’amahanga, NDAGIJIMANA. Amwongorera bucece, ati izi nyenzi zirarangaye zitere tugabane ! Aba atwaye amafaranga yo gutunganya za Ambassade z’I Burayi, ashyira ku mufuka, arigendera aramwima. Koko mwari mwumva umubyeyi woshya umwana we kwiba ? Keretse Semuhanuka wigishije umuhungu we Muhanuka , akaba ariwe aherera abeshya ko akojeje umutwe ku ijuru ! Twagiramu, ubwo ntiwapfuye bwa mbere ?

Minisiteri y’Intebe irakunanira uri umusaza, umwana muto Makuza ayimaraho imyaka ni imyaka nta makemwa ! Ubwo si ubwa kabiri ?

Uragenda ujya I Burayi ushinga amashyaka uhanganira kure, kandi usize ikibuga muri afurika ! Ugaruka gukina ngo uriyamamaza barakureka usanga n’I wanyu kwa Nyinawumwami barakwibagiwe, ucyura zero, urataha ! Ubwo ntiwapfuye bwa gatatu ?

Ugeze mu bubiligi, Assumpta arakureba asanga urahuzagulika, agusaba kutongera kumurara iruhande ! Ubwo si urupfu rwa Kane ?

Ubu ntitukikumva na gato… usibye kwibikura ngo ndacyahumeka ! Urumva uwo mwuka uwumarana kangahe ?

Urupfu rwa Twagiramungu [ Video ]

Muri Gashyantare, 2014 Faustin Twagiramungu yatumije inama yise « Kaminuza », ngo opozisiyo irebe ukuntu yakwisuganya igakorera hamwe ; mu mashyaka menshi hacitse igikuba, ndetse amwe ahita acikamo kabiri. Mu nama kaminuza hari hatumiwe amashyaka 10, ariko ayitabye inama ni : FCLR-Ubumwe, RDI- Rwanda Rwiza, UDR, PDR-Ihumure, PDP-Imanzi na FDU-Inkingi. Ayari yitabiriye iyo nama yamaze gutahura ko hari agakino k’ubucakura Twagiranungu ari kubakinaho kugira ngo bamubere ikiraro cy’inyungu ze bwite bahita bafata icyemezo cyo kwitandukanya nawe.

Ikindi cyagaragaye n’uko amashyaka yari mu nama kaminuza yashinze impuzamashyaka yiswe CPC (Coalition des partis pour le changement),yari ihuriweho na FCLR-Ubumwe, RDI -Rwanda Rwiza na UDR. andi mashyaka yanga kwifatanya nayo kubera ko yari amaze gutahura ko yari yagizwe ikiraro cy’inyungu za Twagiramungu.

Abasesengura ibya opozisiyo ikorera hanze barahamya ko impamvu aya mashyaka yitandukanyije na Twagiramungu harimo ikibazo cy’uko uyu musaza ashaka kubagira ikiraro cyo kuririraho kugira abone uko asahura amabuye ya RD Congo afatanyije na FDLR bakajya kuyacururiza muri Tanzaniya bafatanyije na Jakaya Kikwete wayoboye Tanzaniya.

Ikindi bavuga kuri Twagiramungu ni ikibazo cy’ivangura kiri muri we. Aba basesenguzi bavuga ko Twagiramungu Faustin afite ibitekerezo bisa nk’ibya aba Nazi bavugaga ko nta bundi bwoko bukwiye kubaho uretse Abadage.

Ibi byatumye abanazi birara mu yandi moko cyane cyane abayahudi maze barayatsemba ari naho havuye jenoside yakorewe abayahudi yahitanye abagera kuri miliyoni hafi 9 mu gihe cy’imyaka 6 gusa. Twagiramungu nawe afite ibitekerezo bya giparmehutu bivuga ko nta bundi bwoko bukwiye kubaho uretse ubwo we yemera.

Nguwo Twagiramungu mu myigaragambyo

Iyi ni imwe mu mpamvu yatumye amashyaka yifatanyije nawe yitandukanya nawe n’ubwo nayo nta shingiro na rito bafite ryo gukora opozisiyo uretse kugira ngo bakomeze kwibonera ubuhungiro no gukomeza kwifashirizwa na HCR ibaha inkunga y’ibiryo.

Ubwanditsi

2017-10-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Kagame ari muri Afurika y’Epfo, aho yitabiriye inama ya 10 y’Umuryango w’ibihugu biri kwihuta mu iterambere ry’ubukungu uzwi nka “BRICS”

Perezida Kagame ari muri Afurika y’Epfo, aho yitabiriye inama ya 10 y’Umuryango w’ibihugu biri kwihuta mu iterambere ry’ubukungu uzwi nka “BRICS”

Ubwanditsi 27 Jul 2018
Uganda: Perezida Museveni yohereje abashinzwe ibya gisirikare bashya mu Burundi na Afurika y’Epfo

Uganda: Perezida Museveni yohereje abashinzwe ibya gisirikare bashya mu Burundi na Afurika y’Epfo

Ubwanditsi 22 Dec 2018
Perezida Kagame yasobanuye izingiro ry’ibibazo by’u Burundi

Perezida Kagame yasobanuye izingiro ry’ibibazo by’u Burundi

Ubwanditsi 05 Apr 2016
Perezida Kagame yakiriye Ellen DeGeneres wamamaye mu biganiro bya televiziyo muri Amerika

Perezida Kagame yakiriye Ellen DeGeneres wamamaye mu biganiro bya televiziyo muri Amerika

Ubwanditsi 29 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

AS Kigali yakuyemo Orapa United bituma ikomeza mu majonjora ya kabiri ya CAF Confederation Cup
Amakuru

AS Kigali yakuyemo Orapa United bituma ikomeza mu majonjora ya kabiri ya CAF Confederation Cup

Ubwanditsi 07 Dec 2020
Polisi y’u Rwanda yasabye abatuye muri Huye kudahishira ihohoterwa ryo mu ngo
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda yasabye abatuye muri Huye kudahishira ihohoterwa ryo mu ngo

Ubwanditsi 13 May 2016
Uwahoze ari Meya wa Rutsiro yatawe muri yombi
Mu Mahanga

Uwahoze ari Meya wa Rutsiro yatawe muri yombi

Ubwanditsi 03 Mar 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru