• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Gicumbi FC, Amagaju FC, Etoile de l’Est na Heroes FC yatangiye yitwara neza mu mikino ibanza ya ¼ cy’irangiza y’icyiciro cya kabiri mu bagabo

Gicumbi FC, Amagaju FC, Etoile de l’Est na Heroes FC yatangiye yitwara neza mu mikino ibanza ya ¼ cy’irangiza y’icyiciro cya kabiri mu bagabo

Ubwanditsi 03 Oct 2021 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Imikino ibanza ya kimwe cya kane cy’irangiza cy’imikino yo mu kiciro cya kabiri yo guhatanira gukina ikiciro cya mbere 2021-2022 yakinwe kuri iki cyumweru tariki 3 Ukwakira 2021, ni imikino ine yabereye mu bice bitandukanye by’igihugu yasize hatsinzwe ibitego 11 harimo bitanu Gicumbi FC yatsinze Kirehe FC.

Duhereye ku mikino wabereye kuri Sitade ya Gicumbi, aho iyi kipe yo muri ako karere yegukanye itsinzi y’umukino ubanza ku bitego 5-1 cya Kirehe FC, ku ruhande rwa Gicumbi FC ni ibitego byatsinzwe na Nsengayire Shadad,Dusange Bertin, Peter ,Okenge Lulu Kevin ndetse na Telesphore mu gihe ku ruhande rwa Kirehe FC igitego kimwe cyatsinzwe na Niyodusenga Emmanuel bakunda kwita Doumbia.

Undi mukino wabye ni uwahuje ikipe ya Etoile de l’Est na Rugende FC, uyu mukino wo wabereye mu karere ka Ngoma mu ntara y’i Burasirazuba, ni umukino warangiye ari igitego kimwe ku busa, iyi kipe itozwa na Banamwana Camarade yatsindiwe na Kibengo Jimmy uzwi nka Jimmy Mbaraga muri shampiyona ya hano mu Rwanda.

I Nyamirambo ku mumena, ikipe ya Vision FC yatsindiwe kuri iki kibuga na Heores FC igitego kimwe ku busa, ni igitego cyatsinzwe na Ndizeye Alfred.

Mu karere ka Nyamagabe Amagaju yari buhakirire ikipe ya Vision Jeunesse Nouvelle y’i Rubavu ariko uyu mukino ntabwo wahabereye bitewe n’imvura nyinshi, wahise wimurirwa kuri Sitade y’akarere ka Huye, uyu mukino warangiye ikipe y’Amagaju atsinze ibitego bibiri kuri kimwe VJN,

Nyuma y’iyi mikino ibanza yabaye kuri iki cyumweru, biteganyijwe ko imikino yo kwishyura izaba kuya 06 Ukwakira 2021 hashakishwa amakipe abiri azakina ikiciro cya mbere mu mwaka w’imikino wa 2021-2022.

Muri rusange uko imikino ibanza ya ¼ cy’irangiza cya shampiyona y’u Rwanda y’icyiciro cya 2 yarangiye:

Gicumbi FC 5 -1 Kirehe FC
Etoile de l’Est 1-0 Rugende FC
Vision FC 0-1 Heroes FC
Amagaju FC 2-1 Vision JN

2021-10-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Indoto za Areruya ugiye gusiganwa bwa mbere mu Bufaransa mu mwambaro wa Delko Marseille

Indoto za Areruya ugiye gusiganwa bwa mbere mu Bufaransa mu mwambaro wa Delko Marseille

Ubwanditsi 03 May 2018
Kiyovu SC yatsinze As Kigali isanga APR FC ku mwanya wa mbere yo yanganyije na Gasogi United

Kiyovu SC yatsinze As Kigali isanga APR FC ku mwanya wa mbere yo yanganyije na Gasogi United

Ubwanditsi 16 Apr 2023
Tshisekedi yashyize yemera kuganira na M23, ikibazo nyamukuru amasezerano bazagirana azayubahiriza?

Tshisekedi yashyize yemera kuganira na M23, ikibazo nyamukuru amasezerano bazagirana azayubahiriza?

Ubwanditsi 12 Mar 2025
Akagambane karagwira: Bihemu Patrick Benerugaba yatumiye abantu mu isabukuru, bisanga muri mitingi y’ibigarasha

Akagambane karagwira: Bihemu Patrick Benerugaba yatumiye abantu mu isabukuru, bisanga muri mitingi y’ibigarasha

Ubwanditsi 29 Dec 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yizeye impinduka zifatika mu ivugurura ry’Afurika yunze Ubumwe
POLITIKI

Perezida Kagame yizeye impinduka zifatika mu ivugurura ry’Afurika yunze Ubumwe

Ubwanditsi 24 Apr 2017
Police FC iyoboye shampiyona, nyuma y’intsinzi i Musanze
Mu Rwanda

Police FC iyoboye shampiyona, nyuma y’intsinzi i Musanze

Ubwanditsi 30 Oct 2017
CHAN2016: Ikipe ya RDC yatangiye inyagira iya Ethiopia ibitego 3 – 0
IMIKINO

CHAN2016: Ikipe ya RDC yatangiye inyagira iya Ethiopia ibitego 3 – 0

Ubwanditsi 17 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru