• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Habura iminsi 3 ngo shampiyona irangire, Al Hilal yegukanye igikombe cy’icyubahiro cya BK Pro League 2025-2026   |   13 May 2026

  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Bidasubirwaho, u Rwanda rwabonye tike ya CHAN 2018

Bidasubirwaho, u Rwanda rwabonye tike ya CHAN 2018

Ubwanditsi 13 Nov 2017 IMIKINO

Amahirwe ya kabiri u Rwanda rwabonye yo gushaka itike yo kuzitabira imikino ya CHAN 2018 izabera muri Maroc, rwayakoresheje neza rusezerera Ethiopia ku bitego bitatu kuri bibiri mu mikino yombi.

Kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo kuri iki Cyumweru, Amavubi yakiniraga imbere y’abafana bayo yanganyije na Ethiopia ubusa ku busa ariko yari yabonye amahirwe menshi yo gutsinda ariko ntibyayahira.

Umutoza Antoine Hey utari ufite Visi kapiteni Djihad Bizimana wahagaritswe kubera amakarita y’imihondo, yari yahaye umwanya Niyonzima Olivier wa Rayon Sports naho rutahizamu wa APR FC, Nshuti Innocent utarigaragaje mu mukino ubanza asimburwa na Mico Justin wa Police FC.

Mico yari yitezweho gushakira Amavubi igitego cyo mu rugo afatanyije ku busatirizi na Biramahire Abeddy basanzwe bakinana ariko ntibyabahiriye kuko nko ku munota wa 30 yakabaye yafunguye amazamu ku ishoti rikomeye yateye umunyezamu Jemal Tasew akoraho ujya hanze.

Mbere yo kujya kuruhuka, Mico yongeye kugerageza irindi shoti asa n’utunguye umunyezamu ariko ba myugariro be babyitwaramo neza. Igice cya mbere cyarangiye umunyezamu w’Amavubi nta kazi kanini abonye kuko Ethiopia nubwo yahererekanyaga neza hagati mu kibuga ariko ikabashaka kugera kuri Bakame.

Mu gice cya kabiri iyi kipe yari imaze kubona ko amahirwe yo kubona itike ya CHAN 2018 ariho ayica mu myanya y’intoki, yahinduye imikinire noneho igahererekanya ariko ishaka no kugera ku izamu ry’Amavubi ndetse ku munota wa 48 Getaneh Kebede yashatse gucika Niyonzima Olivier Sefu amugusha hasi batanga coup franc itagize icyo ibyara.

Ibi byatumye Umutoza w’Amavubi akora impinduka ku munota wa 53 yinjiza Muhadjiri Hakizimana asimbuye Manishimwe Djabel, wari wakinnye neza ariko imbaraga zatangiye kumushirana.

Muhadjili wanatsinze igitego mu mukino ubanza wabereye muri Ethiopia mu cyumweru gishize, yinjiye ashimisha abafana mu macenga ye yihariye no gutanga imipira atarebayo nubwo nta gitego cyabyaye ariko abafana babyishimiraga ahanini kuko u Rwanda ari narwo rwari rufite impamba rwizigamiye.

Iyi mpamba y’ibitego 3-2 byabonetse mu mukino ubanza ni nayo yafashije Antoine Hey n’ikipe ayoboye guhesha igihugu cyose ibyishimo byo kongera kwitabira irushanwa ry’igikombe cya Afurika cy’abakinama imbere mu bihugu byabo, CHAN 2018 kizabera muri Maroc.

Iri rushanwa riheruka u Rwanda rwari rwaryitabiriye ariko rutabonye itike ahubwo nk’igihugu cyakiriye kuko ryabereye i Kigali, rwaviriyemo muri ¼ rusezerewe na Congo Kinshasa ari nayo yaje kwegukana igikombe.

Abakinnyi babanjemo ku mpande zombi

Amavubi

Nimero 1 Ndayishimiye Eric

5 Kayumba Soter

17 Manzi Thierry

15 Usengimana Faustin

20 Rutanga Eric

14 Iradukunda Eric

21. Niyonzima Olivier

6 Mukunzi Yannick

2 Manishimwe Djabel

7 Biramahire Abeddy

12 Mico Justin

Ethiopa

12 Jemal Tasew (G)

9 Getaneh Kebede (C)

19 Dawa Hotessa

15 Aschalew Tamene

5 Saladhin Bargicho

17 Henok Adugna

16 Mulualem Mesfen

3 Mesud Mohammed

8 Samson Tilahun

13 Abubeker Sani

2017-11-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Imyiteguro yo kwakira CHAN irarimbanije kuri stade Amahoro

Imyiteguro yo kwakira CHAN irarimbanije kuri stade Amahoro

Ubwanditsi 13 Jan 2016
Rayon Sports yakiranywe urugwiro n’abanyarwanda benshi batuye i Maputo-Amafoto

Rayon Sports yakiranywe urugwiro n’abanyarwanda benshi batuye i Maputo-Amafoto

Ubwanditsi 16 Apr 2018
Rayon Sport ikomeje kuyobora urutonde rwa shampiyona nyuma yo kunganya na APR RC 0-0

Rayon Sport ikomeje kuyobora urutonde rwa shampiyona nyuma yo kunganya na APR RC 0-0

Ubwanditsi 09 Mar 2025
Kuri uyu wa gatandatu mu mukino wa gishuti, ikipe ya APR FC irakira Kiyovu SC.

Kuri uyu wa gatandatu mu mukino wa gishuti, ikipe ya APR FC irakira Kiyovu SC.

Ubwanditsi 04 Jun 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Bayarya yabagoye, kuko guhora uhimbira Perezida Kagame ibirego ari umuzigo ubavuna cyane.
Amakuru

Bayarya yabagoye, kuko guhora uhimbira Perezida Kagame ibirego ari umuzigo ubavuna cyane.

Ubwanditsi 13 Apr 2023
Isomo  kuri bashiki bacu bakiri bato . Nabamaze gukura!
HIRYA NO HINO

Isomo kuri bashiki bacu bakiri bato . Nabamaze gukura!

Ubwanditsi 11 May 2017
U Bubiligi bugiye gutora itegeko rihana icyaha cyo gupfobya no guhakana Jenoside.
POLITIKI

U Bubiligi bugiye gutora itegeko rihana icyaha cyo gupfobya no guhakana Jenoside.

Ubwanditsi 08 Apr 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru