• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Urubanza rwabishe Col Karegeya ntakirimo n’ubwo rugiye gutangira i Randburg muri Afurika y’Epfo

Urubanza rwabishe Col Karegeya ntakirimo n’ubwo rugiye gutangira i Randburg muri Afurika y’Epfo

Ubwanditsi 01 Nov 2018 ITOHOZA

Amakuru dukesha   kimwe mu binyamakuru byo muri Afurika y’Epfo n’uko urubanza rwabishe Colonel Patrick Karegeya bamwiciye muri hoteli yitwa Michalangelo Towers hagiye gushira imyaka 5 rwatangira kuri uyu wa kane  taliki 1 Ugushyingo 2018.

Birazwi ko Col Patrick Karegeya yishwe n’abantu  bo muri RNC barimo Rudasingwa Theogene na mukuru we Gahima  Gerald bafatanije na Gen. Kayumba Nyamwasa, kubera urwikekwe abo nibo abacuze umugambi  bakoresheje umwe mu bagore [umurundikazi ] wari ihabara ya Col. Karegeya, amunigiraga  Hoteli,  akoresheje isuwime dore ko Karegeye yari yanyoye za Wisky nyinshi  yishimira ubunani bwo  kw’ italiki ya 31 Ukuboza 2013.

Uru rubanza ruzabera ahantu hitwa Rundburg mu majyaruguru ya Johannesburg aho abacamanza bazafata icyemezo kw’italiki n’ahantu urubanza nyarwo mu mizi ruzabera.

Habaye itekinika ku bimenyetso by’urupfu rwa Col Patrick Karegeya

Igipolisi cy’Afrika y’Epfo cyataye muri yombi umwe mu bakozi bacyo kimurega kurya ruswa, akagerageza cyangwa agatekinika ibimenyetso mu maperereza ku byaha bikomeye. Muri ayo madosiye yakorwagaho iperereza harimo iy’urupfu rwa Col Patrick Karegeya.

Nyuma y’ifatwa ry’uyu mupolisi, igipolisi cy’Afrika y’Epfo gisa nk’icyamwaye kigerageza kwisobanura kivuga ko uwo mupolisi wafashwe yari umuhanga mu gukusanya ibimenyetso bisigwa n’intoki (empreintes digitales) akazi ke kakaba kari ukujya aho icyaha cyakorewe kugira ngo afate ibimenyetso by’ahakozwe n’intoki akabishyikiriza abandi bapolisi bashinzwe iperereza.

Ariko uyu mupolisi wafashwe siko yabigenje, kuko raporo yakoze ku bimenyetso yashoboye gukusanya ahiciwe Col Karegeya yari akibifite mu biro bye nyuma y’amezi 14  Karegeya  yishwe! Hakaba hibazwa impamvu atatanze ibyo bimenyetso, ariko impamvu yaje kugaragara ni uko ibyo bimenyetso  byafataga Kayumba Nyamwasa n’abishi be.

Polisi y’Afrika y’Epfo yatangaje ko  isanga iri fatwa ry’uyu mupolisi itangazamakuru ritamenye irengero rye ngo ari ikintu cyiza kuri dosiye y’urupfu rwa Col Karegeya kuko noneho abakora iperereza  bizeraga ko bagiye kubona ibimenyetso batari bahawe maze iperereza rigakomeza. Ariko umuntu yakwibaza niba ibyo bimenyetso byuzuye cyangwa uyu mupolisi hari icyo yabihinduyeho.

Uyu mupolisi yafashwe kubera iyindi dosiye, mu iperereza biza kugaragara ko yashatse guhisha ibimenyetso bya dosiye ya Col Karegeya, ibimenyetso bisigwa n’intoki bikaba ari ikintu gikomeye gishobora kwifashishwa mu iperereza.

Umuvugizi wa Polisi y’Afrika y’Epfo avuga ko abakora iperereza ku iyicwa rya Col Karegeya bagaragaje kenshi ko raporo ku bimenyetso bisigwa n’intoki yaburaga, bakabona atari ibintu bisanzwe, bakaba barakomeje kubaza icyo kibazo inshuro nyinshi ariko umupolisi wafashe ibyo bimenyetso yakomeje kwijijisha agashaka impamvu z’urwitwazo zo kudatanga raporo ku bimenyetso.

 

2018-11-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Urwishigishiye ararusoma: Amaganya ya Habimana Hamada wa CNRD-FLN aragaragaza ubujyahabi bishoyemo

Urwishigishiye ararusoma: Amaganya ya Habimana Hamada wa CNRD-FLN aragaragaza ubujyahabi bishoyemo

Ubwanditsi 11 Jun 2024
Al Gore, Blair, Kofi Annan n’abaperezida batanu bategerejwe i Kigali mu nama yiga ku buhinzi

Al Gore, Blair, Kofi Annan n’abaperezida batanu bategerejwe i Kigali mu nama yiga ku buhinzi

Ubwanditsi 07 Aug 2018
FDLR mu marembera. Abarwanyi bayo bakomeje gupfa nk’udushwiriri, abarokotse bakishyira mu maboko y’ingabo za Kongo.

FDLR mu marembera. Abarwanyi bayo bakomeje gupfa nk’udushwiriri, abarokotse bakishyira mu maboko y’ingabo za Kongo.

Ubwanditsi 23 Jun 2021
Intambara ziri kubera ku Isi muri iki gihe: Ingaruka, Impamvu n’Impungenge Mpuzamahanga

Intambara ziri kubera ku Isi muri iki gihe: Ingaruka, Impamvu n’Impungenge Mpuzamahanga

Ubwanditsi 24 Jun 2025

2 Ibitekerezo

  1. Sunday
    November 4, 20187:36 pm -

    Aba sibo bitwa ba Barikeka? Ninde utazi ko umwicanyi kagame ariwe wishe Karegeya?

    Subiza
  2. CornerStone
    November 6, 20189:42 am -

    Wowe wiyise sunday jye nkwise darkday, menya ko niba uli umusirikare, nkuriya uhungana amabanga yigihugu umenye ko buli gihugu cyiyubaha kigomba kumushakira epfo na ruguru,
    Yaba muzima cg umurambo. Cfr CIA, USA, NASI, murebe Assange wa wikileaks. … Russia umwe yaroze london… Israël na ex agent Mossad…

    Menya kandi wa nanga we ko uretse nubuswa bwawe niwe wanarimbuye abarwanyaga leta guhera kera, bariya bose baguye kenya ugira ninde wabamanuye ?
    Iyo uhisemo gupfa nka zimwe zimoka, wicishwa ibiziriko. Kera twararirimbaga duti uretse bamwe barenzwe bakibagirwa. …
    Jicho la chama chama chetu cha RPA (RPF) hauna pa kujificha. … Nyamwasa nabandi ba desesperados babe babyumva. Nshimye ko bo bapfuye bafite ibihera byinshi, nimiryango yabo ikize inzana zabo zig à Hanze mubazungu, abapfiriye Kurt gamba alingaragu, ababyeyi babo bincike ko bativumbura ? Aba demob bafite Post trauma disorder syndrom, aba cader babakene. Kuki batigaragambya ? Tubivuge, benshi bitwaza kurwanya leta kugira babone ubuhungiro ino mubazungu. Ntacyo bazageraho, ni mutekane mwiteze imbere bene kanya Rwanda. Mugire amahoro.

    Subiza

Leave a Reply to CornerStone Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rafael York yasanze Amavubi muri Afurika y’Epfo, US Monastir itwara BAL 2022 , Kigali Peace Marathon imidali yihariwe na Kenya – Ibyaranze impera z’icyumweru muri Siporo
Amakuru

Rafael York yasanze Amavubi muri Afurika y’Epfo, US Monastir itwara BAL 2022 , Kigali Peace Marathon imidali yihariwe na Kenya – Ibyaranze impera z’icyumweru muri Siporo

Ubwanditsi 30 May 2022
Perezida Kagame yatanzweho urugero rw’Umukuru w’Igihugu muri Afurika warwanyije ruswa
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yatanzweho urugero rw’Umukuru w’Igihugu muri Afurika warwanyije ruswa

Ubwanditsi 24 Feb 2018
Congo: Umuyobozi mukuru w’ibiro bya Perezida Tshisekedi yatawe muri yombi
POLITIKI

Congo: Umuyobozi mukuru w’ibiro bya Perezida Tshisekedi yatawe muri yombi

Ubwanditsi 09 Apr 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru