• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Uganda : Uwiyita umuhungu wa Perezida Museveni yahuye n’uruva gusenya

Uganda : Uwiyita umuhungu wa Perezida Museveni yahuye n’uruva gusenya

Editorial 17 Jan 2019 Mu Mahanga

Benon Karebere wemeza ko ari umuhungu wa Perezida wa Uganda Yoweri Museveni abagizi ba nabi bamuteye bamukomeretsa ku mutwe.

Abareba isura y’ uyu muhungu bemeza ko asa na Perezida Museveni. Benon w’ imyaka 41 avuga ko se yamutaye gusa avuga ko atari se wohereza abantu bo kumugirira nabi.

Benon yabwiye Matooke Republic ko umugiziwanabi yamuteye kuri butike acururizamo ari saa moya z’ umugoroba akanga gukingura.

Uyu mugiziwanabi yarakomaze abwira mushiki wa Benon ko ashaka Benon undi amubwira ko saa moya aba yakinze amusaba ko yagaruka bukeye.

Benon ati “Kuko umugabo yari kuri misiyo yazengurutse butike anyoherereza itafari arinyujije mu idirishya rimfata mu mutwe irindi rifata mushiki wanjye mu mutwe”

Benon yabwiye iki kinyamakuru ko icyo akeneye kuri Perezida Museveni ari uko yamuha isambu hanze ya Kampala akajya gutangira ubuzima bushya.

Yagize ati “Naramwinginze ko ampe ikibanza n’ isambu nazashyingurwamo napfuye ariko n’ uyu munsi amaso yaheze mu kirere. Ese agira ngo nzicirwe aha nka Kirumira?

Benon avuga ko abagizi ba nabi bamutera atari se(Perezida Museveni) ubohereza ahubwo ari abanzi ba Museveni bihishe inyuma y’ ubu bugizi bwa nabi ngo basige icyaha ubutegetsi bwa Museveni berekana ko bunaniwe.

Uyu muhungu asaba guverinoma ya Uganda ko yamwimura aho atuye cyangwa ikamushakira uburinzi niba Perezida Museveni adashaka kumwakira mu rugo nk’ umwana we.

Benon Karebere avuga ko nyina ari ku buriri agiye upfa aribwo yamubwiye ko Perezida Museveni ari we se.

Uyu muhungu kugeza ubu nta kimenyetso simusiga afite kigaragaza ko Perezida Museveni ari we se nubwo mu isura bajya gusa.

Gusa hari abasanga Museveni na Benon bakiranurwa no kupima uturemangingo tugaragaza amasano abantu bafitanye. Uwitwa Summer Donna yagize ati “Biroroshye, reka Perezida Museveni na Karebere bazapimwe DNA”

Perezida Museveni n’ umugore Janet Museveni bafitanye abana bane aribo Muhoozi Kainerugaba, Natasha Museveni Karugire, Patience Museveni Rwabwogo, Diana Museveni Kamuntu.

Src : Ukwezi

2019-01-17
Editorial

IZINDI NKURU

Urukiko rwategetse ko Umunyamakuru Shyaka Kanuma afungwa by’agateganyo iminsi 30

Urukiko rwategetse ko Umunyamakuru Shyaka Kanuma afungwa by’agateganyo iminsi 30

Editorial 17 Jan 2017
Polisi yakuye mu rujijo abiyandikishiriza gukorera impushya zo gutwara ibinyabiziga

Polisi yakuye mu rujijo abiyandikishiriza gukorera impushya zo gutwara ibinyabiziga

Editorial 12 Oct 2016
Rulindo:Umugabo yiturikirijeho Gerenade ahita apfa

Rulindo:Umugabo yiturikirijeho Gerenade ahita apfa

Editorial 17 Oct 2016
Gakenke: Umuforomokazi yatawe muri yombi nyuma yo guhambira uruhisha akaboko kugeza kabyimbye

Gakenke: Umuforomokazi yatawe muri yombi nyuma yo guhambira uruhisha akaboko kugeza kabyimbye

Editorial 04 Jan 2017

Igitekerezo kimwe

  1. niyogihozo
    January 29, 20198:07 am -

    Birashekeje. Umuntu wa 41 ans nawe niyihigire ubuzima niba se atamwemera ntakiri uruhinja rugwa mu ziko areke kwirirwa asakuza yiteza abamugirira nabi.
    Abaperezida baragowe koko.

    Subiza

Leave a Reply to niyogihozo Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ishyaka FRODEBU rivuga ko CNDD- FDD ishaka kugarura ingoma ya cyami mu Burundi
INKURU NYAMUKURU

Ishyaka FRODEBU rivuga ko CNDD- FDD ishaka kugarura ingoma ya cyami mu Burundi

Editorial 05 May 2018
Amakipe 26 yiyandikishije muri shampiyona nyafurika ya Volley Ball, harimo APR VC na REG VC yo mu Rwanda
Amakuru

Amakipe 26 yiyandikishije muri shampiyona nyafurika ya Volley Ball, harimo APR VC na REG VC yo mu Rwanda

Editorial 21 Mar 2021
Umunyarwanda yavuze uko yakorewe iyicarubozo muri Uganda n’abavuga Ikinyarwanda bari muri CMI
INKURU NYAMUKURU

Umunyarwanda yavuze uko yakorewe iyicarubozo muri Uganda n’abavuga Ikinyarwanda bari muri CMI

Editorial 23 Feb 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru