• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • APR BBC yabaye ikipe ya mbere mu Rwanda igeze ku mwanya wa Gatatu mu irushanwa rya Basketball Africa League (BAL)   |   13 Jun 2025

  • Ububirigi, ibere ritindi ryonsa imitwe yo guhungabanya umutekano w’u Rwanda     |   12 Jun 2025

  • Burundi: Ntagitunguranye CNDD-FDD yihaye imyanya yose mu matora atarimo abo bari bahanganye   |   12 Jun 2025

  • Wisunga umugabo mbwa mugakubitirwa hamwe, bizwi na Frank Ntwali nyuma yo kwisunga Kayumba Nyamwasa   |   11 Jun 2025

  • Ipfundo ry’urwango rutera abanyaburayi gusebya u Rwanda mu bitangazamakuru   |   11 Jun 2025

  • Minisitiri w’Intebe Dr. Ngirente yakiriye Itsinda ry’abaturutse mu ikipe ya Benfica yo muri Portugal   |   10 Jun 2025

 
You are at :Home»INKURU ZAKUNZWE CYANE»Burundi: Umuyobozi ukomeye mu Ishyaka CNDD-FDD yahishuye umugambi wacuzwe wo kwikiza ‘abakeba’

Burundi: Umuyobozi ukomeye mu Ishyaka CNDD-FDD yahishuye umugambi wacuzwe wo kwikiza ‘abakeba’

Editorial 30 Apr 2018 INKURU ZAKUNZWE CYANE

Umwe mu bantu bakomeye mu Ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi yavuze ko umuntu uzumvikana yigisha ibitandukanye n’ibyo igihugu gishaka azoherezwa muri Tanganyika, imvugo yafashwe nk’ica amarenga y’ubwicanyi bwateguwe bijyanye na kamarampaka iri gutegurwa muri icyo gihugu.

Amashusho yashyizwe ku mbuga nkoranyambaga yerekana umwe mu bakomeye mu Ishyaka riyoboye u Burundi, Melchiade Nzopfabarushe, ari mu Migera mu Ntara ya Ngozi, akoresha amagambo akomeye yatumye bamwe bayasanisha no kuburira abateganya kwitambika ivugururwa ry’itegeko nshinga.

Ni amatora byitezwe ko azaba ku itariki ya 17 Gicurasi 2018, ashobora gusiga Pierre Nkurunziza yemerewe gukomeza kuyobora u Burundi kugeza mu 2034. Biheruka gutangazwa ko ishyaka riri ku butegetsi ryafashe umwanzuro ko kizira kikanaziririzwa gukangurira abantu gutora ‘Oya’.

Nzopfabarushe yumvikana agira ati “Umuntu w’umukeba hano mu Migera uzigisha ibitandukanye n’ibyo igihugu cyifuza, twebwe ntituri kumwe! Turamukarabye. Sibyo? [Abaturage barikiriza bati ‘Yego’] Turamukarabye, abe agenda.”

Yaburiye abo yitaga ‘abakeba’ ko CNDD-FDD yakoresheje ubwato, ati “tuzabushyira muri Karonge tumanurire muri Tanganyika bigire iyo bashaka. [Amashyi menshi]. Sibyo? Abashaka kujya mu bwato, tuzabubaha. Na kare amafi yari yabuze hano iwacu, muri aya mazi yacu, tuzabashyiramo bigire muri Congo n’amaguru. Ubwo ni ubutumwa.”

Icyatumye ibintu bigira uburemere kurushaho, ni uko Nzopfabarushe yavuze ko ari umugambi wateguwe mu gihugu hose na buri komini ati “kandi uhagarikiwe n’ingwe aravoma. Aha ishyaka CNDD FDD rirubatse neza, mwabonye uko byagenze.”

Itangazo ryasohowe n’ubuyobozi bw’Ishyaka CNDDFDD, bwavuze ko “ryatunguwe no kumva amagambo yatangajwe ko ari aya Melchiade Nzopfabarushe, ashobora guhungabanya ubumwe n’imibanire y’Abarundi,” cyane ko ngo binyuranye n’ibitekerezo ishyaka rigenderaho.

Ryakomeje rigira riti “Ishyaka rirasaba Abarwanashyaka baryo kurangwa n’ubworoherane muri poliitiki, rikanasaba inzego z’ubutabera gukurikirana iki kibazo.”

Umuvunyi Mukuru, Nduwimana Edouard, nawe yamaganye izo mvugo yise ko zihembera urwango, mu gihe abaturage bitegura kwinjira muri kamarampaka.

Yagize ati “Urwego rw’Umuvunyi ruramagana imvugo z’umurwanashyaka wa CNDD-FDD, Melchiade, zitandukanye cyane n’umurongo ishyaka rigenderaho, zigamije guhembera urwango mbere ya #Referendum2018. Ukudahuza ibitekerezo birubaka bikanongerera imbaraga demokarasi.”

Biteganywa ko amashyaka 26 n’imiryango yigenga bizagira uruhare mu bikorwa byo kwiyamamaza bizatangira ku wa 1 Gicurasi.

Byitezwe ko Perezida Nkurunziza azakomeza kuyobora u Burundi, mu gihe manda yatorewe mu 2015 nayo yateje ibibazo, ku buryo imyigaragambyo y’abatarayemeraga, banagerageje kumuhirika ku butegetsi bigapfuba, yarangiye abaturage amagana bishwe naho abasaga 400,000 bakagana iy’ubuhungiro.

Melchiade Nzopfabarushe yavuze amagambo yatumye bamwe bayasanisha no kuburira abateganya kwitambika ivugururwa ry’itegeko nshinga mu Burundi

Perezida Nkurunziza Pierre n’abandu bayobozi bakuru b’Ishyaka CNDD-FDD riyoboye u Burundi

Umuvunyi Mukuru, Nduwimana Edouard, yamaganye imvugo yise ko zihembera urwango mu gihe abaturage bitegura kwinjira muri kamarampaka

2018-04-30
Editorial

IZINDI NKURU

Uko Gén. Prime Niyongabo, Agemura Ibiryo, Intwaro N’ibikoresho, N’uko Atanga Imiti Mu Nkambi Y’imyitozo Igamije Gutera U Rwanda.

Uko Gén. Prime Niyongabo, Agemura Ibiryo, Intwaro N’ibikoresho, N’uko Atanga Imiti Mu Nkambi Y’imyitozo Igamije Gutera U Rwanda.

Editorial 22 Jan 2019
Rugema Kayumba amaze iminsi mu buroko, ntiyemerewe gukora mu bihugu bya Scandinavia byose

Rugema Kayumba amaze iminsi mu buroko, ntiyemerewe gukora mu bihugu bya Scandinavia byose

Editorial 31 Dec 2019
Uganda: N’iki cyihishe inyuma yo kwivuguruza kwa Ministiri Hilary Onek ushinzwe impunzi

Uganda: N’iki cyihishe inyuma yo kwivuguruza kwa Ministiri Hilary Onek ushinzwe impunzi

Editorial 04 Apr 2019
Amahoro muri Kongo ari kure nk’ukwezi, Umuvugizi wa Denis Mukwege wahawe igihembo cy’impirimbanyi y’amahoro yise Abatutsi b’Abanyekongo ”umunuko”.

Amahoro muri Kongo ari kure nk’ukwezi, Umuvugizi wa Denis Mukwege wahawe igihembo cy’impirimbanyi y’amahoro yise Abatutsi b’Abanyekongo ”umunuko”.

Editorial 07 Jul 2022
Uko Gén. Prime Niyongabo, Agemura Ibiryo, Intwaro N’ibikoresho, N’uko Atanga Imiti Mu Nkambi Y’imyitozo Igamije Gutera U Rwanda.

Uko Gén. Prime Niyongabo, Agemura Ibiryo, Intwaro N’ibikoresho, N’uko Atanga Imiti Mu Nkambi Y’imyitozo Igamije Gutera U Rwanda.

Editorial 22 Jan 2019
Rugema Kayumba amaze iminsi mu buroko, ntiyemerewe gukora mu bihugu bya Scandinavia byose

Rugema Kayumba amaze iminsi mu buroko, ntiyemerewe gukora mu bihugu bya Scandinavia byose

Editorial 31 Dec 2019
Uganda: N’iki cyihishe inyuma yo kwivuguruza kwa Ministiri Hilary Onek ushinzwe impunzi

Uganda: N’iki cyihishe inyuma yo kwivuguruza kwa Ministiri Hilary Onek ushinzwe impunzi

Editorial 04 Apr 2019
Amahoro muri Kongo ari kure nk’ukwezi, Umuvugizi wa Denis Mukwege wahawe igihembo cy’impirimbanyi y’amahoro yise Abatutsi b’Abanyekongo ”umunuko”.

Amahoro muri Kongo ari kure nk’ukwezi, Umuvugizi wa Denis Mukwege wahawe igihembo cy’impirimbanyi y’amahoro yise Abatutsi b’Abanyekongo ”umunuko”.

Editorial 07 Jul 2022
Uko Gén. Prime Niyongabo, Agemura Ibiryo, Intwaro N’ibikoresho, N’uko Atanga Imiti Mu Nkambi Y’imyitozo Igamije Gutera U Rwanda.

Uko Gén. Prime Niyongabo, Agemura Ibiryo, Intwaro N’ibikoresho, N’uko Atanga Imiti Mu Nkambi Y’imyitozo Igamije Gutera U Rwanda.

Editorial 22 Jan 2019
Rugema Kayumba amaze iminsi mu buroko, ntiyemerewe gukora mu bihugu bya Scandinavia byose

Rugema Kayumba amaze iminsi mu buroko, ntiyemerewe gukora mu bihugu bya Scandinavia byose

Editorial 31 Dec 2019
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru