• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Batatu bafunzwe bakurikiranyweho kubona icyemezo cy’igenzura ry’imodoka mu buriganya

Batatu bafunzwe bakurikiranyweho kubona icyemezo cy’igenzura ry’imodoka mu buriganya

Editorial 29 Sep 2016 Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda yafashe abashoferi b’imodoka ebyiri n’umukanishi bakurikiranyweho guhindagura ibyuma by’imodoka zabo bagamije kubona icyemezo cy’igenzura ry’ubuziranenge bw’imodoka zabo mu buriganya.

Abakekwa ni Claudien Nsabimana , Dismas Ndisanze bombi b’abashoferi na Eric Mwumvaneza w’umukanishi, bose ejo beretswe itangazamakuru, ku kigo kigenzura ubuziranenge bw’ibinyabiziga cyiri i Remera.

Ababashoferi babiri bakurikiranyweho gutira no gukodesha ibyuma by’imodoka mbere yo kuzana imodoka zabo mu isuzuma , bakabikuramo nyuma yo kubona icyemezo cy’igenzura.

Nsabimana na Ndisanze bombi batwara za Fuso , mbere zikaba zaratwarirwaga ibumoso ubu zikaba zihinduye zitwarirwa iburyo ari nako mu Rwanda bimeze.

Polisi itangaza ko izo modoka zahinduwe ubundi zigira icyuma kiba kitujuje ubuziranenge.Aba bashoferi rero bakaba bari barabimenye ariko bagikuramo maze batira icyemewe kugirango bakoreshe igenzura nta kibazo, nyuma ngo bazasubizemo cya cyindi kitemewe.

Icyo cyuma kitwa “drag link” kiboneka mu modoka nini n’izitwara abantu benshi kikaba gihuza icyuma cyongera umuvuduko n’icyo umushoferi afata ayoboye ikinyabiziga.

Nk’uko Mwumvaneza abitangaza, ngo umukanishi yafashwe ahindura kiriya cyuma aho agira ati:” Ibi bikorwa n’abashoferi bose ba Fuso batugana badusaba kubahindurira kiriya cyuma ngo bibonere icyemezo cy’igenzura ariko nkaba ngira inama bagenzi banjye kureka ibyo bikorwa kuko byabateza ibibazo.”

Nsabimana, umushoferi wa Fuso RAC 471 I yemera ko yari azi ko ibyo yakoraga binyuranyije n’amategeko y’ibisabwa ngo umuntu abone icyemezo cy’igenzura ubwo yagiraga ati:”Ndahamagarira bagenzi banjye kubireka kubera ko ibivamo atari byiza na mba.”

Avuga kuri aba bafashwe, umuvugizi wa Polisi ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda, Chief Inspector of Police(CIP) Emmanuel Kabanda , yavuze ko abaturage batanze amakuru ko hari abatira cƴangwa bagakodesha ibyuma kugira ngo bibonere icyemezo cy’igenzura hakaba hariho ibikorwa byo kurwanya imigirire imeze ityo.

CIP Kabanda yagize ati:”Ukora ibi bintu wese agomba kumenya ko ari icyaha, Imodoka nyinshi zifite ibi bibazo ni nazo zikunze kugira impanuka ,ibi bikaba bikomoka ku mikorere nk’iyi inagira ingaruka ku buzima bw’abantu.”

Yakomeje avuga ko Polisi yatangiye gukurikiranira hafi imodoka zikekwaho guhindura ibyuma ngo zibonere icyemezo cy’igenzura.

Aba bafashwe bashobora kuzakatirwa igifungo cyagera ku myaka 7 n’ihazabu ya miliyoni 3 nk’uko biteganywa n’ingingo ya 612 y’igitabo cy’amategeko ahana , kandi CIP Kabanda atangaza ko hari ibindi bihano bateganyirijwe birimo gufatira imodoka kugeza igihe urubanza rwabo ruzarangirira.

-4196.jpg

Aha yagize ati:” Twamaze kubambura icyemezo cyabo cy’igenzura kandi turimo gukorana n’ikigo cy’igihugu kigenzura ubuziranenge RURA ngo banamburwe icyangombwa cy’ubwikorezi. Ibyo ni ibihano biremereye ariko byakwirindwa umuntu akoze icyo amategeko asaba.”

RNP

2016-09-29
Editorial

IZINDI NKURU

Urubanza rw’amateka mu Bufaransa: Umugome Charles Onana wamamaye mu guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi ashyikirijwe ubutabera.

Urubanza rw’amateka mu Bufaransa: Umugome Charles Onana wamamaye mu guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi ashyikirijwe ubutabera.

Editorial 13 Sep 2024
GICUMBI: Umusore ucyekwaho kwica nyina yafashwe

GICUMBI: Umusore ucyekwaho kwica nyina yafashwe

Editorial 12 Aug 2016
Brazil yageze ku mukino wa nyuma wa Copa America 2020, itegereje ko Argentina cyangwa Colombia yayisangayo

Brazil yageze ku mukino wa nyuma wa Copa America 2020, itegereje ko Argentina cyangwa Colombia yayisangayo

Editorial 06 Jul 2021
Sana Maboneza wari Umujyanama wa mbere muri Ambasade y’u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye (UN) yashyinguwe

Sana Maboneza wari Umujyanama wa mbere muri Ambasade y’u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye (UN) yashyinguwe

Editorial 17 Dec 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Inzego z’umutekano zabashize kurokora umukerarugendo w’Umunyamerika wari washimuswe
Mu Mahanga

Uganda: Inzego z’umutekano zabashize kurokora umukerarugendo w’Umunyamerika wari washimuswe

Editorial 08 Apr 2019
Uganda : Hari abadepite badakozwa ibyo kwiyamamaza kwa Perezida Museveni mu 2021
POLITIKI

Uganda : Hari abadepite badakozwa ibyo kwiyamamaza kwa Perezida Museveni mu 2021

Editorial 25 Feb 2019
Hahishuwe Impamvu yisezererwa rya IGP Kale Kayihura
INKURU NYAMUKURU

Hahishuwe Impamvu yisezererwa rya IGP Kale Kayihura

Editorial 05 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru