• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bayaherewe mu Rwambariro, Rayon Sports yakiriye amafaranga nyuma yo gushimangira umwanya wa mbere   |   09 May 2025

  • Gukura no Kubaho kwanjye byose bishingiye ku cyerekezo cya Nyakubahwa Perezida Paul Kagame – Knowless   |   08 May 2025

  • Ntacyasaza Turahirwa Moses cyatuma Urumogi Rumushora mu Kiguri cy’Urwango   |   06 May 2025

  • Eric Bagiruwusa yashinze YouTube Channel ishinzwe ubuvugizi mu gushishikariza gusubirishamo imanza z’abajenosideri n’abarwanya ubutegetsi   |   05 May 2025

  • Nyuma y’imyaka 8, APR FC yegukanye igikombe cy’Amahoro 2025 itsinze Rayon Sports 2-0   |   04 May 2025

  • APR FC na Rayon Sports zabonye itike yo gukina imikino Nyafurika zizahurira ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2025   |   01 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Minisitiri Dr Vincent Biruta yamenyesheje Albert Shingiro ko u Rwanda Rwiteguye Gutanga Umusanzu Warwo mu Kuzahura Umubano w’Ibihugu byombi

Minisitiri Dr Vincent Biruta yamenyesheje Albert Shingiro ko u Rwanda Rwiteguye Gutanga Umusanzu Warwo mu Kuzahura Umubano w’Ibihugu byombi

Editorial 20 Oct 2020 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga w’u Rwanda Dr Vincent Biruta kuri uyu wa Kabiri Tariki ya 20 Ukwakira 2020, Ku mupaka uhuza u Rwanda n’u Burundi wa Nemba mu Karere ka Bugesera yijeje mugenzi we w’u Burundi, Albert Shingiro, ko u Rwanda rwiteguye gutanga umusanzu warwo ushoboka kugirango umubano w’ibihugu byombi uve irudubi usubire ku murongo. Ni ijambo yavuze mbere y’ibiganiro byahuje abahagarariye ibihugu byombi, dore ko ari igikorwa cyabanjirijwe no guhana ikaze ku bayobozi b’ibihugu byombi n’amatsinda bari bayoboye, mbere y’uko abayobozi bombi baganirira mu muhezo.

Minisitiri Dr Vinvcent Biruta yatangiye ashimira u Burundi ku gitekerezo nta makemwa bwagize cyo kugirango impande zombi zihure zigirane ibiganiro ku mubano wabyo. Yakomeje agira ati “Ntabwo turi abaturanyi gusa turi n’ibihugu by’abavandimwe. Ni nayo mpamvu ubungubu mvuga Ikinyarwanda, muvuga Ikirundi, tukaganira, tukumvikana nta we dukeneye ko adusemurira. Uru ruzinduko rwanyu rero rw’uyu munsi, turizera ko ari intambwe ikomeye mu buryo bwo gusubiza mu nzira umubano hagati y’u Rwanda n’u Burundi, kandi ndagira ngo tubabwire ko twiteguye, twiteguye rwose gusubiza mu nzira nziza uwo mubano. Twiteguye kuganira, n’ibibazo byaba biriho tukabiganira hanyuma tukabishakira ibisubizo kuko niko tugomba gukora, tukabikora kuko twumva bifitiye akamaro leta zacu zombi, ariko cyane cyane bifitiye akamaro abaturage, bifitiye akamaro abaturage b’u Rwanda, bifitiye akamaro abaturage b’Abarundi, kandi ubundi ubuyobozi nicyo bushinzwe, ni ugukora ibifitiye inyungu abaturage bahagarariye.”

Minisitiri Dr Vincent Biruta ati “Aha turi ni mu Rwanda ariko ni n’iwanyu, tubahaye ikaze mwisanzure tuganire, kandi ibyo tuganira byose ni ibifitiye akamaro abaturage bacu, kandi rero turatangiye, tuzanakomeza kugeza igihe ibintu byose bigiriye mu buryo, ahubwo noneho tukajya mu bikorwa by’ubutwererane bigamije iterambere.” Ntabwo ari ubwa mbere ibi bihugu bituranye bishyira hamwe kuko Repubulika y’u Rwanda n’iy’u Burundi zinjiriye rimwe mu muryango wa Afrika y’iburasirazuba ku wa 18 Kanama 2007, ziba abanyamuryango ku buryo bwemewe guhera ku wa 1 Nyakanga 2007 kandi iyo nzira zayigendanyemo neza haba no mu buryo bw’Ubufatanye mu bushobozi bushingiye ku bukungu.

Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga n’ubutwererane mu iterambere w’u Burundi, Ambasaderi Shingiro Albert, yashimiye cyane u Rwanda ati “bivuye ku mutima twishimiye uburyo twakiriwe mu Rwanda ndetse n’uburyo ibihugu byombi byateguranye ibi biganiro byitezweho umusaruro ngaruramahoro. Ati “U Burundi nka leta twaje kugira ngo tubereke ko twifuza ko imigenderanire yacu n’igihugu cy’abaturanyi cy’u Rwanda, imigenderanire nk’uko mu bizi yahungabanye mu 2015, ubu rero leta y’u Burundi irifuza ko iyo migenderanire twagerageza tukayinagura, kugira ngo twongere kubana neza nka mbere, tubane nk’abavandimwe, nk’abaturanyi. Nibyo nakunze kubwira abantu baba bashaka guhuza u Rwanda n’u Burundi, ababimbwira benshi mbabwira ko bidakenewe, turaziranye cyane Abanyarwanda n’Abarundi, ibibazo dufite tubishakira umuti nta muntu utugiye hagati. Nibyo by’ibi turimo gukora ubu.” Shingiro yagarutse ku gikorwa cyari gikurikiyeho cyo kuganirira mu muhezo ari umwanya wo kuganira, ku buryo havamo ikintu kigaragara.

Ati “Ku buryo mu minsi iri imbere imigenderanire y’u Burundi n’u Rwanda ishobora kugenda neza kurushaho, kandi njye mbona nta cyabibuza haramutse hari ubushake bw’Abarundi n’Abanyarwanda. Aba bayobozi baganiriye nyuma y’igihe Perezida w’u Rwanda Paul Kagame, agaragaje ko igihugu cye cyiteguye gufatanya n’u Burundi, mu gihe ubuyobozi bushya burangajwe imbere na Perezida Evariste Ndayishimiye bugaragaje ubushake bw’impinduka”.
Twakwitega ibyiza byava mu biganza bigari bya Shingiro twumvise i New York, Ubwo Komisiyo yashyiriweho u Burundi yatangazaga raporo yayo ku kanama gashinzwe uburenganzira bwa muntu, ikubiyemo ibyo babonye mu iperereza bakoze ku ihungabanywa ry’uburenganzira bwa muntu muri iki gihugu cyari gikomeje gushegeshwa n’imvururu za politiki guhera muri Mata 2015, Kuko Shingiro ni umwe mubateruye bati “U Rwanda ni igihugu cyiriza ko cyakozweho na Jenoside, ariko ubu icyo gihugu cyakoze Jenoside muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yaguyemo abasaga miliyoni esheshatu. Mu by’ukuri ntabwo ari igihugu cy’icyitegererezo ku bijyanye n’uburenganzira bwa muntu, Aho nditsa nti “Birabe ibyuya”

Si ubwa mbere u Burundi buvugwa mu bikorwa byo gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, kuko na Loni yarabwiyamye ubwo ishyaka riri ku butegetsi CNDD-FDD, ryatangazaga ko mu Rwanda nta Jenoside yahabaye. Yabitangaje nyuma y’itangazo ryasohowe na CNDD-FDD, rivuga ko nta Jenoside yabaye mu Rwanda ahubwo ari ibinyoma byahimbwe n’umuryango mpuzamahanga n’amayeri yakoreshejwe mu guhirika Guverinoma ryise iy’Abahutu mu Rwanda. Yakomeje avuga ko u Rwanda ari igihugu kiriza ko cyakozweho na Jenoside yakorewe abatutsi, amagambo yateye abari bakoraniye mu nama ubwoba no kumirwa.
Mu minsi mike itambutse Ingabo z’u Rwanda zemeje ko zafashe abarwanyi 19 b’Abarundi biyemereye ko bagize umutwe wa RED Tabara, binjiye ku butaka bw’u Rwanda banyuze mu ishyamba rya Nyungwe, ku gice cy’Akarere ka Nyaruguru. Ni igikorwa cyabaye ku wa 29 Nzeri 2020, Itangazo ryashyizwe ahagaragara na RDF rivuga ko “Abo barwanyi, bitwaje intwaro zabo, bafatiwe mu ishyamba rya Nyungwe mu Murenge wa Ruheru mu Karere ka Nyaruguru, ari naho bafungiwe.

Uwo munsi ni nabwo RED Tabara yatangaje ko ikomeje kurwana n’ingabo za Leta y’u Burundi, harimo imirwano yabaye ku wa 26 na 27 Nzeri 2020 mu gace ka Kabarore mu Ntara ya Kayanza na Bukinanyana mu Ntara ya Cibitoke. Ni umutwe uvuga ko urwanira ko u Burundi bwagira amahoro arambye n’ikibazo cy’impunzi kikabonerwa umuti.
Mu ijoro ryo ku wa 19 Kamena 2018 kandi inyeshyamba za FLN ya Rusesabagina zagabye igitero ku Biro by’Umurenge wa Nyabimata, zikomeretsa Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge, asanzwe mu nzu yari acumbitsemo ndetse zinatwika n’imodoka ye. Nanone mu ijoro risahyira kuwa 27 Kamena 2020 Abantu babarirwa mu 100 bitwaje imbunda bagabye igitero ku birindiro by’Ingabo z’u Rwanda mu Murenge wa Ruheru mu Karere ka Nyaruguru mu Ntara y’Amajyepfo.

Aba bateye bakaba baraturutse mu Burundi. Ingabo z’u Rwanda zikaba zarahanganye na bo, bane muri bo bahasiga ubuzima ubwo amasasu akaba yamaze iminota iri hagati ya 20 na 30, Nibwo Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Lt Col Innocent Munyengango, yagize ati “ Abantu bitwaje imbunda bateye baturutse mu Burundi nyuma bahunga basubira mu cyerekezo kimwe. Basize abantu babo bane bapfuye ndetse n’ibikoresho bitandukanye bya gisirikare birimo intwaro n’iby’itumanaho n’udusanduku tujyamo ibiryo by’abasirikare twanditse FORCE DE DEFENSE NATIONALE DU BURUNDI ( Ingabo z’u Burundi). Abantu batatu mu bateye barafashwe. Abasirikare batatu ba RDF barakomeretse byoroheje.

Tugana ku musozo w’iyi nkuru, Ubuhahirane n’iterambere bigamije amahoro arambye ntawe ubyanga haba k’ubaturage b’ibihugu ibyo ari byo byose ku isi, u Rwanda rwagerageje gushaka uko rwazahura Umubano n’ibihugu birukikije uruzi ko Mpuzamahanga ho ari nta makemwa, Kugeza ubwo Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda abwiye abanyamakuru ko ubwo wenda u Burundi bubonye umuyobozi mushya ari umwanya mwiza wo kuzahura umubano wari umaze kuzahazwa na Nyakwigendera Nkurunziza Pierre. Jenerali Evariste Ndayishimye ati “Twebwe ntabwo twiteguye kumvikana n’indyarya, ngo hace kabiri Umuvugizi wa Polisi y’u Burundi ati ‘’Uvuga ikinyarwanda wese mumutungire agatoki inzego z’Umutekano yewe bamwe baranafungwa’’ Twizeye tudashidikanya y’Uko ubwo habayeho intambwe yo kwambuka akanyaru byanze bikunze habaho kwongera gutsura umubano hagati y’ibi bihugu bivuga ururimi rujya kumera kimwe, Duharire abasomyi.

2020-10-20
Editorial

IZINDI NKURU

Menya umwirondoro wa Brig Gen Leopold Mujyambere umwe mu basirikari bakuru ba FDLR berekanwe na RIB nyuma yo gufatirwa muri Kongo

Menya umwirondoro wa Brig Gen Leopold Mujyambere umwe mu basirikari bakuru ba FDLR berekanwe na RIB nyuma yo gufatirwa muri Kongo

Editorial 19 Jul 2020
Lt Gen Tumukunde na Gen Kandiho bashinjwe gukorera iyicarubozo Rutagungira

Lt Gen Tumukunde na Gen Kandiho bashinjwe gukorera iyicarubozo Rutagungira

Editorial 06 Dec 2017
Thabita Gwiza wari  inkotsa ya RNC muri Canada, akaba no mu rukundo Rw’ibanga na Jean Paul Turayishimye, yirukanwe

Thabita Gwiza wari  inkotsa ya RNC muri Canada, akaba no mu rukundo Rw’ibanga na Jean Paul Turayishimye, yirukanwe

Editorial 29 Nov 2019
Burundi: baratabariza Aimé Nzoyihera ufunzwe na leta

Burundi: baratabariza Aimé Nzoyihera ufunzwe na leta

Editorial 16 Nov 2017
Menya umwirondoro wa Brig Gen Leopold Mujyambere umwe mu basirikari bakuru ba FDLR berekanwe na RIB nyuma yo gufatirwa muri Kongo

Menya umwirondoro wa Brig Gen Leopold Mujyambere umwe mu basirikari bakuru ba FDLR berekanwe na RIB nyuma yo gufatirwa muri Kongo

Editorial 19 Jul 2020
Lt Gen Tumukunde na Gen Kandiho bashinjwe gukorera iyicarubozo Rutagungira

Lt Gen Tumukunde na Gen Kandiho bashinjwe gukorera iyicarubozo Rutagungira

Editorial 06 Dec 2017
Thabita Gwiza wari  inkotsa ya RNC muri Canada, akaba no mu rukundo Rw’ibanga na Jean Paul Turayishimye, yirukanwe

Thabita Gwiza wari  inkotsa ya RNC muri Canada, akaba no mu rukundo Rw’ibanga na Jean Paul Turayishimye, yirukanwe

Editorial 29 Nov 2019
Burundi: baratabariza Aimé Nzoyihera ufunzwe na leta

Burundi: baratabariza Aimé Nzoyihera ufunzwe na leta

Editorial 16 Nov 2017
Menya umwirondoro wa Brig Gen Leopold Mujyambere umwe mu basirikari bakuru ba FDLR berekanwe na RIB nyuma yo gufatirwa muri Kongo

Menya umwirondoro wa Brig Gen Leopold Mujyambere umwe mu basirikari bakuru ba FDLR berekanwe na RIB nyuma yo gufatirwa muri Kongo

Editorial 19 Jul 2020
Lt Gen Tumukunde na Gen Kandiho bashinjwe gukorera iyicarubozo Rutagungira

Lt Gen Tumukunde na Gen Kandiho bashinjwe gukorera iyicarubozo Rutagungira

Editorial 06 Dec 2017
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru