• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Shema Ngoga Fabrice uyobora FERWAFA, yashyizwe mu kanama ka FIFA gashinzwe kurwanya irondaruhu n’ivangura   |   08 Oct 2025

  • Nyuma y’imyaka 8 akinira APR WVC, Dusabe Flavia yerekeje muri Police Women Volleyball Club   |   05 Oct 2025

  • Imanishimwe Emmanuel “Mangwende” ukinira AEL Limasol muri Cyprus yongewe mu bakinnyi b’Amavubi bitegura Benin na SouthAfrica   |   04 Oct 2025

  • Police FC yatsinze Rayon Sports mu mukino w’ikirarane, Gikundiro yuzuza imikino 3 idatsinda   |   02 Oct 2025

  • REG BBC na Tigers BBC zageze ku mukino wa nyuma wa Rwanda Cup zisezereye APR BBC na Kepler BBC   |   02 Oct 2025

  • FERWAFA yatangaje urutonde rw’abaninnyi b’Amavubi bitegura gukina na Benin na Afurika y’Epfo hashakwa itike y’igikombe cy’Isi 2026   |   01 Oct 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Bizimungu yanditse ibaruwa isezera yamenye ko Inteko yamukuyeho icyizere, yari yizeye Kayumba Nyamwasa nk’umucunguzi
Bizimungu Pasteur na Kayumba Nyamwasa

Bizimungu yanditse ibaruwa isezera yamenye ko Inteko yamukuyeho icyizere, yari yizeye Kayumba Nyamwasa nk’umucunguzi

Editorial 17 Apr 2020 INKURU NYAMUKURU

Tariki ya 17 Mata 2000, abagize Inteko Ishinga Amategeko na Guverinoma batoye Perezida Kagame kuyobora igihugu ku bwiganze bw’amajwi 81/86 naho Dr Charles Muligande abona amajwi 5/86. Aya matora yabaye nyuma yuko uwari Perezida Bizimungu Pasteur akuriweho icyizere n’Inteko ishinga amategeko kubera ibyaha binyuranye harimo ruswa gusuzugura Guverinoma n’ibindi.

Ubwo Inteko ishinga amategeko yarahizaga Bernard Makuza nka Minisitiri w’intebe asimbuye Petero Celesitini Rwigema tariki ya 8 Werurwe 2000, Perezida Bizimungu yagaragaje imyitwarire idasanzwe ubwo yatukaga Inteko Ishinga Amategeko, noneho atumizwa tariki ya 22 Werurwe 2000 ngo yisobanure ariko abadepite bo muri RPF Inkotanyi bamukuyeho icyizere, kandi bari bafite ubwiganze bw’amajwi; hagiye  gutorwa umwanzuro wo kumukuraho icyizere, abadepite bakira ibaruwa ngufi ko Perezida Bizimungu yeguye ku mpamvu ze bwite. Tariki ya 25 Werurwe 2000, Urukiko rw’ikirenga rwemeje ko Paul Kagame wari Visi Perezida aba abaye Perezida w’agateganyo nuko atorwa ku mugaragaro tariki ya 17 Mata 2000 ngo arangize Manda y’inzibacyuho yagombaga kurangira muri 2003.

Bizimungu Pasteur yabaye Perezida atanzwe n’Umuryango wa FPR Inkotanyi, ariko guhera mu mwaka wa 1998 yagaragaje imyitwarire igayitse atera umugongo FPR atangira kubaka akazu ke bwite arwanyako abaminisitiri babazwa ibyo bakora (accountability) agamije kubiyegereza no kubiba amacakubiri. Umuryango wakomeje kumurwazarwaza ariko birangira umukuyeho icyizere. Ibi byose yabikoraga abishyigikiwemo na Kayumba Nyamwasa wari umukuru w’Ingabo icyo gihe.

Mu nama zinyuranye Bizimungu yateguraga zaberaga iwe I Gikondo, Kayumba Nyamwasa yarazitabiraga ndetse nizaberaga kwa Charles Ntakirutinka aho yari atuye mu Cyahafi. Amaze kuva ku mwanya wa Perezida, Bizimungu ntiyicaye hamwe ahubwo yazamuye imbaraga zo kubaka ishyaka rishingiye ku bwoko aryita PDR Ubuyanja. Pasteur yagiranye ikiganiro na Jeune Afrique mu mwaka wa 2004 avugako abahutu bazongera bakirukankana Abatutsi.  Aya magambo rutwitsi ari mu byatumye Bizimungu afatwa arafungwa nyuma arekurwa ku mbabazi za Perezida Kagame akanamushimira mu mwaka wa 2007.

Ibi byose Bizimungu yabikoraga, Kayumba Nyamwasa abireberera amushyigikiye kuko yaraziko ariyo nzira azifashisha akagera ku butegetsi dore ko ibyo Bizimungu yaregwaga bari babisangiye.  Kayumba Nyamwasa amaze kubona umugambi umupfubanye ninabwo yishakiye Bourse ajya kwiga mu Bwongereza ngo azagaruke ari umwami. Byaranze urugendo rumubana rurerure kugeza ahunze agashinga RNC afatanyije n’abandi bahunze kubera amakosa yabo. Imyaka 10 amaze ashinze iryo shyaka, ibyagezweho ni ugushwana hagati yabo kuko ntawaritangije ukirimo ahubwo abayoboke be bamuvuguruza arabicisha aha twavuga nka Ben Rutabana n’abandi.

Urugendo rwa RNC mu myaka 10 ishize, rugizwe n’ibitero by’iterabwoba, gushinga imitwe yitwaje intwaro, gutikurana, ubwicanyi mu bagize RNC n’ibindi, bishingiye kuri Kayumba Nyamwasa ubwe bikaba binagaragaza kamere ye;  akaba arinabyo yashakaga gukoresha ashaka ubutegetsi mu nzira yihuse mu Rwanda. Muri iki gihe ushaka kumenya neza Kayumba Nyamwasa wamubaza abahoze muri RNC aribo Jean Paul Turayishimye, Madamu Karegeya, Rudasingwa, Gahima, Musonera, Ngarambe…..urutonde ni rurerure.

2020-04-17
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida Paul Kagame ari hamwe na Perezida wa UCI, David Lappartient, batangije Tour du Rwanda 2025, umunsi wa mbere wegukanywe na Aldo Taillieu

Perezida Paul Kagame ari hamwe na Perezida wa UCI, David Lappartient, batangije Tour du Rwanda 2025, umunsi wa mbere wegukanywe na Aldo Taillieu

Editorial 23 Feb 2025
Ibinyoma Kongo ihimbira u Rwanda ntibishingiye ku rwango gusa, binafitanye isano n’ubuswa.

Ibinyoma Kongo ihimbira u Rwanda ntibishingiye ku rwango gusa, binafitanye isano n’ubuswa.

Editorial 20 Jul 2023
Interahamwe n’abambari bazo basomye buhumyi amabaruwa yanditswe n’Amerika n’u Bwongereza

Interahamwe n’abambari bazo basomye buhumyi amabaruwa yanditswe n’Amerika n’u Bwongereza

Editorial 26 May 2020
Bazeye na Abega basaba kujyanwa i Mutobo

Bazeye na Abega basaba kujyanwa i Mutobo

Editorial 08 Apr 2019
Perezida Paul Kagame ari hamwe na Perezida wa UCI, David Lappartient, batangije Tour du Rwanda 2025, umunsi wa mbere wegukanywe na Aldo Taillieu

Perezida Paul Kagame ari hamwe na Perezida wa UCI, David Lappartient, batangije Tour du Rwanda 2025, umunsi wa mbere wegukanywe na Aldo Taillieu

Editorial 23 Feb 2025
Ibinyoma Kongo ihimbira u Rwanda ntibishingiye ku rwango gusa, binafitanye isano n’ubuswa.

Ibinyoma Kongo ihimbira u Rwanda ntibishingiye ku rwango gusa, binafitanye isano n’ubuswa.

Editorial 20 Jul 2023
Interahamwe n’abambari bazo basomye buhumyi amabaruwa yanditswe n’Amerika n’u Bwongereza

Interahamwe n’abambari bazo basomye buhumyi amabaruwa yanditswe n’Amerika n’u Bwongereza

Editorial 26 May 2020
Bazeye na Abega basaba kujyanwa i Mutobo

Bazeye na Abega basaba kujyanwa i Mutobo

Editorial 08 Apr 2019
Perezida Paul Kagame ari hamwe na Perezida wa UCI, David Lappartient, batangije Tour du Rwanda 2025, umunsi wa mbere wegukanywe na Aldo Taillieu

Perezida Paul Kagame ari hamwe na Perezida wa UCI, David Lappartient, batangije Tour du Rwanda 2025, umunsi wa mbere wegukanywe na Aldo Taillieu

Editorial 23 Feb 2025
Ibinyoma Kongo ihimbira u Rwanda ntibishingiye ku rwango gusa, binafitanye isano n’ubuswa.

Ibinyoma Kongo ihimbira u Rwanda ntibishingiye ku rwango gusa, binafitanye isano n’ubuswa.

Editorial 20 Jul 2023
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibitaravuzwe ku ndunduro y’ubutegetsi bwa Perezida Mugabe
POLITIKI

Ibitaravuzwe ku ndunduro y’ubutegetsi bwa Perezida Mugabe

Editorial 29 Nov 2017
Ishyaka ANC ryahaye Perezida Zuma amasaha 48 yo kwegura ku butegetsi
INKURU NYAMUKURU

Ishyaka ANC ryahaye Perezida Zuma amasaha 48 yo kwegura ku butegetsi

Editorial 13 Feb 2018
Bayern Munich yandagarije Tottenham iwayo, Real Madrid ikomeza gutungurwa
IMIKINO

Bayern Munich yandagarije Tottenham iwayo, Real Madrid ikomeza gutungurwa

Editorial 02 Oct 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru