• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Uko ikoranabuhanga rishya mu kugenzura umutekano wo mu muhanda rikora

Uko ikoranabuhanga rishya mu kugenzura umutekano wo mu muhanda rikora

Ubwanditsi 01 Feb 2017 Mu Mahanga

Mu Kuboza umwaka ushize, Polisi y’u Rwanda yatangije ku mugaragaro uburyo bushya bw’ikoranabuhanga ryo mu rwego rwo hejuru rikomatanya serivisi zitangwa na Polisi y’u Rwanda, ishami ryayo rishinzwe umutekano wo mu muhanda ubusanzwe zakorwaga mu buryo bw’intoki, mu kugenzura no guhana abanyamakosa.

Ubwitwa Hand Held Terminal(HHT) ni ubwo kwishyura ihazabu waciwe kubera amakosa yo mu muhanda ariko hadakoreshwejwe amafaranga mu ntoki ahubwo hakoreshejwe ikoranabuhanga ryifashisha amakarita ya VISA(VISA card) naho Automated Number Plate Recognition(ANPR) yo, kikaba ari icyuma gikora nka mudasobwa kiba mu modoka za Polisi, kigenzura byihuse imiterere n’ubuziranenge bw’imodoka zindi.

Umuvugizi wa Polisi muri ririya shami, CIP Emmanuel Kabanda avuga ko buriya buryo bushya , hari bamwe bukomeje kugora mu myishyurire yabo aho agira ati:” Ari HHT cyangwa ANPR ni bimwe mu bigize uburyo bwagutse bw’ikoranabuhanga (Information Management System) Polisi igiye gukoresha bukaba buzasimbura serivisi hafi ya zose zakoreshwaga intoki zirimo gukora ibizami- ngiro n’ibyanditse mu gukorera impushya zo gutwara ibinyabiziga n’izindi,…”

Uko HHT ikora

CIP Kabanda agira ati:” Hand-Held Terminal (HHT) , isimbura uburyo busanzweho bukoresha urupapuro ruzwi nka contravention. Ireba uruhushya rw’umushoferi maze agahita yakira ubutumwa bumubwira ubwoko bw’ikosa n’icyo rihanishwa. Ituma uhanwe yakwishyurira aho ari ako kanya akoresheje VISA card n’indi makarita akoreshwaho amafaranga, Mtn Mobile Money, Tigo Cash or Airtel Moneyn’ubundi.”

Kwishyura ukoresheje uburyo bwa banki, ujya mu rubuga Irembo, ukanda *909#, ugahitamo ururimi, ukajya kuri 14, ukinjizamo nimero y’ihazabu(contravention number) ukohereza.

Aha CIP Kabanda agira ati:” Hakoreshejwe ubu buryo, ntihazongera kubaho kugumana ibyangombwa by’umushoferi, ntibizaba ngombwa kugendana amafaranga ari nayo gahunda ya Leta, bizagabanya ibyo gutonda imirongo kuri za banki ndetse no kujya kuri Polisi kuvanayo ibyangombwa biba byarafashwe; ibi byose byatwaraga umwanya n’amafaranga y’ingendo zijya mu biro bitandukanye twavuze.”

Yavuze ariko ko, n’uburyo bwari busanzwe nabwo bugikoreshwa ku waba abyifuza, kimwe no ku banyamahanga batanditswe mu byuma bya Polisi; aha akaba yanongeyeho ati:” Abafatiwe mu makosa baracyafite ya minsi itatu yo kwishyura bakoresheje bumwe muri ubu buryo bwo kwishyura.”

Yavuze ko kutishyura muri iyo minsi yagenwe, bituma umushoferi ashyirwa ku rutonde rw’abitwara nabi . binatuma imyitwarire ye ikurikiranirwa hafi.

Yagize ati:” Iri koranabuhanga rikoze ku buryo ikosa ryose rikozwe n’umushoferi ryandikwarikabikwa, rikaba ryashingirwaho mu kumuhana igihe afatiwe mu yandi makosa, harimo no kumwambura uruhushya rwe.”

Naho icyuma cya ANPR cyo, kimenya niba imodoka iri ku rutonde rw’izishakishwa kubera ibyaha runaka, kimenya byihuse igihe igenzura ry’ubuziranenge bw’imodoka rishigaje ngo hakorwe irindi, ubwishingizi, nyirayo ndetse n’amakosa yaba yarakoze mbere.

Hakoreshejwe ubu buryo, nyir’imodoka nawe azajya yandikwa mu ikoranabuhanga ashyirwe ku rutonde rw’abagomba kugenzurirwa imodoka, icyo gihe kandi azajya anabona ubutumwa bumwibutsa ko imodoka ye iri mu zigomba kugenzurwa bityo yihutire kuyijyanayo.

Uburyo bw’ikoranabuhanga bwagutse muri ibi bikorwa buzakoreshwa ku bufatanye bwa Polisi y’u Rwanda n’ibindi bigo nk’ikigo cy’igihugu gishinzwe imisoro n’amahoro(RRA) ndetse n’Ikigo cy’igihugu cy’irangamuntu, byose bigira uruhare mu kugenzura ibikorerwa mu muhanda.

-5570.jpg

Umwe mu ba Polisi bashinzwe umutekano wo mu muhanda agenzura uruhushya rwo gutwara ikinyabiziga akoresheje ikoranabuhanga

2017-02-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nyuma y’ibuyera n’ifatwa rye, Ruharwa Fulgence Kayishema ashobora kwisanga mu nzira igana Arusha

Nyuma y’ibuyera n’ifatwa rye, Ruharwa Fulgence Kayishema ashobora kwisanga mu nzira igana Arusha

Ubwanditsi 16 Aug 2023
RIB yasimbuye CID izaba ikora nka FBI yitezweho kunoza iperereza

RIB yasimbuye CID izaba ikora nka FBI yitezweho kunoza iperereza

Ubwanditsi 15 Nov 2016
Burundi: Umuyoboke wa Agathon Rwasa yatawe muri yombi ashinjwa ubwicanyi

Burundi: Umuyoboke wa Agathon Rwasa yatawe muri yombi ashinjwa ubwicanyi

Ubwanditsi 23 Oct 2018
Perezida Kagame yakiriye Dr Dlamini wanyuzwe n’aho imyiteguro y’inama ya AU igeze

Perezida Kagame yakiriye Dr Dlamini wanyuzwe n’aho imyiteguro y’inama ya AU igeze

Ubwanditsi 16 Jun 2016

Igitekerezo kimwe

  1. Cornerstone
    February 7, 201910:31 am -

    Wel done. Go go Rwanda nguko ibihugu byateye imbere bikora. Nta cash mu ntoki za police. Bizabarinda itunda Adam na eva bariye. Kulibo ni ruswa mvuga

    Subiza

Leave a Reply to Cornerstone Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Inama ya ba Minisitiri ba EAPCCO yasoje ifashe ingamba zikomeye zo kurwanya ibyaha ndengamipaka
Mu Mahanga

Inama ya ba Minisitiri ba EAPCCO yasoje ifashe ingamba zikomeye zo kurwanya ibyaha ndengamipaka

Ubwanditsi 02 Sep 2016
Haba hakiri Abanyarwanda bagihohotererwa muri Gereza za CMI muri Uganda, Fred yaguye muri Gereza yayo
Amakuru

Haba hakiri Abanyarwanda bagihohotererwa muri Gereza za CMI muri Uganda, Fred yaguye muri Gereza yayo

Ubwanditsi 22 Aug 2023
Liverpool vs Man City, Real vs Juve muri ¼ cya UEFA Champions League
IMIKINO

Liverpool vs Man City, Real vs Juve muri ¼ cya UEFA Champions League

Ubwanditsi 16 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru