• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Kenya yambuye Abakongomani amahirwe yo kwinjira muri icyo gihugu badasabye visa.

Kenya yambuye Abakongomani amahirwe yo kwinjira muri icyo gihugu badasabye visa.

Editorial 29 Aug 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Nubwo Kongo-Kinshasa ari kimwe mu bihugu bigize Umuryango w’Afrika y’Uburasirazuba, kandi umuturage wo muri ibi bihugu akaba yemerewe kujya mu kindi kigize uyu muryango atabanje gusaba uruhushya rwo kukinjiramo, Perezida William Ruto wa Kenya yafashe icyemezo cyo kwambura abaturage ba Kongo ubwo burenganzira, bwo kwinjira muri Kenya badasabye visa.

Mu gufata icyemezo ariko,Perezida Ruto ntiyagendeye ku kuba Kongo itubahiriza inshingano n’imwe kuva yaba umunyamuryango, kuko Kenya atariyo ifatira ibihano umunyamuryango witwara nabi.

Icyerekana ko Perezida Ruto atashingiye ku myitwarire igayitse ya Kongo, ni uko iyo biza kuba ibyo yari gufatira ibihano n’u Burundi kuko, kimwe na Kongo basangiye amafuti, byombi nta musanzu bitanga, hakiyongeraho kubangamira ibyemezo by’umuryango, birimo n’ibyo kugarura amahoro muri Kongo.

Abasesenguzi ahubwo baremeza ko Perezida Ruto yabaye nk’uwihimura ku butegetsi bwa Tshisekedi bwakomeje gushotora Kenya, doreko Kinshasa ishinja Kenya gushyigikira u Rwanda mu kuyivogera.

Muribuka uburyo Perezida wa Kongo, Félix Tshissekedi, yazonze Gen. Jeff Nyagah wari uyoboye ingabo z’uyu muryango zoherejwe guhosha ubushyamirane mu burasirazuba bwa Kongo, amushinja mu ruhame kuba icyitso cya M23, ndetse binatuma Gen Nyagah asezera kuri uwo mwanya, ku mpamvu z’umutekano we. Hari abibeshye ko birangiriye aho, nyamara ababikurikiraniye hafi bahamya ko byasize inzika hagati y’ibihugu byombi.

Twese turakibuka induru Kongo yavugije mu Kuboza umwaka ushize, ubwo Corneille Nangaa yatangizaga umutwe wa AFC i Nairobi. Tshisekedi yashinje mugenzi we kwemera ko abamurwanya batangiriza ibikorwa byabo mu gihugu cye, ndetse Kongo ihita ivana muri Kenya ambasaderi John Nyakeru wari uyihahagarariye i Nairobi.

Ubushotoranyi ntibwahagarariye aho. Mu mpera za Mata uyu mwaka, urwego rw’iperereza mu gisirikari cya Kongo, DEMIAP, rwafunze abayobozi 2 ba kompanyi y’indege, Kenya Airways, bakoreraga i Kinshasa, bashinjwa ubutasi. Byasabye ko Kenya Airways yigaragambya ihagarika ingendo zayo i Kinshasa, abo bakozi baza gufungurwa nyuma y’ibyumweru hafi 3, nta n’urubanza rubaye! Iryo hohoterwa naryo ryongereye urwikekwe rwari rusanzwe hagati y’ibihugu byombi.

Hari amakuru yizewe avuga ko urubyiruko rumaze iminsi mu myigaragambyo muri Kenya, rwaba rwarashowemo amafaranga menshi na ANR, arirwo rwego rw’iperereza rwa Kongo-Kinshasa, hagamijwe kubuza amahwemo ubutegetsi bwa Perezida William Ruto.

Rushyashya yashoboye kumenya ko hari amafaranga menshi yafatiwe ku makonti y’abari ku isonga mu myigaragambyo, bigaragara ko yavaga muri Kongo, no mu Banyekongo baba mu mahanga. Hari kandi Abakongomani benshi bafatiwe muri izo mvururu bigize abaturage ba Kenya.

Mu gihe ibihugu byose byamaze gutangaza ko bishyigikiye Raila Odinga, Umunyakenya uhatanira kuba Perezida wa Komisiyo y’Umuryango w’Afrika Yunze Ubumwe, Kongo yo yabiteye uumugongo. N’ikimenyimenyi yanze kohereza intumwa mu nama y’Abakuru b’Ibihugu by’Umuryango w’Afrika y’Uburasirazuba yabereye i Nairobi kuri uyu wa kabiri, ari nayo yemeje ku mugaragaro ko uyu muryango ushyigikiye umukandida Odinga.

Abahezanguni n’ibitangazamakuru bikorera mu kwaha kwa Leta ya Kongo-Kinshasa, nka YouTube Channel yitwa”Congo est à nous”, ntibatinya kuvuga ko Perezida William Ruto na Raila Odinga ari”Abatutsi”, ko rero ari “abagambanyi nka Kagame na Museveni”. Ngaho aho ubutegetsi bwa Tshisekedi bugeze!

Ariko se koko, nyuma yo gushakisha urwango ku baturanyi barimo uRwanda, Uganda, Zambia, Congo-Brazzaville, ndetse na Kenya bahuriye mu Muryango w’Afrika y’Uburasirazuba, Kongo yizeye ko uBurundi n’ ibihugu bya SADEC (nabyo bitifashije), byihagije mu kuyifasha gusohoka mu bibazo by’ingutu yishoyemo?

Iyo Tshisekedi aza kuba yumva ikinyarwanda, mba muciriye umugani ugira uti” umuturanyi ni umuzimyamuriro”. Ntacyo ariko, FDLR ye iramusemurira.

2024-08-29
Editorial

IZINDI NKURU

Willis Shalita, aragira icyo avuga kunyandiko ya Rudasingwa

Willis Shalita, aragira icyo avuga kunyandiko ya Rudasingwa

Editorial 15 Jul 2019
Rusizi: Hanogejwe ubufatanye mu bukangurambaga hagati ya Polisi n’abanyamakuru

Rusizi: Hanogejwe ubufatanye mu bukangurambaga hagati ya Polisi n’abanyamakuru

Editorial 05 May 2016
Kuki Col. Luc Marshal yitabira gahunda z’abarwanya Leta y’u Rwanda.

Kuki Col. Luc Marshal yitabira gahunda z’abarwanya Leta y’u Rwanda.

Editorial 26 Feb 2018
Umuryango wa Habyarimana mu muhogo ugana mu nda ya FDLR

Umuryango wa Habyarimana mu muhogo ugana mu nda ya FDLR

Editorial 14 Aug 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Abarundi batatu mu bantu basaga 100 bafatiwe mu mukwabu ku Musigiti wa Usafi
ITOHOZA

Uganda: Abarundi batatu mu bantu basaga 100 bafatiwe mu mukwabu ku Musigiti wa Usafi

Editorial 07 May 2018
Abanyamuryango ba FERWAFA barasaba De Gaulle kwegura
Mu Mahanga

Abanyamuryango ba FERWAFA barasaba De Gaulle kwegura

Editorial 21 Jun 2016
Leta ya Uganda ikomeje amakinamico y’amabi, Umunyarwanda wese uri muri icyo gihugu wanze kujya mu mitwe y’iterabwoba, Perezida Museveni amwita intasi y’u Rwanda !
Amakuru

Leta ya Uganda ikomeje amakinamico y’amabi, Umunyarwanda wese uri muri icyo gihugu wanze kujya mu mitwe y’iterabwoba, Perezida Museveni amwita intasi y’u Rwanda !

Editorial 16 Aug 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru