• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Uko Ishimwe yashimutiwe muri Uganda : Yasohotse agiye kuvugisha nyina yisanga mu maboko ya CMI

Uko Ishimwe yashimutiwe muri Uganda : Yasohotse agiye kuvugisha nyina yisanga mu maboko ya CMI

Ubwanditsi 10 Jun 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ishimwe Rutare Moses w’imyaka 34 ni undi munyarwanda uheruka gusimbuka urupfu nyuma y’amezi asaga atanu ari mu bibazo bikomeye muri Uganda, aho yaciye mu buzima bugoye burimo amezi atatu yamaze muri kasho, akorerwa iyicarubozo ku maherere.

Iyo muganira ukareba intege nke avugana, ukitegereza n’amafoto agaragaza uko yari ameze mu minsi mike mbere y’uko afatwa, ubona urwego rw’iyicarubozo yakorewe. Ibikorwa nk’ibi ni byo biheruka gutuma Guverinoma y’u Rwanda isaba abaturage bayo kuba bahagaritse kujya muri Uganda.

Ku wa 22 Ukuhoza 2018 nibwo yafashwe n’abantu bambaye imyenda isanzwe, ubwo yari mu gace ka Bugolobi muri Uganda mu gikorwa cyaberaga ku itorero Zoe Fellowship.

Bijya gutangira, ngo nyina wari mu Rwanda yamuhamagaye kuri telefoni, undi asohoka ahunga urusaku ngo babashe kumvikana. Aho yari ahagaze ari kuri telefoni yegerewe n’umuntu yabanje gukeka ko agiye kumuyoboza, ahubwo aramubaza ati ‘urakora iki hano’. Nawe ngo yamubajije uburyo amubaza ibintu nk’ibyo, bihera aho birakomera.

Ati “Ubundi ibintu byashoboraga kurangirira i Bugolobi kuko hari sitasiyo ya polisi iyo biba ari byo bashaka. Kubera ko yansabaga indangamuntu kandi yari iri mu modoka aho ku rusengero, nasabye niba najya kuyifata, niba bayikeneye. Ntabwo bashatse ko ibintu birangirira aho.”

Uwo muntu ngo yahise ashyira isasu mu mbunda amwinjiza aho mu nyubako yindi, biza kuvamo ko Ishimwe yari ahagaze aho arimo kuneka nk’uko yabibwiye itangazamakuru kuri uyu wa Mbere.

Yakomeje ati “Bamfashe amafoto barayohereza, nyuma haza abantu nka batandatu bari mu modoka ya gisivili bafite imbunda, banyambika ikintu kimfuka mu maso, kuva uwo munsi nabagaho mfutse mu maso bankorera iyicarubozo n’ibindi.”

“Abamfashe, ikintu cya mbere bambwiye baravuze ngo nsa na Kagame, nta kintu bambwiye. Sinashakishwaga na leta yabo, nta makosa na make nari ndimo.”

Nyuma yo gufatwa ngo bamujyanye mu kigo cya CMI i Mbuya ari naho yakorewe iyicarubozo, akubitwa mu buryo bukomeye. Abari bajyanye na Ishimwe gusenga batangiye gukurikirana aho undi yagiye ndetse n’umuryango we uramenyeshwa.

Yakorewe iyicarubozo rikomeye

Ishimwe yakomeje ati “Narakubiswe cyane nkiri muri CMI, nza kuremba kubera ibikomere, ku buryo nyuma ubwo banjyanaga kuri kasho ya Kireka kwari nko kunyikiza kuko nari narembye, ntabwo bashakaga ko uburwayi bukomera nkiri Mbuya, bityo banjyana i Kireka [ho ni kuri sitasiyo ya polisi]. Muri Kireka nahoraga ngaragaza uburwayi mfite kandi nakuye aho hantu.”

“Ubwo bajyaga kumvuza, umwe mu bayobozi witwa Kandiho yaje kumbaza ngo uratekereza ko ntashobora gutanga raporo mu Rwanda ko wapfuye? Njye nkibaza nti nakoze iki cyatuma bikorwa ku buryo hatangwa raporo ko umuntu yapfuye kandi nta kintu yakoze?”

Icyo gihe ngo yafungiwe ahantu hegereye inyanja ku buryo utareba Izuba, n’ukujyanye nko kwiherera akagenda agufashe ukubiko, nabyo bigakorerwa mu kijerikani ahongaho.

Aho hantu ngo hari hafungiwe n’abandi banyarwanda, bose babayeho mu buzima bwo gukubitwa no gutotezwa.

Ishimwe yakomeje ati “Nta kintu baba bakurega ariko uba utareba, baraza bakakumvisha ko uri intasi, banyumvishaga ko natorotse igisirikare cya hano kandi nta gisirikare nigeze njyamo, bavuga ko nacuruzaga indaya muri Uganda, ibyo byose nta kintu na kimwe cyari ukuri.”

Ati “Njye nagize Imana ko navuyeyo, ndayishima ko habayeho itorero nakoreraga, ambasade na Guverinoma y’u Rwanda ndetse n’abandi bakoze ubukangurambaga kugira ngo bandekure. Ariko bari abandi batagize ayo mahirwe bakiriyo.”

Hari abemeye kumubera ingwate

Ishimwe avuga ko amaze gufungwa inshuti ye yo muri Uganda yari mu rusengero ku munsi afatwa, yahise ijya mu rukiko itanga ikirego mu rukiko ko umuntu yashimuswe.

Ati “Namaze ukwezi muri Mbuya, baza kunjyana muri Kireka, ho ni muri polisi ariko barahafungira, mvuye Kireka nibwo najyanywe muri gereza ya Luzira namazemo icyumweru. Aho nibwo nasabye kurekurwa ntanze miliyoni ebyiri z’amashillingi nk’ingwate. Ubutabera hariya burahenze, bigusaba kwishyura amfaranga no mu bintu biba bigaragara.”

Ku wa 11 Werurwe nibwo Ishimwe wari washyikirijwe urukiko ashinjwa kwinjira muri Uganda mu buryo bnyuranyije n’amategeko, yemerewe gufungurwa by’agateganyo atanze ingwate, aho harimo abantu babiri bo muri Uganda bemeye kumubera abishingizi.

Urubanza rwaje kunyongwa batanze ruswa

Ku wa Gatanu w’icyumweru gishize nibwo Ishimwe yabashije kugaruka mu Rwanda ubwo urubanza rwe rwari rumaze kuburizwamo nubwo na mbere hose nta cyo yaregwaga gifatika.

Mukuru we witwa Irumva Fred Rutare ni umwe mu bakurikiranye cyane umuvandimwe we ubwo yari afungiwe muri Uganda. Iyo asobanura ibyabaye, nubwo bavuga ko amarira y’uimugabo atemba ajya mu nda, we kwihangana biranga akanashoka ku matama.

Bakimara kumubura yafashwe na CMI ngo bihutiye gushakisha, ariko bitewe n’uko yabuze yari akirimo kuvugana na nyina, babanje kubaza umukobwa bari bajyanye gusenga ari nawe wababwiye ko Ishimwe yafunzwe, bahita bamenyesha Minisiteri y’ububanyi n’amahanga y’u Rwanda na yo yahise imenyesha Ambasade y’u Rwanda i Kampala.

Ati “Hari abantu bari batubwiye ko bavugana n’abasirikare ba CMI kugira ngo bamuturekurrire, ariko ari ugutanga ruswa. Tubanza gutanga nka miliyoni eshatu z’amashillingi ya Uganda ariko ntibamurekure, duhitamo kuba twashaka abavoka.”

Gutangiza ikirego nabwo ngo basabwaga miliyoni eshanu z’amashillingi, byose hamwe byabatwaye miliyoni 15 z’amashillingi kuko baburanye inshuro eshatu.

Inshuro ya mbere ngo umucamanza yandikiye Abel Kandiho uyobora CMI amutegeka kurekura ishimwe cyangwa uru rwego rukamugeza imbere y’urukiko. Nibwo muri Werurwe yagejejwe imbere y’umucamanza nyuma y’amezi atatu muri kasho, mu gihe bamubaza bamushinjaga ubutasi, bagiye mu rukiko bamushinja kwinjira muri Uganda nta byangobwa kandi yari abifite.

Irumva yakomeje ati “Babikoze ku gitutu kuko babonaga urukiko rukuru rumaze gutanga itegeko ko Kandiho areka murumuna wanjye nibanta rubanza afite, niba ruhari bajye mu rukiko. Bahita bahimba ibyo kuko bari babuze ibintu bamubeshyera.”

Bageze imbere y’umucamanza nibwo yategetse ko avanwa muri kasho ya polisi bari bamwimuriyemo bakamujyana muri Gereza ya Luzira.

Irumva yakomeje ati “Hari inshuti nziza z’abagande zadufashije, batubereye imfura. Baramuhagararira babiri nk’ingwate, abandi baramukurikirana. Nyuma y’icyo cyumweru baramurekuye akurikirana urubanza ari hanze. Ariko hagati aho ari hanze, abashinjacyaha badusabye miliyoni ebyiri z’amashillingi kugira ngo bice urubanza.”

Ibyo byatumye bibaza uburyo umuntu yakubiswe agakorerwa iyicarubozo, bakagerekaho no gusaba amafaranga, ariko kubera kobashakaga ko ataha, barayatanga, urubanza baruzambya nubwo. Ku wa Kane w’icyumweru gishize Ishimwe yararekuwe agaruka iwabo.

Irumva wasobanuraga ibi byose amarira amanuka ku matama, yashimiye Leta y’u Rwanda yabafashije cyane mubihe byari bikomeye, ndetse n’inshuti z’Abanya-Uganda zabafashije kubona ingwate nmaze Ishimwe akaburana ari hanze, kugeza arekuwe agataha.

Avuga ko nibura uru rugendo rwabatwaye miliyoni zirenga 20 z’amashillingi ya Uganda.

2019-06-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida wa Zambia Edgar Lungu ategerejwe  mu Rwanda kuri uyu wa Gatatu

Perezida wa Zambia Edgar Lungu ategerejwe mu Rwanda kuri uyu wa Gatatu

Ubwanditsi 20 Feb 2018
Jambo asbl yatangije ubukangurambaga bwo gufasha imitwe y’iterabwoba ku manywa y’ihangu

Jambo asbl yatangije ubukangurambaga bwo gufasha imitwe y’iterabwoba ku manywa y’ihangu

Ubwanditsi 14 Dec 2020
Joseph Mugenzi nawe mu gihome nyuma y’umuhungu we Rene Mugenzi, akurikiranweho ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi

Joseph Mugenzi nawe mu gihome nyuma y’umuhungu we Rene Mugenzi, akurikiranweho ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 27 Oct 2020
Parimehutu yapfushije umwana, uRwanda rupfusha umwanzi

Parimehutu yapfushije umwana, uRwanda rupfusha umwanzi

Ubwanditsi 04 Mar 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Niba hari impunduka turasubira muri Guma guma
IMIKINO

Niba hari impunduka turasubira muri Guma guma

Ubwanditsi 29 Feb 2016
Tumenye bamwe mu barwanya Leta y’u Rwanda ( Igice 2)
ITOHOZA

Tumenye bamwe mu barwanya Leta y’u Rwanda ( Igice 2)

Ubwanditsi 28 Feb 2016
Icyoba ni cyose ku mupaka wa Uganda na Congo
INKURU NYAMUKURU

Icyoba ni cyose ku mupaka wa Uganda na Congo

Ubwanditsi 16 Dec 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru