• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Impinduka mu miyoborere ya Rayon Sports, Thadée Twagirayezu yatorewe kuyobora umuryango, Paul Muvunyi aba umuyobozi w’Ikirenga

Impinduka mu miyoborere ya Rayon Sports, Thadée Twagirayezu yatorewe kuyobora umuryango, Paul Muvunyi aba umuyobozi w’Ikirenga

Ubwanditsi 18 Nov 2024 Amakuru, IMIKINO

Muvunyi Paul yatorewe kuyobora Urwego rw’Ikirenga naho Twagirayezu Thaddée atorerwa kuba Perezida mushya w’Umuryango wa Rayon Sports mu myaka ine iri imbere, mu nama y’inteko rusange yabereye mu Nzove kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 16 Ugushyingo 2024.

Iyi nama yayobowe na Ngoga Roger Aimable wasigaranye ubuyobozi nyuma yo kwegura kwa Uwayezu Jean Fidèle, yari yitabiriwe n’abarimo abayoboye iyi kipe baheruka kwemererwa kongera kuyiba hafi nyuma y’imyaka ine bashyizwe ku ruhande.

Ingingo enye zayigiwemo ni ukureba uko amakipe y’Umuryango Rayon Sports (abagabo n’abagore) ahagaze, gusuzuma igitekerezo cyo gushinga sosiyete y’ubucuruzi ya Rayon Sports Ltd, guhindura amategeko shingiro n’amatora ya komite nyobozi nshya.

Ngoga Roger na Uwimana Jeannine uyobora Ikipe y’Abagore, bagaragaje ko zihagaze neza ndetse zombi ziyoboye muri shampiyona zikinamo mu Cyiciro cya Mbere.

Twagirayezu Thaddée yatorewe kuyobora Rayon Sports mu myaka ine iri imbere aho azaba yungirijwe na Muhirwa Prosper na Ngoga Roger mu gihe Umubitsi ari Rukundo Patrick.

Si ubwa mbere Twagirayezu agiye mu buyobozi bwa Rayon Sports kuko yabaye Visi Perezida yungirije Munyakazi Sadate mu 2019, mu gihe kandi yari muri komite y’inzubacyuho yashyizweho na RGB mu 2020.

Muvunyi Paul yatorewe kuyobora Urwego rw’Ikirenga rwa Rayon Sports, yungirijwe na Dr. Emile Rwagacondo mu gihe Murenzi Abdallah yagizwe Umunyamabanga.

Ruhamyambuga Paul, Ngarambe Charles, Ntampaka Théogène, Munyakazi Sadate, Amb. Valens Munyabagisha na Uwayezu Jean Fidèle batorewe kuba Abajyanama muri Komite y’Urwego rw’Ikirenga rwa Rayon Sports.

Mu gihe uru Rwego rw’Ikirenga rugizwe n’abahoze bayobora Rayon Sports, Muvunyi Paul yabwiye Gacinya Chance Denis wayoboye iyi kipe hagati ya 2015 na 2017, ko we atari rwo akenewemo, ahubwo aba Umujyanama wa Komite Nyobozi iyobowe na Twagirayezu kuko ikipe ikeneye igikombe.

Umwe mu bari mu nama, yavuze ko Muvunyi yashatse no gushyira Munyakazi Sadate muri icyo cyiciro, ariko abanyamuryango babyamaganira kure, bavuga ko amugumana mu bajyanama b’Urwego rw’Ikirenga.

Habaye impinduka mu miyoborere ya Rayon Sports

Mu kiganiro n’abanyamakuru, Muvunyi Paul yavuze ko habaye impinduka mu miyoborere ya Rayon Sports hashingiwe ku mategeko avuguruye agenga imiryango itari iya Leta mu Rwanda, agena ishyirwaho ry’Urwego Rukuru cyangwa rw’Ikirenga.

Ati “Urwo rwego rukazajya rureberera ikipe, rugakora imigabo n’imigambi y’ikipe. Ubwo turi hamwe n’izindi nzego zatowe, harimo Perezida wa Rayon Sports n’ikipe ye. Imigabo n’imigambi nta yindi, ni ukongera tukagarura ibyishimo mu ba-Rayons, tukongera tukongera tukagera ku rwego nk’urwo twari twaragezeho mu gihe cyashize kuko twese ubu turatahiriza umugozi umwe.”

Ku buyobozi ubwa Uwayezu na Munyakazi Sadate wamubanjirije, abayoboraga Umuryango Rayon Sports ni bo babaga bayihagarariye mu mategeko, ariko kuri iyi nshuro ni Urwego rw’Ikirenga nk’uko Muvunyi yakomeje abivuga.

Ati “Uru rwego ni rwo ruzaba ruhagarariye Urwego Rukuru, navuga haba mu mategeko, haba no mu guhagararira Rayon Sports nk’uko Twagirayezu azaba ahagarariye ikipe umunsi ku munsi, ariko imigabo n’imigambi izava muri iri tsinda ryicaye hano.”

Yongeyeho ko nubwo hatowe inzego zitandukanye ariko abazigize bose bafite inshingano zo kuba abagaragu b’Aba-Rayons.

Ati “Inzego zizakora zigamije gutahiriza umugozi umwe. Dusanze ibibazo birimo amadeni arenga miliyon 450 Frw, ibirarane by’imishahara n’amafaranga yaguzwe abakinnyi, bigusaba imbaraga zirenze iz’umuntu umwe, tuzafatanya kubikemura.”

Mu nama, havuzwe ko abagize uru Rwego rw’Ikirenga bazajya baterana inshuro ebyiri mu mwaka barebe uko Rayon Sports ihagaze.

Twagirayezu Thaddée watorewe kuyobora Umuryango Rayon Sports, yavuze ko umushinga wa sosiyete ibyara inyungu “Rayon Sports Ltd” wemejwe nyuma yo kuwumurikira abanyamuryango mu nama.

Ati “Umushinga niba wemejwe rero, tugiye gutangira. Tugiye gukora ibituma umushinga ugaragara.”

Yongeyeho ko iyi kipe iteganya gushyiraho Umuyobozi Nshingwabikorwa uzajya ukurikirana ibikorwa byayo umunsi ku munsi.

Ikipe ya Rayon Sports izahura na Gorilla FC ku Munsi wa 10 wa Shampiyona, iyoboye n’amanota 20 nyuma y’imikino umunani imaze gukina.

source: IGIHE

2024-11-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ferwafa yabwiwe na Minisiteri ya Siporo ko imikino yaberaga kuri sitade Amahoro ihagarikwa kuko ikibuga cyangijwe n’imikino ya shampiyona.

Ferwafa yabwiwe na Minisiteri ya Siporo ko imikino yaberaga kuri sitade Amahoro ihagarikwa kuko ikibuga cyangijwe n’imikino ya shampiyona.

Ubwanditsi 12 May 2021
Angelique Kidjo yongeye gutsindira igihembo muri Grammy Awards

Angelique Kidjo yongeye gutsindira igihembo muri Grammy Awards

Ubwanditsi 17 Feb 2016

Shabalala na Shaiboub bayoboye abakinnyi bahatanira igihembo cy’umukinnyi w’ukwezi kwa Gashyantare muri Shampiyona y’u Rwanda

Ubwanditsi 07 Mar 2024
Tanzania : Ni iki cyatumye Ise w’umuhanzi Diamond  adatumurwa mu birori by’umwuzukuru we

Tanzania : Ni iki cyatumye Ise w’umuhanzi Diamond adatumurwa mu birori by’umwuzukuru we

Ubwanditsi 16 Feb 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Bufaransa BNP Paribas : Ishobora gucibwa indishyi zitubutse kubera uruhare rwayo muri Jenoside yakorewe Abatutsi
ITOHOZA

U Bufaransa BNP Paribas : Ishobora gucibwa indishyi zitubutse kubera uruhare rwayo muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 26 Sep 2017
Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52
Amakuru

Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52

Ubwanditsi 17 May 2025
Burera: Habonetse umurambo w’umusore wishwe ateraguwe ibyuma
ITOHOZA

Burera: Habonetse umurambo w’umusore wishwe ateraguwe ibyuma

Ubwanditsi 21 Aug 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru