• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Diane Rwigara n’umubyeyi we barekuwe

Diane Rwigara n’umubyeyi we barekuwe

Ubwanditsi 05 Oct 2018 Mu Rwanda

Urukiko Rukuru rwahaye agaciro ubusabe bwa Diane Rwigara n’Umubyeyi we Mukangemanyi Adeline bemererwa kurekurwa by’agateganyo ariko rutegeka ko batagomba kujya barenga Umujyi wa Kigali.

Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 5 Ukwakira nibwo hasomwe icyemezo cy’Urukiko Rukuru ku busabe bwa Diane Rwigara na Adeline Rwigara cyo gufungurwa by’agateganyo.

Umucamanza yavuze ko mu iburanisha abaregwa basabye gufungurwa by’agateganyo kuko basanga nta mpamvu ituma baburana bafunzwe kuko mbere havugwaga ko babangamira iperereza ariko rikaba ryararangiye.

Ubushinjacyaha ariko bwari bwavuze ko ubusabe bwatanzwe imburagihe kuko urubanza rwari rwatangiye mu mizi.

Ikindi ngo ni uko barekuwe bacika cyangwa bakavugana n’abantu bari hanze batarafatwa, bakavugana uko bazaburana. Ibi byiyongeraho ko ngo bashobora gutoroka ubutabera.

Nyuma yo kwiherera, umucamanza yanzuye ko itegeko rigena ko ubusabe bwo kurekurwa iyo butanzwe, kuburana mu mizi biba bihagaritswe hakabanza kuburanwa kurekurwa by’agateganyo, kuko nta gihe ntarengwa cyashyizweho.

Umucamanza yavuze ko gusaba kurekurwa by’agateganyo ari uburenganzira igihe umuntu atabwambuwe n’itegeko bityo ngo abo kwa Rwigara batanze ubusabe bwabo ku gihe.

Ku mpugenge zatumye bafungwa by’agateganyo, umucamanza yavuze ko ku cyaha cyose umuntu aregwa, ashobora gusaba kurekurwa.

Yavuze ko iperereza ryarangiye ku buryo bataribangamira. Yavuze ko nta n’ikigaragaza ko barekuwe bakomeza gukora ibyaha cyane ko bagifatwa nk’abere kuko umuntu utarakatirwa n’urukiko afatwa nk’umwere.

Ku mpungenge zo kuba ibyaha baregwa bikomeye bikaba byatera impungenge ku mutekano w’igihugu, nabyo ngo ntibyahabwa agaciro

Kuba bafunguwe babasha guhura nabo bareganwa bakavugana uko baburana, ngo nta tegeko ribuza ko ababurana bahura bagategura urubanza.

Kuba barekuwe batoroka nabyo ngo nta shingiro bifite kuko nta gipimo cyerekana uwatoroka n’udashobora gutoroka.

Umucamanza yavuze ko kuba impungenge zariho zigatuma bafungwa by’agateganyo zitakiriho, ubusabe bwabo bwakwemerwa ariko bakagira ibyo bategekwa kubahiriza.

Urukiko rwavuze ko barekurwa, ariko bakaba batemerewe kurenga Umujyi wa Kigali kandi bagashyikiriza umushinjacyaha ibyangombwa by’inzira, kugeza igihe urubanza mu mizi ruzarangirira.

2018-10-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amerika ihangayikishijwe n’uko ibintu bihagaze muri DRC

Amerika ihangayikishijwe n’uko ibintu bihagaze muri DRC

Ubwanditsi 31 Mar 2017
Imodoka zisaga 1,000 zakorewe isuzuma ry’ubuziranenge mu Ntara y’Amajyaruguru

Imodoka zisaga 1,000 zakorewe isuzuma ry’ubuziranenge mu Ntara y’Amajyaruguru

Ubwanditsi 08 May 2018
Imyaka 6 muri 7 ya Manda ya Perezida Kagame Paul irirenze, Ibyagezweho ni Byinshi

Imyaka 6 muri 7 ya Manda ya Perezida Kagame Paul irirenze, Ibyagezweho ni Byinshi

Ubwanditsi 19 Aug 2023
Icyumweru cyahariwe umutekano mu muhanda: Twubahirize amategeko y’umuhanda turengere ubuzima – Polisi

Icyumweru cyahariwe umutekano mu muhanda: Twubahirize amategeko y’umuhanda turengere ubuzima – Polisi

Ubwanditsi 23 May 2018

2 Ibitekerezo

  1. Lille
    October 5, 201810:31 am -

    Vive La Francofonie, Vive La France, Vive La verite!

    Subiza
  2. katsibwenene
    October 5, 20181:49 pm -

    Imana ishimwe nubundi bazira ibyabo

    Subiza

Leave a Reply to katsibwenene Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umutekano n’ikumirwa bidasanzwe mu bukwe bwa Knowless na Clément
Mu Mahanga

Umutekano n’ikumirwa bidasanzwe mu bukwe bwa Knowless na Clément

Ubwanditsi 31 Jul 2016
“Inshingano ya mbere y’ingabo z’u Rwanda si ugushoza intambara, ahubwo ni ukurwubaka no kurinda ibyagezweho”.-Perezida Kagame.
Amakuru

“Inshingano ya mbere y’ingabo z’u Rwanda si ugushoza intambara, ahubwo ni ukurwubaka no kurinda ibyagezweho”.-Perezida Kagame.

Ubwanditsi 04 Nov 2022
Perezida Paul Kagame yakiriye intumwa zavuye muri Amerika, nyuma y’iminsi mike Hakiriwe Uhagarariye iki gihugu mu Rwanda
Amakuru

Perezida Paul Kagame yakiriye intumwa zavuye muri Amerika, nyuma y’iminsi mike Hakiriwe Uhagarariye iki gihugu mu Rwanda

Ubwanditsi 10 Oct 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru