• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Burundi: Komanda wa Polisi ku musozi wa Kivumu yishwe arashwe n’abasirikare nyuma yo gukozanyaho

Burundi: Komanda wa Polisi ku musozi wa Kivumu yishwe arashwe n’abasirikare nyuma yo gukozanyaho

Editorial 07 Sep 2018 Mu Mahanga

Komanda w’ibirindiro bya polisi ku Musozi wa Kivumu, Komini Mugamba, Intara ya Bururi mu gihugu cy’u Burundi, yishwe arashwe n’abasirikare mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu ushize, itariki 05 Nzeri 2018. BPC1 Hakizimana Raymond akaba yahitanywe n’amasasu yumvikanye muri iyi komini nka saa tatu n’igice z’ijoro (21h30).

Amakuru aturuka muri Komini Mugamba avuga ko intangiriro ya byose ari abasirikare bagiye muri kamwe mu tubari two muri iyi komini , babwira abari bakarimo ko babonye abantu bitwaje intwaro muri ako kabari. bahise babasaka, ubwo bari barimo kubasaka, bamwe mu baturage baturiye ako kabari batabaza polisi bavuga ko batewe n’abantu bitwaje intwaro.

Mu kuhagera nk’uko iyi nkuru dukesha urubuga Ubmnews ikomeza ivuga, aba bapolisi ngo bakirijwe amasasu habaho kurasana akanya gato, ariko umukuru w’ibirindiro bya polisi, BPC1 Hakizimana Raymond araraswa ahasiga ubuzima. Undi mupolisi, APC Barikore Gaspard nawe yakomerekejwe ku kuguru.

Umuyobozi w’igipolisi mu Ntara ya Bururi ndetse n’umukuru w’igipolisi cy’igihugu kuri uyu wa Kane bazindukiye ahabereye iyo mirwano y’akanya gato hagati ya polisi n’igisirikare, ngo bamenye uko byagenze n’icyatumye abasirikare barasa abapolisi.

2018-09-07
Editorial

IZINDI NKURU

Polisi y’u Rwanda yasabye abatuye muri Ngororero kwirinda ingengabitekerezo ya Jenoside

Polisi y’u Rwanda yasabye abatuye muri Ngororero kwirinda ingengabitekerezo ya Jenoside

Editorial 12 Apr 2016
Ubukangurambaga bwo kurwanya ihohoterwa rikorerwa abana bwakorewe mu mirenge y’akarere ka Burera

Ubukangurambaga bwo kurwanya ihohoterwa rikorerwa abana bwakorewe mu mirenge y’akarere ka Burera

Editorial 19 Apr 2016
Baragosorera mu rucaca, Rusesabagina ngo arashaka gufunguza Ingabire Victoire

Baragosorera mu rucaca, Rusesabagina ngo arashaka gufunguza Ingabire Victoire

Editorial 08 Sep 2025
Gutumiza abanyereje amafaranga ya Leta bimaze kuba indirimbo irambiranye- Transparency Rwanda

Gutumiza abanyereje amafaranga ya Leta bimaze kuba indirimbo irambiranye- Transparency Rwanda

Editorial 06 Oct 2016

Igitekerezo kimwe

  1. Ntareyekanwa
    September 9, 201811:15 am -

    Aha nta byacitse ihari.

    IBI BIKUNZE KUBA MU BIHUGU BYOSE BYO MURI AFRICA KUBERA UGUPINGANA HAGATI YA POLICE NDETSE N’IGISIRIKARI AHO USANGA ABASIRIKARI BITA ABAPOLICE ABASIVILE, CG SE UGASANGA UNITIES ZINDI ZO MU GISIRIKARI ZISANZWE ZIKUNZE GUHURA N’URWEGO RUSHINZWE IKINYABUPFURA MU GISIRIKARI( MILITARY POLICE) NABO BAKARASANA KUBERA URWANGO BABA BAFITANYE HAGATI YABO.

    I Burundi ndabona nta byacitse ihari

    Subiza

Leave a Reply to Ntareyekanwa Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame asanga uburyo Arsenal yitwara bikwiye guhinduka
IMIKINO

Perezida Kagame asanga uburyo Arsenal yitwara bikwiye guhinduka

Editorial 10 Feb 2020
New York: Perezida Kagame yaganiriye n’Umunyamabanga Mukuru wa Loni
POLITIKI

New York: Perezida Kagame yaganiriye n’Umunyamabanga Mukuru wa Loni

Editorial 12 Apr 2019
Nairobi : Kenyatta na Odinga bahuye bumvikana ko bagiye kurangiza ibitanya Abanyakenya
POLITIKI

Nairobi : Kenyatta na Odinga bahuye bumvikana ko bagiye kurangiza ibitanya Abanyakenya

Editorial 09 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru