• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»IKORANABUHANGA»U Rwanda ruyoboye Isi mu gushyiraho amabwiriza agenga imikorere ya drones

U Rwanda ruyoboye Isi mu gushyiraho amabwiriza agenga imikorere ya drones

Editorial 23 Jan 2018 IKORANABUHANGA

U Rwanda rwabaye igihugu cya mbere mu gushyiraho amabwiriza agenga imikorere y’indege zitagira abapilote (Drones), akaba ari intambwe izafasha mu gukomeza guhanga udushya no kwagura imikorere y’izo ndege.

Mu 2016 nibwo Leta y’u Rwanda ifatanyije n’ikigo gikora indege zifashishwa mu gutwara amaraso zitagira abapilote (Zipline) batangije uburyo bwa mbere ku Isi bwo kwifashisha indege nto zitagira abapilote mu gutwara amaraso n’ibindi bikenerwa mu buvuzi, zikabigeza mu bice bya kure aho ubundi buryo bw’ingendo bugoye.

Kuri ubu izi ndege mu Rwanda zimaze gukora ingendo zisaga ibihumbi bitatu.

Minisitiri w’Ikoranabuhanga n’Itumanaho, Jean de Dieu Rurangirwa, yavuze ko u Rwanda ruzakomeza guteza imbere ikoranabuhanga, ruteza imbere ibijyanye na Drones.

Yagize ati “Tugendeye ku buryo bwo gutwara amaraso hifashishijwe drones, tugiye guteza imbere ibijyanye nazo. Tuzakomeza gushyiraho ibikorwa remezo n’ingamba mu guhangana n’umuvuduko w’ikoranabuhanga riri gutera imbere mu guhindura ubuzima bwa benshi.”

Gushyiraho amabwiriza agenga drones hashingiwe ku mikorere yazo, bizafasha abazigenzura n’abazikoresha gufatanya gukemura ibibazo bishobora kuvuka birimo nko kubungabunga umutekano w’abaturage.

Rurangirwa yakomeje agira ati “Kongera imbaraga mu migenzurire ya drones, twabifashijwemo n’Ikigo cy’Inama y’Isi y’Ubukungu (World Economic Forum Center) gishinzwe iby’Impinduramatwara ya kane mu bukungu. Ni intambwe ikomeye mu gushyiraho uburyo bwiza buzoroshya iterambere rya drones. Turi no gushyiraho gahunda zo kubaka ubushobozi mu bafite impano mu gihugu no gufatanya n’abikorera mu gushyiraho umusingi impinduramatwara ya Kane mu bukungu izubakiraho.”

Umuyobozi w’Ikigo gishinzwe impinduramatwara ya Kane, Murat Sonmez, yavuze ko intego yabo ari ugufasha ibihugu nk’u Rwanda bishyigikiye iterambere ry’ikoranabuhanga.

Yagize ati “Intego yacu ni ugufasha Guverinoma nk’u Rwanda zifasha ubucuruzi, ba rwiyemezamirimo bato, abagize sosiyete sivile n’abakora ubushakashatsi guteza imbere ikoranabuhanga no kurikoresha mu nyungu z’abaturage.”

Murat yakomeje agira ati “U Rwanda nicyo gihugu cya mbere twafatanyije ku bijyanye na Drones. Kuba u Rwanda ruri ku isonga mu gushyiraho amabwiriza agenga drones, ni urugero ku bindi bihugu bishaka gukoresha ubu buryo.”

Izindi gahunda u Rwanda rushaka gushyira mu bikorwa mu bijyanye na drones harimo kuba igihugu cya mbere cya Afurika kizashyiraho uburyo bwo kugenzura drones mu kirere, Ikigo cy’Icyitegererezo mu bijyanye n’imyitozo y’ibya drones ndetse no gukoresha izo ndege mu kurwanya ba rushimusi muri pariki.

Umugereka w’amabwiriza ya Minisitiri yo ku wa 26 Mata 2016 arebana n’iby’indege za gisivili zitagira abapilote, ugaragaza amategeko agenga izi ndege zizakorera mu Rwanda zikazajya zikorera ibilo bitarenze 25 kandi zikaguruka mu kirere uziyoboye abasha kuzireba.

Biteganywa ko zizajya zifashishwa mu bikorwa birimo gufotora, gukurikirana ibihingwa mu murima, gushakisha cyangwa ubutabazi, ubwikorezi bwihuse, ubushakashatsi, uburezi no kwishimisha.

Ayo mabwiriza avuga ko izi ndege zitemerewe gukorera mu Rwanda mu gihe zitandikishijwe mu kigo gishinzwe iby’indege za gisivili kandi nyirayo agahabwa icyemezo gishingiye kuri aya mabwiriza nyuma yo kwishyura 110 000Frw.

Gukoresha drones mu kugeza amaraso kwa muganga bimaze gutangizwa mu bitaro 12 mu Rwanda birimo Kabgayi, Nyanza, Muhororo, Gitwe, Kirinda, Gakoma, Gikonko, Kaduha, Kabaya, Shyira, Ruhango na Ruli.Umwaka ushize u Rwanda rwahawe igihembo mpuzamahanga gihabwa abantu cyangwa ibigo byabaye indashyikirwa mu guhanga udushya kizwi nka Index Awards kubera itangizwa rya drones mu gutwara amaraso.

2018-01-23
Editorial

IZINDI NKURU

U Rwanda rwungutse sitasiyo ebyiri zizakemura ikibazo cy’amashanyarazi muri Kigali na Bugesera

U Rwanda rwungutse sitasiyo ebyiri zizakemura ikibazo cy’amashanyarazi muri Kigali na Bugesera

Editorial 30 Mar 2019
Kuvana ‘data’ kuri telephone yawe, utabizi. Byabonwe no mu Rwanda

Kuvana ‘data’ kuri telephone yawe, utabizi. Byabonwe no mu Rwanda

Editorial 04 Oct 2018
Tecno yashyize ku isoko telefoni nshya Camon X na Camon X Pro zizanye ikoranabuhanga rigezweho

Tecno yashyize ku isoko telefoni nshya Camon X na Camon X Pro zizanye ikoranabuhanga rigezweho

Editorial 28 Apr 2018
Mu minsi 70, abanyamahirwe 170 bamaze gutsinda muri poromosiyo ya ‘Yora Kashi’

Mu minsi 70, abanyamahirwe 170 bamaze gutsinda muri poromosiyo ya ‘Yora Kashi’

Editorial 03 Dec 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umusirikare wa RDF wari ufunzwe yarasiwe ku rukiko ashaka gutoroka
Mu Rwanda

Umusirikare wa RDF wari ufunzwe yarasiwe ku rukiko ashaka gutoroka

Editorial 20 Oct 2017
AMAFOTO – Ikipe ya Rayon Sports yamuritse imyambaro mishya izakoresha mu mwaka utaha w’imikino wa 2025-2026
Amakuru

AMAFOTO – Ikipe ya Rayon Sports yamuritse imyambaro mishya izakoresha mu mwaka utaha w’imikino wa 2025-2026

Editorial 11 Aug 2025
Green Party : Habineza yemejwe nk’Umukandida  Perezida mu matora
POLITIKI

Green Party : Habineza yemejwe nk’Umukandida Perezida mu matora

Editorial 19 Mar 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru