• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Minisitiri w’Intebe Dr. Ngirente yakiriye Itsinda ry’abaturutse mu ikipe ya Benfica yo muri Portugal   |   10 Jun 2025

  • U Rwanda kuva muri CEEAC ntacyo ruhombye ahubwo CEEAC niyo ihombye   |   10 Jun 2025

  • Umunya-Kenya Laban Korir n’Umunyarwandakazi Niyonkuru Florence begukanye Kigali International Peace Marathon   |   09 Jun 2025

  • Amafoto: Rayon Sports yasinyishije myugariro w’i Bumoso, Musore Prince wakiniraga Vitalo’O FC y’i Burundi   |   07 Jun 2025

  • Imyaka 20 y’ubutegetsi bwa CNDD FDD yoretse u Burundi mu manga ikomeye   |   06 Jun 2025

  • Ibyo Urubyiruko Rugomba Kumenya kuri Ingabire Victoire   |   04 Jun 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Tumenye imikorere ya Interpol ariwo muryango uhuza Polisi z’ibihugu ku isi

Tumenye imikorere ya Interpol ariwo muryango uhuza Polisi z’ibihugu ku isi

Editorial 13 Aug 2017 Mu Rwanda

Interpol ni Umuryango mpuzamahanga uhuza Polisi zo mu bihugu bitandukanye ku isi. Intego za Interpol ni ukubaka ubushobozi bwa Polisi no guteza imbere ubufatanye hagati ya za Polisi mu rwego rwo gukumira no kurwanya ibyaha birenga imipaka y’ibihugu. Ubufatanye ni ngombwa kuko ubusanzwe ububasha bwa Polisi bugarukira aho imbibi z’ibihugu zigarukira, mu gihe abakora ibyaha bo badahura n’imbogamizi y’imipaka.

Kubera iterambere mu itumanaho, ubu isi yabaye nk’umudugudu ku buryo umuntu ashobora gukora ibyaha mu gihugu runaka yibereye ku wundi mugabane w’isi, cyangwa akaba yahuza ibikorwa by’ubugizi bwa nabi nk’iterabwoba n’ibindi yibereye kure. Ni ngombwa rero kugira umuryango nka Interpol ufite itumanaho rigezweho, ububiko bw’amakuru ku byaha n’abanyabyaha n’inzobere mu bufatanye mpuzamahanga hagati ya za Polisi z’ibihugu.

Ku bufatanye na za Polisi z’ibindi bihugu n’umuryango wa Interpol, Polisi y’u Rwanda imaze kugera kuri byinshi harimo no guta muri yombi abahekuye u Rwanda muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka w’1994. Si ibyo gusa kandi kuko ubwo bufatanye bugenda bugaragarira no gufata abajura n’abandi banyabyaha batandukanye, nk’abiba imodoka bakazambutsa umupaka bajya kuzigurisha mu bindi bihugu, abacuruza ibiyobyabwenge, ndetse n’abakora umwuga wo gucuruza abantu babajyana ahanini mu bindi bihugu.

Ku byerekeranye n’ubujura bw’imodoka, byagaragaye ko akenshi buburizwamo kuko hari abagiye bafatirwa muri ibyo bikorwa na Polisi y’u Rwanda, hanyuma izo modoka zikoherezwa mu bihugu zaturutsemo zigashyikirizwa ba nyirazo.

Ingero ni nyinshi, ariko rumwe twatanga ni urwo ku itariki ya 24 Ukuboza 2015, Polisi y’u Rwanda yashyikirije iya Uganda imodoka ebyiri zari zibweyo nyuma ziza gufatirwa mu Rwanda hifashishijwe uburyo bw’ikoranabuhanga bwa Polisi mpuzamahanga buzwi nka I-24/7. Ubu buryo bukaba ari ubw’ikoranabuhanga bwashyizwe ku mipaka no ku bibuga by’indenge bugamije guhanahana amakuru ku byaha ndengamipaka no gufata abanyabyaha.

-7591.jpg

Ibyo byose bikaba bikorwa ku bufatanye bwa Polisi z’ibihugu binyujijwe mu muryango wa Interpol. Abanyabyaha batandukanye bakaba bagirwa inama yo kureka ibikorwa byabo bibi kuko Polisi z’ibihugu ndetse na Interpol byahagurukiye kubarwanya no kubafata. Ibyo bikaba bivuze ko nta wakwibeshya ko yakora ibyaha runaka bityo akumva ko yahungira mu kindi gihugu.

Polisi mpuzamahanga (Interpol) yashyizweho mu mwaka 1914, akaba ari na wo muryango wa Polisi mpuzamahanga munini ku Isi ugizwe n’ibihugu 190.

Polisi mpuzamahanga (Interpol) yizihije imyaka 100 imaze ibayeho mu mwaka 2014. Twakwibutsa ko u Rwanda rwakiriye inama ya Polisi mpuzamahanga Interpol guhera ku itariki ya 2 Ugushyingo kugera ku itariki ya 4 Ugushyingo 2015.

Source : RNP

2017-08-13
Editorial

IZINDI NKURU

Abanyarwanda barenga 100 bari basuhukiye  muri Uganda  bagaruwe mu Rwanda

Abanyarwanda barenga 100 bari basuhukiye muri Uganda bagaruwe mu Rwanda

Editorial 13 Jul 2016
Hakuzimana Abdul Rashid Uzahemba abahembera inzangano n’Amacakubiri mu Banyarwanda Nawe Arakifitemo Ibisigisigi by’Ubupawa bwa MDR na MRND

Hakuzimana Abdul Rashid Uzahemba abahembera inzangano n’Amacakubiri mu Banyarwanda Nawe Arakifitemo Ibisigisigi by’Ubupawa bwa MDR na MRND

Editorial 24 Aug 2021
Savio na Pierrot bagiye kwerekeza mu igeragezwa mu  Bubiligi

Savio na Pierrot bagiye kwerekeza mu igeragezwa mu Bubiligi

Editorial 28 Apr 2017
Infungwa zari zifungiye muri Gereza ya Kimironko zimuwe

Infungwa zari zifungiye muri Gereza ya Kimironko zimuwe

Editorial 04 Jun 2017
Abanyarwanda barenga 100 bari basuhukiye  muri Uganda  bagaruwe mu Rwanda

Abanyarwanda barenga 100 bari basuhukiye muri Uganda bagaruwe mu Rwanda

Editorial 13 Jul 2016
Hakuzimana Abdul Rashid Uzahemba abahembera inzangano n’Amacakubiri mu Banyarwanda Nawe Arakifitemo Ibisigisigi by’Ubupawa bwa MDR na MRND

Hakuzimana Abdul Rashid Uzahemba abahembera inzangano n’Amacakubiri mu Banyarwanda Nawe Arakifitemo Ibisigisigi by’Ubupawa bwa MDR na MRND

Editorial 24 Aug 2021
Savio na Pierrot bagiye kwerekeza mu igeragezwa mu  Bubiligi

Savio na Pierrot bagiye kwerekeza mu igeragezwa mu Bubiligi

Editorial 28 Apr 2017
Infungwa zari zifungiye muri Gereza ya Kimironko zimuwe

Infungwa zari zifungiye muri Gereza ya Kimironko zimuwe

Editorial 04 Jun 2017
Abanyarwanda barenga 100 bari basuhukiye  muri Uganda  bagaruwe mu Rwanda

Abanyarwanda barenga 100 bari basuhukiye muri Uganda bagaruwe mu Rwanda

Editorial 13 Jul 2016
Hakuzimana Abdul Rashid Uzahemba abahembera inzangano n’Amacakubiri mu Banyarwanda Nawe Arakifitemo Ibisigisigi by’Ubupawa bwa MDR na MRND

Hakuzimana Abdul Rashid Uzahemba abahembera inzangano n’Amacakubiri mu Banyarwanda Nawe Arakifitemo Ibisigisigi by’Ubupawa bwa MDR na MRND

Editorial 24 Aug 2021
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru