• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Twagirimana, Visi Perezida w’Ishyaka rya Ingabire Victoire yatorotse Gereza

Twagirimana, Visi Perezida w’Ishyaka rya Ingabire Victoire yatorotse Gereza

Ubwanditsi 08 Oct 2018 ITOHOZA

Twagirimana Boniface usanzwe ari Visi Perezida w’Ishyaka FDU Inkingi rya Ingabire Victoire, yatorotse Gereza ya Nyanza iri ahazwi nka Mpanga ari kumwe n’undi mugororwa mugenzi we.

Itoroka rya Twagirimana ryamenyekanye muri iki gitondo nyuma y’igenzura ryakozwe n’Ubuyobozi bwa Gereza bureba niba abagororwa bose bahari.

Uyu mugabo yatorokanye na mugenzi we witwa Murenzi Aimable wari warahamwe n’icyaha cyo gukubita no gukomeretsa bigambiriye kwica, akatirwa igihano cy’igifungo cya burundu. Yari amaze imyaka 11 afunzwe.

Twagirimana we yari amaze igihe kigera ku mwaka afunzwe ariko ntiyari yagakatiwe n’inkiko ku cyaha cyo kurema umutwe w’abagizi ba nabi.

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Amagereza, SSP Sengabo Hillary, yabwiye Itangazamakuru  ko bishoboka ko aba bagororwa batorotse bakoresheje imigozi nubwo ntaho bayibonye.

Aba si abagororwa ba mbere batorotse iyi gereza kuko mu Ukwakira 2017, Ntamuhanga Cassien wari muri dosiye imwe na Kizito Mihigo nawe yatorotse.

Abajijwe ku ngamba zihari zo guhangana n’iki kibazo, SSP Sengabo yagize ati “Ni ikibazo turi gushakira umuti, yaba mu gushyiraho camera no kongera inkuta n’ibindi bikoresho by’umutekano.”

“Icyo dusaba ni uko uwababona yatanga amakuru bakagarurwa muri gereza nubwo inzego z’umutekano ziri kugerageza kubakurikirana ariko turasaba n’abantu kudufasha gutanga amakuru kandi bisanzwe bikorwa abantu bagafatwa.”

Uyu mugabo atorotse nyuma y’igihe kitagera ku kwezi Perezida w’ishyaka rye, Ingabire Victoire Umuhoza ahawe imbabazi na Perezida wa Repubulika.

Ishyaka FDU Inkingi  ryasohoye itangazo ryo ku jijisha rubanda rivuga ko ritewe impungenge n’iburirwirengero rya Visi-Perezida waryo Boniface Twagirimana wari ufungiye muri gereza ya Mpanga.
Nk’uko bigaragara mu itangazo ryasinywe na Visi-Perezida wa 2, Justin Bahunga, iri shyaka rirasaba ubutegetsi  gusobanura ibura rye.

2018-10-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

BIRABABAJE :Umukobwa yahiye umubiri wose ubwo yari agiye gushyushya amazi yo kwiyuhagira

BIRABABAJE :Umukobwa yahiye umubiri wose ubwo yari agiye gushyushya amazi yo kwiyuhagira

Ubwanditsi 29 Oct 2016
Bugesera-Rweru hizihirijwe Umunsi Mpuzamahanga w’Agakingirizo, hibutswa akamaro ko kwirinda no gukumira Virusi itera SIDA

Bugesera-Rweru hizihirijwe Umunsi Mpuzamahanga w’Agakingirizo, hibutswa akamaro ko kwirinda no gukumira Virusi itera SIDA

RUSHYASHYA 13 Jan 2026
Ibyo Urubyiruko Rugomba Kumenya kuri Ingabire Victoire

Ibyo Urubyiruko Rugomba Kumenya kuri Ingabire Victoire

Ubwanditsi 04 Jun 2025
Interahamwe yabeshye yuko yarokotse Jenoside, Amerika iyikatira imyaka 15

Interahamwe yabeshye yuko yarokotse Jenoside, Amerika iyikatira imyaka 15

Ubwanditsi 03 Mar 2017

5 Ibitekerezo

  1. Ingabire Victoire Umuhoza
    October 8, 20182:30 pm -

    Ntibishoboka, Sindikubyumva, Bishoboka Bite?

    Boniface Twagirimana Yatorotse Gereza?

    Yabaga Murigereza Mugiyecyose Ishyaka Ryacu Ryariryaramubuze?

    Ahaaaaa Icyogukora Kiragaragaye

    Subiza
    • Bandora Charles
      October 9, 201812:12 pm -

      Uyu mugore Ingabire victoria, turasaba bakure impyisi mu ntama, nkuko Ndahiro Tom yabivuze
      nanjye nyene ntabwo niyumvisha ukuntu bareka interahamwe yo kurwego rwo hejuru ngo ikore
      ibyo yita politike yisanzuye,yewe ni burayi iyo batahuye umuntu nka ingabire, bahita bamuha akato,
      mbega ntamahemo bamuha, kandi aguma akurikiranwa bya hafi.
      Ntabwo numva FPR nzi uko ikingira igihugu, yabana na Ingabire, biransiga rwose, niba ari abagira
      inama President, turasaba afate ibyemezo bifadika kuri uyo mugore, kandi mu rwego rwa politiki.

      Subiza
  2. Sema Halelua
    October 8, 20182:37 pm -

    Cyangwa Bamwishe? Ingabirewe Uzakoriki?

    Subiza
    • Rebero Jeremy
      October 8, 20186:48 pm -

      Ingabire afite akazi kenshi ko kwamamaza Mushikiwabo no gusenya P5. Nta mwanya wo kwita kubya Bonifasi afite! Amaze kwumvisha abayoboke be “ndi umunyarwanda” n’akamaro kayo aho abonako n’ubwo wahotora cyanga wahonyora ikiremwamuntu ute, ariko uri umunyarwanda, ugomba gushyigikirwa mubyo ukora. Muri make “ndi umunyarwanda” ijye iza mbere ya “ndi umuntu”. Aha ati “bye-bye Kizito, byebye P5”. Yiyemeje kwerekana ukuntu Green Party ariyo ntambwe ya mbere Urwanda rwateye yuko ariyo opposition ikorana n’abandi banyarwanda. Kuriwe, ibikorwa byiza birimo biba! Mu minsi mike nawe araba ari muri ibyo bikorwa yita byiza.!

      Subiza
  3. Bandora Charles
    October 9, 201812:57 pm -

    Kwemera ko Ingabire yigaragura mu banyarwanda, nukoreka rubanda, abaturage turasaba Leta ´n ´Inteka ishinga amategeko gukora ibikwiye kugira abantu nkabo ntibongere kugaragara mu ruhando rwa Politiki.
    Muri Tanzaniya ntabwo yahabwa urubuga nahandi hose no mu bihugu byateye imbere, murebe uko ubufaransa
    buri kuburagiza Lepen.

    Subiza

Leave a Reply to Bandora Charles Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

“Aho bagejeje batwangisha Inkotanyi niho ngeze nigisha ibyiza byazo” Rachel Mugorewase wakuwe mu mashyamba ya Kongo
Amakuru

“Aho bagejeje batwangisha Inkotanyi niho ngeze nigisha ibyiza byazo” Rachel Mugorewase wakuwe mu mashyamba ya Kongo

Ubwanditsi 03 Oct 2022
Rwanda : Essence yazamutseho amafaranga 24, mazutu izamukaho 19
Mu Rwanda

Rwanda : Essence yazamutseho amafaranga 24, mazutu izamukaho 19

Ubwanditsi 05 Sep 2017
Hari impamvu muri PL na PSD koko bagombaga guhitamo Kagame
POLITIKI

Hari impamvu muri PL na PSD koko bagombaga guhitamo Kagame

Ubwanditsi 09 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru