• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali

RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali

RUSHYASHYA 24 May 2026 Amakuru, IMIKINO, KWAMAMAZA

Ikipe ya Rwanda Social Security Boardy (RSSB Tigers) Basketball Club yanditse amateka yo kugera muri 1/2 cy’irangiza cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali, ni nyuma yo gusezerera ikipe ya FUS Rabat BBC yo muri Morocco nubwo yayitsinzwe umukino wo kwishyura amanota 99-98.

Uyu mukino wabereye muri BK Arena wari urimo guhatana gukomeye hagati y’amakipe yombi, aho FUS Rabat yatangiye ishaka kwishyura ikinyuranyo kinini yari yaratsinzwe mu mukino ubanza. Nubwo yegukanye intsinzi muri uyu mukino wa kabiri, ntabwo byari bihagije ngo iyikure mu irushanwa.

Mu mukino ubanza wabaye kuwa Gatanu, ikipe ya RSSB Tigers ihagarariye u Rwanda yari yitwaye neza cyane itsinda FUS Rabat amanota 95-72, ibi bikaba byayihaye amahirwe akomeye yo gukomeza muri 1/2 cy’irangiza.

Ku giteranyo cy’imikino yombi, ikipe ya RSSB BBC irimo gukina imiKino ya BAL ku nshuro yayo ya mbere, yasezereye FUS ku giteranyo cy’ikinyuranyo cy’amanota 21 uteranyije amanota yavuye mu mukino wa mbere n’uwakinwe kuri iki cyumweru.

Muri uyu mukino, umukinnyi Leonard Craig Randall II ukinira ikipe ya RSSB Tigers niwe watsinze amanota menshi aho yatsinze 43, yambura imipira 4, atanga indi 7 yabayeye amanota.

Ikipe ya Al Ahly yo mu Misiri yamaze kubona itike ya 1/2 nyuma yo gutsinda ASC Ville de Dakar yo muri Senegal amanota 87-76. Al Ahly yakomeje nubwo yari yatsinzwe umukino ubanza amanota 93-90, bitewe n’ikinyuranyo cy’amanota yatsinze mu mikino yombi.

Mu mikino ya 1/2 cy’irangiza, ikipe ya RSSB Tigers izahura na Al Ahly mu mukino utegerejwe n’abatari bake, buri kipe izaba ihatanira kugera ku mukino wa nyuma wa BAL 2026.

Ni umukino uteganyijwe gukinwa kuri uyu wa Gatatu tariki ya 27 Gicurasi 2026 ukazabera muri BK Arena.

Imikino iteganyijwe kandi kuri uyu wa mbere, ikipe ya Club Africain yo muri Tunisia izakina na Al Ahly yo muri Libya guhera ku isaha ya saa kumi z’umugoroba, izakurirwa n’uzahuza Dar City yo muri Tanzania na Petro de Luanda yo muri Angola guhera Saa kumi n’ebyiri, iyi mikino yose izakinirwa muri BK Arena.

2026-05-24
RUSHYASHYA

IZINDI NKURU

Nicolas Sarkozy yafunzwe: Uwari Perezida w’u Bufaransa abaye uwa mbere woherejwe muri gereza kubera ibyaha bya ruswa

Nicolas Sarkozy yafunzwe: Uwari Perezida w’u Bufaransa abaye uwa mbere woherejwe muri gereza kubera ibyaha bya ruswa

RUSHYASHYA 21 Oct 2025
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 20 Mar 2023
U 𝗥𝘄𝗮𝗻𝗱𝗮 𝗿𝘂𝗴𝗶𝘆𝗲 𝗸𝘄𝗮𝗸𝗶𝗿𝗮 𝗮𝗺𝗮𝗿𝘂𝘀𝗵𝗮𝗻𝘄𝗮 𝗮𝗻𝗲 𝘆𝗮 𝗖𝗘𝗖𝗔𝗙𝗔 𝗮𝗿𝗶𝗺𝗼 𝗻𝗮 𝗞𝗮𝗴𝗮𝗺𝗲 𝗖𝘂𝗽

U 𝗥𝘄𝗮𝗻𝗱𝗮 𝗿𝘂𝗴𝗶𝘆𝗲 𝗸𝘄𝗮𝗸𝗶𝗿𝗮 𝗮𝗺𝗮𝗿𝘂𝘀𝗵𝗮𝗻𝘄𝗮 𝗮𝗻𝗲 𝘆𝗮 𝗖𝗘𝗖𝗔𝗙𝗔 𝗮𝗿𝗶𝗺𝗼 𝗻𝗮 𝗞𝗮𝗴𝗮𝗺𝗲 𝗖𝘂𝗽

RUSHYASHYA 10 Mar 2026
Amafoto – APR FC yegukanye igikombe cya shampiyona 2023/2024 habura imikino 3 ngo irangire, kiba icya 5 itwaye yikurikiranya

Amafoto – APR FC yegukanye igikombe cya shampiyona 2023/2024 habura imikino 3 ngo irangire, kiba icya 5 itwaye yikurikiranya

Ubwanditsi 20 Apr 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda rwaburiye abanyarwanda batuye muri Sudani y’Epfo kutishyira mu kaga banyura muri Uganda
INKURU NYAMUKURU

U Rwanda rwaburiye abanyarwanda batuye muri Sudani y’Epfo kutishyira mu kaga banyura muri Uganda

Ubwanditsi 26 Dec 2019
Lydia Ludic yo mu Burundi  iracakirana  na Rayon Sports kuri uyu wa Gatandatu
IMIKINO

Lydia Ludic yo mu Burundi iracakirana na Rayon Sports kuri uyu wa Gatandatu

Ubwanditsi 11 Feb 2018
Ntabwo twasangira urwibutso n’abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi- Amb.Nduhungirehe
ITOHOZA

Ntabwo twasangira urwibutso n’abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi- Amb.Nduhungirehe

Ubwanditsi 10 Apr 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru