• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Urukiko rwa Loni rwitabaje abafashe abo muri Yugoslavia ngo bahige ba Kabuga

Urukiko rwa Loni rwitabaje abafashe abo muri Yugoslavia ngo bahige ba Kabuga

Editorial 14 Feb 2018 Mu Rwanda

Umushinjacyaha Mukuru w’Urwego rwasimbuye Urukiko Mpuzamahanga rwashyiriweho u Rwanda (MICT), Dr Serge Brammertz aratangaza ko yinjije mu ikipe ye abafashije guta muri yombi abakoze ibyaha mu cyahoze ari Yugoslavia ngo bamufashe no guhiga Kabuga Felicien n’abandi baburiwe irengero bakekwaho jenoside.

Ibi Dr Brammertz yabitangaje kuri uyu wa Kabiri tariki 13 Gashyantare, mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru aho ari mu kazi i Kigali.

Yavuze ko atemerewe kugira icyo avuga ku ho bageze bashakisha abagabo umunani basigaye bakekwaho uruhare rukomeye muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, ariko akemeza ko bari gukaza ikipe ngo aba bashyikirizwe ubutabera.

Yagize ati “Twashyizeho uburyo bwose bushoboka ku buryo ubu turi gukora cyane nubwo bitoroshye kumenya abo aba bagabo baherereye. Ndemera ko twananiwe kubata muri yombi mu myaka yashize kuko niko kuri kandi hari abakora cyane ngo bafatwe, ariko biragoye kumenya aho bari rwose.”

Abajijwe impamvu nyuma y’imyaka 24 Urukiko rw’Umuryango w’Abibumbye rwashyiriweho u Rwanda rwananiwe gushyikiriza aba bagabo ubutabera, Brammertz yavuze ko yagerageje gushakisha icyabiteye n’ikitarakorwaga neza.

Yagize ati “Ubu ndi gukorana na benshi mu bo twakoranye mu guhiga abakoze ibyaha by’intambara mu cyahoze ari Yugoslavia, […] ni ibyo kwishimira cyane kuko urukiko rwashyiriwe iki gihugu rwafunze imirimo yarwo nta n’umwe ukidegembya. Byari bigoye ariko kuba Radovan Karadžić na Ratko Mladić barafashwe nyuma y’imyaka 15 na 17 ni igikorwa cy’ingenzi.”

Ngo bize byinshi ku buryo ubu bari no kwifashisha ikoranabuganga mu kumenya aho aba bagabo bakurikiranweho jenoside mu Rwanda batabwe muri yombi.

Yunzemo ati “Ntibyoroshye namba kuko aba bagabo bafite ibyangombwa bitandukanye dore ko babashije kwihisha iyi myaka yose kandi birashoboka ko hari abantu babafashije mu buryo bukomeye cyane.”

Ku bantu 90 Urukiko rwa Arusha rwari rufite inshingano zo kuburanisha, 8 bonyine ni bo basigaye. Muri bo, batatu bagomba kuzaburanishwa n’uru rwego rwasimbuye Urukiko rwa Arusha. Barimo Félicien Kabuga, Protais Mpiranya na Augustin Bizimana.

Naho dosiye z’abandi batanu ari bo Fulgence Kayishema, Charles Sikubwabo, Aloys Ndimbati, Ryandikayo na Phénéas Munyarugarama zoherejwe mu Rwanda nubwo uru rwego ari rwo ruzakomeza kubahiga.

Abakekwaho uruhare muri jenoside 18 bari barahunze bamazwe koherezwa kuburanira mu Rwanda, naho hirya no hino ku Isi cyane cyane mu Burayi, 21 bari kuburana mu nkiko.

2018-02-14
Editorial

IZINDI NKURU

Nyuma y’ubwumvikane bw’impande zombi, ikipe ya Etoile de l’Est yatandukanye na Banamwana Camarade wari umutoza wungirije

Nyuma y’ubwumvikane bw’impande zombi, ikipe ya Etoile de l’Est yatandukanye na Banamwana Camarade wari umutoza wungirije

Editorial 28 Feb 2022
Uganda: Abasirikare 2 ba UPDF bakorewe iyicarubozo ku munsi w’umurimo

Uganda: Abasirikare 2 ba UPDF bakorewe iyicarubozo ku munsi w’umurimo

Editorial 05 May 2017
Ngarambe Rafaél yatorewe kuba Perezida w’ishyirahamwe ry’umukino w’intoki wa Volleyball mu Rwanda.

Ngarambe Rafaél yatorewe kuba Perezida w’ishyirahamwe ry’umukino w’intoki wa Volleyball mu Rwanda.

Editorial 30 May 2021
Minisitiri Musoni yatashye amazi n’amashanyarazi byatanzwe na Polisi y’u Rwanda

Minisitiri Musoni yatashye amazi n’amashanyarazi byatanzwe na Polisi y’u Rwanda

Editorial 23 May 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abanyarwanda icyenda bagejeje Leta ya Uganda mu rukiko
Mu Rwanda

Abanyarwanda icyenda bagejeje Leta ya Uganda mu rukiko

Editorial 14 Aug 2019
Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yo ku wa Gatanu tariki ya 1 Kamena 2018
INKURU NYAMUKURU

Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yo ku wa Gatanu tariki ya 1 Kamena 2018

Editorial 02 Jun 2018
Mu Rwanda uyu munsi hagaragaye undi muntu umwe urwaye Coronavirus
HIRYA NO HINO

Mu Rwanda uyu munsi hagaragaye undi muntu umwe urwaye Coronavirus

Editorial 07 Apr 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru