• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Urwego RPS igezeho tubikesha gushyira hamwe: Prof Sezibera

Urwego RPS igezeho tubikesha gushyira hamwe: Prof Sezibera

Editorial 17 Jan 2018 Mu Rwanda

I Kigali hateraniye inama rusange y’abayobozi bahagarariye abandi mu rugaga ry’abavuzi b’indwara z’imwitwarire n’imitekerereze ya muntu Rwanda (Rwanda Pyschological Society) baturutse mu ntara 4 z’igihugu n’umujyi wa Kigali ku nshuro yayo ya 5 .

Umuyobozi w’urugaga ruhuriyemo n’abize ubuvuzi bw’imyitwarire n’imitekerereze ya muntu mu Rwanda Prof Sezibera Vincent yavuze ko kuri ubu RPS igeze ku rwego rushimishije babikesha gushyira hamwe  mu myaka ibiri tumaze guhera muri kanama 2015.

RPS imaze itangiye ashimira abanyamuryango ko kuba barashyize hamwe aribyo byatumwe bagera aho bageze ubu bakabikora nta gihembo bategereje kiva muri RPS.

Akomeza avuga ko mubyo bagezeho muri iki gihe bamaze ari uko babonye icyemezo cyemerera urugaga gukora byemewe n’amategeko gitangwa na RGB ,kandi RPS ikaba imaze kumenyekana ku rwego mpuzamahanga,ubufatanye bwiza n’inzego za Leta .

Yongeyeho ko kandi bakiriye n’inama mpuzamahanga y’abavuzi b’imyitwarire n’imitekerereze ya muntu mu gushyingo 2017 byatumye bungukira byinshi kubari bitabiriye iyi nama basangira ubunararibonye hagati mu kuzamura umwuga w’ubuvuzi bw’imyitwarire n’imitekerereze ya muntu.

Muri iyi nama iteganwa n’amategeko agenga RPS ikaba iba kabiri mu mwaka, barebeye hamwe raporo y’ibikorwa rusange bya 2017, kwiga no kwemeza igenamigambi rya 2018  ,kwakira no kwemeza  abanyamuryango bashya ,kwakira abayobozi bashya basimbuye abari barangije manda yabo y’imyaka ibiri.

Prof Sezibera yakomeje avuga ko bakiriye abanyamuryango bashya bagera 39 biyongera kubari basanzwe mu rugaga  bangana na 327. Yashimiye aba banyamuryango bashya kuba baragize ubushake bwo guharanira kuza mu rugaga rw’abavuzi n’abize imyitwarire n’imitekerereze ya muntu ko ari imbaraga urugaga ryungutse .

Yakomeje avuga ko bafite ingamba mu gushyigikira abanyeshyuri bakiri kwiga ubuvuzi bw’imyitwarire n’imitekerereze ya muntu aho abayobozi b’amashyirahamweY’abanyeshuri bazajya baba abanyamuryango bakagira uruhare mu itegurwa no kwitabira ibikorwa rusange nk’abanyamuryango ba RPS  yashishikarije n’abanyeshuri ba kaminuza ya kibungo mu ishami ry’imitekerereze n’imyitwarire kugira kwandika basaba kwinjira mu rugaga.

Yakomeje avuga ko kugeza ubu urugaga rugeze ku rwego rwiza aho bagira ibikorwa bitandukanye nko kufashya abagize ibibazo by’abagize ibibazo by’ihungabana ,kugufasha no kugira inama abasaritse n’ibiyobyabwenge n’ibindi bikorwa bitandukanye byo gufasha abafite ibibazo by’imitekerereze n’imyitwarire mu bikorwa bya buri munsi by’abanyamuryango.

Asoza ashishikariza abataraba abanyamurya ko bagomba kwegera bagenzi babo mu kugira uruhare mu gufasha abanyarwanda cyane abafite ihungabana, abishoye mu biyobyabyenge n’ibindi bibazo bishamikiye ku mitekerereze n’imyitwarire ya muntu ko ariwo musanzu bakeneweho mu kubaka igihugu cyiza cyibereye abanyarwanda.

Izaturwanaho felicien umunyamuryango w’uru rugaga wasimbuwe ku mwanya wo kuyobora CPSAR umuryango w’abanyeshuri biga muri kaminuza ibijyanye n’ubuvuzi bw’imyitwarire  n’imitekerereze ya muntu asimburwa  na Rurangwa Umurisa Nelly.

bishimiye  ko ari kuba umunyamuryango w’uru rugagako rwa RPS ari  ingenzi mu gufashya abantu  bahuye n’ibibazo bitandukanye bifitanye isano n’ubuvuzi b’imyitwarire n’imitekerereze ya muntu ati”by’umwihariko bizadufasha gutanga umusanzu wacu mu kuvura no kugira inama n’abahuye n’ibyo bibazo.

Nkundiye Eric Bertrand

2018-01-17
Editorial

IZINDI NKURU

Umukinnyi Mpuzamahanga w’Umunya-Kenya, Brian Melly, yasinye muri Police Volleyball Club

Umukinnyi Mpuzamahanga w’Umunya-Kenya, Brian Melly, yasinye muri Police Volleyball Club

Editorial 17 Jul 2025
Polisi y’u Rwanda na Minisiteri y’ubutaka n’amashyamba basinyanye amasezerano y’ubufatanye ku kwita ku bidukikije

Polisi y’u Rwanda na Minisiteri y’ubutaka n’amashyamba basinyanye amasezerano y’ubufatanye ku kwita ku bidukikije

Editorial 08 Nov 2017
Jay Polly uri mu buroko yatakambiye umugore we anamugurira andi menyo

Jay Polly uri mu buroko yatakambiye umugore we anamugurira andi menyo

Editorial 17 Aug 2018
Kwagura Imikoranire ndetse n’Ubufatanye niyo Ntego y’ibiganiro hagati ya Perezida Kagame na Mugenzi we Touadéra

Kwagura Imikoranire ndetse n’Ubufatanye niyo Ntego y’ibiganiro hagati ya Perezida Kagame na Mugenzi we Touadéra

Administrator 24 Nov 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Afurika y’Epfo yagennye Ambasaderi mushya wayo mu Rwanda
POLITIKI

Afurika y’Epfo yagennye Ambasaderi mushya wayo mu Rwanda

Editorial 27 Jan 2020
Umuyobozi wa Radiyo ‘Ijwi rya Amerika’ aranenga Leta y’u Burundi
INKURU ZAKUNZWE CYANE

Umuyobozi wa Radiyo ‘Ijwi rya Amerika’ aranenga Leta y’u Burundi

Editorial 05 May 2018
RwandAir yasobanuye Impamvu yasohoye Umugenzi  w’Umugande mu ndege yayo
ITOHOZA

RwandAir yasobanuye Impamvu yasohoye Umugenzi w’Umugande mu ndege yayo

Editorial 29 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru