• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»UBUKUNGU»COVID-19: RRA yorohereje abasora; itariki ntarengwa yo kwemeza ibitabo by’ibaruramari yimuriwe Gicurasi

COVID-19: RRA yorohereje abasora; itariki ntarengwa yo kwemeza ibitabo by’ibaruramari yimuriwe Gicurasi

Editorial 26 Mar 2020 UBUKUNGU

Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro mu Rwanda (Rwanda Revenue Authority) cyatangaje ko cyashyizeho ingamba nshya z’igihe gito, zigamije gufasha abasora guhangana n’ingaruka bazatezwa n’icyorezo cya Novel Coronavirus cyibasiye isi muri rusange.

Izi ngamba zije mu gihe ibikorwa bitandukanye birimo n’iby’ubucuruzi byahagaze mu rwego rwo kubahiriza ingamba zo gukumira no kurwanya ikwirakwira rya Novel Coronavirus.

Zimwe mu ngamba zafashwe harimo ko RRA ihagaritse ubugenzuzi mu gihe cy’ukwezi kumwe, kubarwa haherewe ku itariki ya 18 Werurwe 2020.

RRA ivuga ko ibaye ihagaritse igenzura risesuye n’igenzura ku misoro n’amahoro bya gasutamo, ariko hakazakomeza ubugenzuzi bukorewe mu biro.

Iki kigo kandi kivuga ko cyongereye igihe cyo kwemeza ibitabo by’ibaruramari, aho abasora bagomba kumenyekanisha no kwishyura umusoro ku nyungu z’umwaka wa 2019 bitarenze tariki ya 31 Werurwe 2020 nk’uko biteganywa n’itegeko.

Gusa ngo kubasabwa ko ibitabo by’ibaruramari ryabo ry’umwaka ribanza kwemezwa n’ababigize umwuga ariko bakaba batarabikora kugira ngo bamenyekanishe ndetse banishyure, bemerewe gukora imenyekanisha no kwishyura umusoro ku nyungu bagize mu mwaka washize bashingiye ku bitabo by’ibaruramari bafite, kabone n’ubwo byaba bitaremezwa n’ababigize umwuga.

Igihe cyo kwemeza ibitabo cyongereweho amezi abiri ku batarabikora, bivuze ko itariki ntarengwa ari 31 Gicurasi 2020.

RRA kandi yemeje ko abasora bose basaba ubwumvikane mu gukemura ibibazo by’imisoro, ko ubusabe bwabo buzajya bwakirwa badasabwe kubanza kwishyura avansi ya 25% y’umusoro wose baciwe; ibi bikazamara igihe cy’iminsi 30, uhereye tariki ya 23 Werurwe 2020.

Ku bijyanye na serivisi zisanzwe nko kumenyekanisha no kwishyura umusoro hifashishijwe telefone cyangwa umurongo wo guhamagaraho, abasora bahawe umurongo wa telefone na imeri (Email) byihariye, bizabafasha kubona serivisi bifuza bitabagoye kandi mu buryo bwihuse.

RRA ivuga ko ubwo bufasha bwose buboneka ku mashami yose y’Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro mu Rwanda, haba kuri za gasutamo, ahatangirwa imisoro y’imbere mu gihugu ndetse n’imisoro yeguriwe inzego z’ibanze.

Ku bashaka kohereza busabe bwabo, ngo bazajya babwohereza bifashishije internet kuri email ya Umuhire Regine (regine.umuhire@rra.gov.rw) cyangwa bagahamagara kuri 0788312953.

2020-03-26
Editorial

IZINDI NKURU

BK yazanye uburyo bushya bw’inguzanyo z’inzu za Kigali Vision City

BK yazanye uburyo bushya bw’inguzanyo z’inzu za Kigali Vision City

Editorial 24 Apr 2018
Imyanzuro y’Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ya 15 yashyizwe mu bikorwa kuri 80%

Imyanzuro y’Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ya 15 yashyizwe mu bikorwa kuri 80%

Editorial 13 Dec 2018
I Davos : Perezida Kagame yitabiriye ihuriro mpuzamahanga ry’ubukungu

I Davos : Perezida Kagame yitabiriye ihuriro mpuzamahanga ry’ubukungu

Editorial 22 Jan 2016
Perezida Kagame yafunguye ububiko bushya bw’ibicuruzwa bivuye mu mahanga

Perezida Kagame yafunguye ububiko bushya bw’ibicuruzwa bivuye mu mahanga

Editorial 22 Oct 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda yasabye abakinnyi ba Police FC  intsinzi mu irushanwa nyafurika
Mu Mahanga

Umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda yasabye abakinnyi ba Police FC intsinzi mu irushanwa nyafurika

Editorial 19 Mar 2016
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025
Amakuru

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Editorial 31 Oct 2024
AMAFOTO – Minisitiri wa Siporo, Richard Nyirishema n’umunyamabanga Nelly Mukazayire basuye FERWAFA
Amakuru

AMAFOTO – Minisitiri wa Siporo, Richard Nyirishema n’umunyamabanga Nelly Mukazayire basuye FERWAFA

Editorial 04 Oct 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru