• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Huye:Polisi y’u Rwanda iributsa akamaro ko kurara mu nzitiramibu

Huye:Polisi y’u Rwanda iributsa akamaro ko kurara mu nzitiramibu

Editorial 15 Feb 2016 Mu Mahanga

​Umuyobozi wa Polisi mu karere ka Huye, Chief Superintendent (CSP) Francis Muheto, yasabye abaturage kwirinda malariya bazirikana kuryama mu nzitiramibu kandi iteye umuti.

Ubu butumwa, CSP Muheto akaba yarabutanze mu mpera z’iki cyumweru mu kiganiro yakoreye kuri radiyo y’abaturage y’akarere ka Huye.

Iki kiganiro kikaba cyaratanzwe muri gahunda yatangijwe na Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’izindi nzego za Leta, yo kurushaho kurwanya indwara ya malariya mu gihugu.

Umuyobozi wa Polisi muri aka karere yavuze ko, Huye ari akarere gashyuha ndetse usanga karangwamo imibu myinshi, akaba aribyo bitera ubwiyongere bwa malariya muri aka karere.

Yakomeje asaba abaturage kwirinda iyi ndwara ya malariya bazirikana gutema ibihuru bikikije ingo zabo no kwirinda ibiziba bireka kuko bishobora kororokeramo imibu.

Aha yagize ati:Turabasaba kujya muzirikana buri gihe gukinga inzugi n’amadirishya mu masaha y’umugoroba kugira ngo imibu itinjira mu mazu yanyu.

CSP Muheto yakomeje asaba abaturage bafite ingeso yo gukoresha inzitiramibu mu bindi bikorwa nk’uburobyi kubicikaho ahubwo bakayikoresha uko bisabwa kuko ari bwo buryo bashobora guhangana no guca burundu indwara ya malariya.

Yaboneyeho umwanya wo gusaba abaturage kwimakaza umuco w’ubufatanye n’inzego z’umutekano hagamijwe kurwanya no gukumira ibyaha bitandukanye.

Abaturage bagize icyo bavuga kuri iki kiganiro, bifashishije telefoni, bagaragajeko koko malariya ari icyorezo cyugarije ubuzima bw’abaturage, ariko bagaragaza ko nyuma y’inama bagiriwe na Polisi bagiye nabo gushyira mu bikorwa ibyo basabwe byose kandi ko ntakabuza iki cyorezo kizacika burundu.

Mu rwego rwo kwita ku buzima bw’abaturarwanda, Polisi y’u Rwanda itanga serivisi z’ubuvuzi mu bitaro byayo biri ku Kacyiru kandi ifite ikigo giha ubufasha butandukanye abakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina ndetse n’abana bahohotewe (Isange One Stop Center)kibaha serivisi zo kubasuzuma, kubavura, no kubagira inama bitewe n’ubwoko bw’ihohoterwa bakorewe, kandi ibi byose bikaba bikorwa ku buntuikaba ifite amashami 17 mu turere tw’igihugu.

Polisi y’u Rwanda ifite kandi ibigo nderabuzima 12 mu bice bitandukanye by’igihugu, ikaba yarabyubatse mu rwego rwo kwegereza abaturage serivisi z’ubuvuzi .

Mu myaka itatu ishize, Polisi y’u Rwanda yahaye inzitiramubu imiryango 5000 ndetse irihira ubwishingizi bwo kwivuza imiryango 5000 itishoboye.

RNP

2016-02-15
Editorial

IZINDI NKURU

Leta ya Kongo yabujije abanyamahanga kugera mu duce tuberamo Jenoside ikorerwa Abatutsi bo muri icyo gihugu.

Leta ya Kongo yabujije abanyamahanga kugera mu duce tuberamo Jenoside ikorerwa Abatutsi bo muri icyo gihugu.

Editorial 13 Jan 2023
Amashusho yerekanye amayeri ya Arabie Saoudite mu guhishira urupfu rw’umunyamakuru Khashoggi

Amashusho yerekanye amayeri ya Arabie Saoudite mu guhishira urupfu rw’umunyamakuru Khashoggi

Editorial 23 Oct 2018
Abashakashatsi basuye Polisi y’u Rwanda bishimira imikoranire yayo n’abaturage nyuma ya Jenoside

Abashakashatsi basuye Polisi y’u Rwanda bishimira imikoranire yayo n’abaturage nyuma ya Jenoside

Editorial 25 Mar 2016
Ingabo z’u Burundi zivuye muri Somalia ikubagahu

Ingabo z’u Burundi zivuye muri Somalia ikubagahu

Editorial 01 Jan 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda rwazamutse imyanya 10 mu bipimo by’amahoro mu 2018
Mu Rwanda

U Rwanda rwazamutse imyanya 10 mu bipimo by’amahoro mu 2018

Editorial 07 Jun 2018
Noble Marara wirirwa usebya u Rwanda ni muntu ki ?
Amakuru

Noble Marara wirirwa usebya u Rwanda ni muntu ki ?

Editorial 08 Nov 2017
Uko Rusagara yakwirakwije amatwara ya RNC
Mu Mahanga

Uko Rusagara yakwirakwije amatwara ya RNC

Editorial 07 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru