• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Hakim Sahabo, Byiringiro Lague mu bakinnyi bahamagawe mu Amavubi, Kwizera Olivier mu bakinnyi basigaye bagarutsweho

Hakim Sahabo, Byiringiro Lague mu bakinnyi bahamagawe mu Amavubi, Kwizera Olivier mu bakinnyi basigaye bagarutsweho

RUSHYASHYA 16 Mar 2026 Amakuru, IMIKINO

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), ryashyize hanze urutonde rw’abakinnyi bazahagararira Ikipe y’u Rwanda ‘Amavubi’ mu mikino ya FIFA Series 2026, hagaragaramo Mickels Joy Slayd na Mickels Joy Lance na murumuna wabo Mickels Leroy Jacques.

Kuri uyu wa Mbere, tariki ya 16 Werurwe 2026, ni bwo hatangajwe abakinnyi bazahagararira u Rwanda mu irushanwa rya gicuti ritegurwa n’Ishyirahamwe rya Ruhago ku Isi (FIFA) rizatangira kubera i Kigali kuva tariki ya 26-30 Werurwe 2026.

Abanyezamu bahamagawe ni Ntwari Fiacre ukinira Kaizer Chiefs FC, Bigirimana Hugo ukinira La Chaux-De-Fonds, Niyongira Patience wa Police FC na Hakizimana Adolphe wa APR FC.

Abakinnyi bo mu bwugarizi bahamagawe ni Mutsinzi Ange wa Zira FK, Manzi Thierry wa Al Ahly Tripoli, Kavita Phanuel Mbaya wa Bermingham Legion, Nshimiyimana Yunusu wa APR FC, Imanishimwe Emmanuel wa Ael Limassol FC, Niyomugabo Claude wa APR FC, Byiringiro Jean Gilbert wa APR FC na Uwumukiza Obed wa Rayon Sports.

Abakinnyi bo mu kibuga hagati ni Mugisha Bonheur wa Al Masry, Bizimana Djihad wa Cs Constantine, Samuel Gueulette wa Raal La Louvière, Muhire Kevin wa Jamus Fc, Kalisa Sven wa FC Etzella Ettelbruck, Ruboneka Jean Bosco wa APR FC, Sahabo Hakim wa Aek Athens FC na Uwineza Rene wa Kiyovu Sports.

Muri ba rutahizamu bahamagawe hatunguranyemo abakinnyi batatu bavukana. Abo ni Mickels Joy Slayd wa FK Karvan na Mickels Joy Lance wa Saba Baku na mukurumuna wabo Mickels Leroy Jacques ukinira Zira FK.

Aba bazaba bafatanya na Ndayishimiye Karl Matteo wa KVC Wilrijk, Nshuti Innocent wa Al Wafaq Ajdabia, Biramahire Abeddy wa Assabah FC, Byiringiro Lague wa Police FC, Kwizera Jojea wa Rhode Island, Kury Johan Marvin wa AC BELLINZONA, Niyo David wa NK Veres Rivne FC na Mugisha Gilbert wa APR FC.

Kuva tariki ya 26 kugeza ku wa 30 Werurwe 2026, kuri Stade Amahoro no kuri Kigali Pelé Stadium hazabera imikino y’amatsinda mu irushanwa rya gicuti rya FIFA Series 2026.

Stade Amahoro izaberaho imikino y’Itsinda A ririmo Estonia, Grenada, Kenya n’u Rwanda, mu gihe Itsinda B ririmo Aruba, Liechtenstein, Tanzania na Macau ari ryo rizakinira muri Kigali Pelé Stadium.

2026-03-16
RUSHYASHYA

IZINDI NKURU

Ibintu bitanu by’ingenzi ku ikipe ya ‘Refugee Olympic’ iri i Rio 2016

Ibintu bitanu by’ingenzi ku ikipe ya ‘Refugee Olympic’ iri i Rio 2016

Ubwanditsi 11 Aug 2016
Perezida Ndayishimiye, umenye ko amaraso y’Abatutsi bo muri Kongo azagusama

Perezida Ndayishimiye, umenye ko amaraso y’Abatutsi bo muri Kongo azagusama

Ubwanditsi 20 Apr 2024
CHAN: Ibihugu 3 muri ¼, 2 byarasezerewe, amakarita 2 atukura,… Ibimaze kuranga imikino 16 imaze gukinwa

CHAN: Ibihugu 3 muri ¼, 2 byarasezerewe, amakarita 2 atukura,… Ibimaze kuranga imikino 16 imaze gukinwa

Ubwanditsi 24 Jan 2016
APR FC yemeje ko umutoza Adil Erradi Mohamed na Kapiteni wayo Manishimwe Djabel bahagaritswe, Tonny Kabanda agirwa umuvugizi w’agateganyo

APR FC yemeje ko umutoza Adil Erradi Mohamed na Kapiteni wayo Manishimwe Djabel bahagaritswe, Tonny Kabanda agirwa umuvugizi w’agateganyo

Ubwanditsi 16 Oct 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi y’u Rwanda yashyikirije moto yibwe muri Uganda ba nyirayo
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda yashyikirije moto yibwe muri Uganda ba nyirayo

Ubwanditsi 20 Apr 2016
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA
Amakuru

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 08 Dec 2022
Abafite imishinga inyuranye barasabwa gukorana na meteo y’u Rwanda
Mu Rwanda

Abafite imishinga inyuranye barasabwa gukorana na meteo y’u Rwanda

Ubwanditsi 13 May 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru