• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Twagirimana, Visi Perezida w’Ishyaka rya Ingabire Victoire yatorotse Gereza

Twagirimana, Visi Perezida w’Ishyaka rya Ingabire Victoire yatorotse Gereza

Ubwanditsi 08 Oct 2018 ITOHOZA

Twagirimana Boniface usanzwe ari Visi Perezida w’Ishyaka FDU Inkingi rya Ingabire Victoire, yatorotse Gereza ya Nyanza iri ahazwi nka Mpanga ari kumwe n’undi mugororwa mugenzi we.

Itoroka rya Twagirimana ryamenyekanye muri iki gitondo nyuma y’igenzura ryakozwe n’Ubuyobozi bwa Gereza bureba niba abagororwa bose bahari.

Uyu mugabo yatorokanye na mugenzi we witwa Murenzi Aimable wari warahamwe n’icyaha cyo gukubita no gukomeretsa bigambiriye kwica, akatirwa igihano cy’igifungo cya burundu. Yari amaze imyaka 11 afunzwe.

Twagirimana we yari amaze igihe kigera ku mwaka afunzwe ariko ntiyari yagakatiwe n’inkiko ku cyaha cyo kurema umutwe w’abagizi ba nabi.

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Amagereza, SSP Sengabo Hillary, yabwiye Itangazamakuru  ko bishoboka ko aba bagororwa batorotse bakoresheje imigozi nubwo ntaho bayibonye.

Aba si abagororwa ba mbere batorotse iyi gereza kuko mu Ukwakira 2017, Ntamuhanga Cassien wari muri dosiye imwe na Kizito Mihigo nawe yatorotse.

Abajijwe ku ngamba zihari zo guhangana n’iki kibazo, SSP Sengabo yagize ati “Ni ikibazo turi gushakira umuti, yaba mu gushyiraho camera no kongera inkuta n’ibindi bikoresho by’umutekano.”

“Icyo dusaba ni uko uwababona yatanga amakuru bakagarurwa muri gereza nubwo inzego z’umutekano ziri kugerageza kubakurikirana ariko turasaba n’abantu kudufasha gutanga amakuru kandi bisanzwe bikorwa abantu bagafatwa.”

Uyu mugabo atorotse nyuma y’igihe kitagera ku kwezi Perezida w’ishyaka rye, Ingabire Victoire Umuhoza ahawe imbabazi na Perezida wa Repubulika.

Ishyaka FDU Inkingi  ryasohoye itangazo ryo ku jijisha rubanda rivuga ko ritewe impungenge n’iburirwirengero rya Visi-Perezida waryo Boniface Twagirimana wari ufungiye muri gereza ya Mpanga.
Nk’uko bigaragara mu itangazo ryasinywe na Visi-Perezida wa 2, Justin Bahunga, iri shyaka rirasaba ubutegetsi  gusobanura ibura rye.

2018-10-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abayobozi barindwi batawe muri yombi

Abayobozi barindwi batawe muri yombi

Ubwanditsi 27 Apr 2017
Theogene Rudasingwa yikomye Museveni avuga ko nta ”  Moral authority”agira

Theogene Rudasingwa yikomye Museveni avuga ko nta ” Moral authority”agira

Ubwanditsi 17 Dec 2018
Trump arashinjwa kwakira amafaranga binyuranyije n’Itegeko Nshinga rya Amerika

Trump arashinjwa kwakira amafaranga binyuranyije n’Itegeko Nshinga rya Amerika

Ubwanditsi 15 Jun 2017
Minisitiri Sezibera yahishuye imvano y’amakuru  y’impuha amaze iminsi avugwa ku buzima bwe

Minisitiri Sezibera yahishuye imvano y’amakuru y’impuha amaze iminsi avugwa ku buzima bwe

Ubwanditsi 03 Sep 2019

5 Ibitekerezo

  1. Ingabire Victoire Umuhoza
    October 8, 20182:30 pm -

    Ntibishoboka, Sindikubyumva, Bishoboka Bite?

    Boniface Twagirimana Yatorotse Gereza?

    Yabaga Murigereza Mugiyecyose Ishyaka Ryacu Ryariryaramubuze?

    Ahaaaaa Icyogukora Kiragaragaye

    Subiza
    • Bandora Charles
      October 9, 201812:12 pm -

      Uyu mugore Ingabire victoria, turasaba bakure impyisi mu ntama, nkuko Ndahiro Tom yabivuze
      nanjye nyene ntabwo niyumvisha ukuntu bareka interahamwe yo kurwego rwo hejuru ngo ikore
      ibyo yita politike yisanzuye,yewe ni burayi iyo batahuye umuntu nka ingabire, bahita bamuha akato,
      mbega ntamahemo bamuha, kandi aguma akurikiranwa bya hafi.
      Ntabwo numva FPR nzi uko ikingira igihugu, yabana na Ingabire, biransiga rwose, niba ari abagira
      inama President, turasaba afate ibyemezo bifadika kuri uyo mugore, kandi mu rwego rwa politiki.

      Subiza
  2. Sema Halelua
    October 8, 20182:37 pm -

    Cyangwa Bamwishe? Ingabirewe Uzakoriki?

    Subiza
    • Rebero Jeremy
      October 8, 20186:48 pm -

      Ingabire afite akazi kenshi ko kwamamaza Mushikiwabo no gusenya P5. Nta mwanya wo kwita kubya Bonifasi afite! Amaze kwumvisha abayoboke be “ndi umunyarwanda” n’akamaro kayo aho abonako n’ubwo wahotora cyanga wahonyora ikiremwamuntu ute, ariko uri umunyarwanda, ugomba gushyigikirwa mubyo ukora. Muri make “ndi umunyarwanda” ijye iza mbere ya “ndi umuntu”. Aha ati “bye-bye Kizito, byebye P5”. Yiyemeje kwerekana ukuntu Green Party ariyo ntambwe ya mbere Urwanda rwateye yuko ariyo opposition ikorana n’abandi banyarwanda. Kuriwe, ibikorwa byiza birimo biba! Mu minsi mike nawe araba ari muri ibyo bikorwa yita byiza.!

      Subiza
  3. Bandora Charles
    October 9, 201812:57 pm -

    Kwemera ko Ingabire yigaragura mu banyarwanda, nukoreka rubanda, abaturage turasaba Leta ´n ´Inteka ishinga amategeko gukora ibikwiye kugira abantu nkabo ntibongere kugaragara mu ruhando rwa Politiki.
    Muri Tanzaniya ntabwo yahabwa urubuga nahandi hose no mu bihugu byateye imbere, murebe uko ubufaransa
    buri kuburagiza Lepen.

    Subiza

Leave a Reply to Bandora Charles Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Imiterere y’urubanza rwa Perezida Zuma rutangiye iburanishwa
Mu Rwanda

Imiterere y’urubanza rwa Perezida Zuma rutangiye iburanishwa

Ubwanditsi 15 May 2017
Amafoto: Yannick Mukunzi yakoranye imyitozo n’ikipe y’igihugu Amavubi ikomeje kwitegura imikino ibiri isoza iyo mu itsinda F ryo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika cya 2021
Amakuru

Amafoto: Yannick Mukunzi yakoranye imyitozo n’ikipe y’igihugu Amavubi ikomeje kwitegura imikino ibiri isoza iyo mu itsinda F ryo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika cya 2021

Ubwanditsi 20 Mar 2021
Uganda: Umupolisi akurikiranyweho gusambanya ku ngufu umwana ufite ubumuga akanamutera inda
Mu Mahanga

Uganda: Umupolisi akurikiranyweho gusambanya ku ngufu umwana ufite ubumuga akanamutera inda

Ubwanditsi 29 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru