• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Michigan: Uwase uri mu bashinze itorero Gakondo Hoza yishwe n’impanuka

Michigan: Uwase uri mu bashinze itorero Gakondo Hoza yishwe n’impanuka

Editorial 05 Sep 2018 ITOHOZA

Uwase Sacha, umwe mu bagize Itorero Hoza Dance Troupe yitabye Imana azize impanuka y’imodoka yabereye ahitwa Kalamazoo muri Michigan muri muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Ubusanzwe yitwa Cerna Asifiwe Uwase akaba yari azwi cyane mu rungano ku izina rya “Sacha” cyangwa “Azu”. Ni umwe mu nkingi za mwamba zashinze Itorero Hoza Dance Troupe rizwi cyane muri Indianapolis muri Leta ya Indiana.

Umwe mu batangabuhamya wabonanye na Sacha mbere gato y’iyi mpanuka, yavuze  ko iri sanganya ryabaye ubwo yari mu rugendo ava mu bukwe yerekeza imuhira.

Uwari utwaye imodoka Sacha yari arimo, ngo yageze mu gace gasanzwe kabamo inyamaswa yikanga yagonze ’Isha’ bityo ahita akata imodoka byihuse abura umuhanda agonga igiti.

Sacha yahise akomera mu buryo bukomeye, Polisi yahise itabara byihuse imujyana kwa muganga akigerayo bitangazwa ko yashizemo umwuka.

Mu kiganiro na Kizito Kalima, Umuyobozi w’Umuryango Peace Center for Forgiveness and Reconciliation (PCFR) wafashije cyane Uwase Sacha, yabwiye Itangazamakuru  ko yitabye Imana avuye mu bukwe bwabereye muri Michigan ku wa Gatandatu tariki ya 2 Nzeri 2018.

Yavuze ko Itorero Hoza Dance Troupe ribuze umuntu w’ingirakamaro cyane nk’umwe mu b’imena barishinze. Yagize ati “Yari umwana mwiza kandi ukunda umuco nyarwanda. We na mukuru we Josiane ni bo batangije itorero Hoza Dance Troupe. Iryo torero ni ryo riherutse kubyinira Kayirebwa mu gitaramo yakoreye inaha.”

Uwase Sacha, yari mu babyinnyi b’imbere mu gitaramo Cécile Kayirebwa aheruka gukorera muri Indianapolis, ni umwe kandi mu rubyiruko rwitangiraga umuco nyarwanda no kuwusakaza mu mahanga biciye mu mbyino.

Uwase Sacha yitabye Imana akiri muto

Nyakwigendera yari amaze umwaka asoje Kaminuza, asize umwana w’umukobwa witwa Kaylee w’imyaka itatu y’amavuko.

Ubu hatangiye gukusanywa inkunga y’amafaranga yo gufasha umuryango wa Uwase Sacha kugira ngo bamukorere imihango ya nyuma yo kumuherekeza.

Sacha uretse kubyina mu buryo bwa gakondo, yanagaragaye mu mashusho y’indirimbo yitwa ’Back To Me’ y’umuraperi Shizzo afatanyije na T-Wise.

Kanda hano ushyigikire umuryango wa Sacha mu kubona ubufasha bwo kumuherekeza

Uyu mukobwa ari mu b’imena bashinze itsinda gakondo Hoza Dance Troupe

 

Sacha asize umwana w’imyaka itatu y’amavuko. Yasamye afite imyaka 15 nyuma y’igihe gito umuryango we ugeze muri USA

Sacha yaguye mu mpanuka y’imodoka yabaye mu mpera z’icyumweru gishize

Uwase Sacha ubwo aherukana na Kayirebwa wataramiye muri Indiana mu minsi mike ishize

 

2018-09-05
Editorial

IZINDI NKURU

Meya Uwanzwenuwe na perezida wa Ibuka bateye utwatsi amakuru yacicikanye avuga ko Visi Meya yanze kwakira urumuri rw’ icyizere

Meya Uwanzwenuwe na perezida wa Ibuka bateye utwatsi amakuru yacicikanye avuga ko Visi Meya yanze kwakira urumuri rw’ icyizere

Editorial 15 Apr 2018
Abayobora ya mitwe yitwara gisirikari muri Kongo, iyi yibumbiye mu cyiswe ” Wazalendo”, baramaranye, bashinjanya ubugambanyi mu ntambara barwana na M23

Abayobora ya mitwe yitwara gisirikari muri Kongo, iyi yibumbiye mu cyiswe ” Wazalendo”, baramaranye, bashinjanya ubugambanyi mu ntambara barwana na M23

Editorial 07 Oct 2023
Abacamanza muri ICC basabwe kudasesa urubanza rwa Visi Perezida wa Kenya

Abacamanza muri ICC basabwe kudasesa urubanza rwa Visi Perezida wa Kenya

Editorial 16 Jan 2016
Umuturage wa Uganda yandikiye Museveni, ibaruwa ifunguye, ahishura ibya komite ya RNC ikorera Kampala

Umuturage wa Uganda yandikiye Museveni, ibaruwa ifunguye, ahishura ibya komite ya RNC ikorera Kampala

Editorial 19 Nov 2019

Igitekerezo kimwe

  1. Titi
    September 5, 201812:30 pm -

    Niba ari mwene aba bahagarariye umuco nyarda mumahanga mwirirwa murata twaroromeje.
    Mbabajwe nuko agiye akiri muto unuryango we ninshuti bihangane. Ariko iby’umuco byo mubireke nta na kimwe cyawo kimurangwaho.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Burundi mu mazi abira ku kwirukana intumwa za Loni
Mu Mahanga

U Burundi mu mazi abira ku kwirukana intumwa za Loni

Editorial 13 Sep 2018
Kuri uyu wa Kabiri  muri Amerika haratangira urubanza k’Umugogo  wa Kigeli, humvwa Abatangabuhamya
ITOHOZA

Kuri uyu wa Kabiri muri Amerika haratangira urubanza k’Umugogo wa Kigeli, humvwa Abatangabuhamya

Editorial 02 Jan 2017
Abatwara abagenzi basabwe gushishoza ngo badatwara ibintu bitemewe n’amategeko
Mu Mahanga

Abatwara abagenzi basabwe gushishoza ngo badatwara ibintu bitemewe n’amategeko

Editorial 28 Jun 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru