• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»USA: Hagiye gukorwa iperereza ku bivugwa ko FBI yanekaga Trump mu matora
Generated by IJG JPEG Library

USA: Hagiye gukorwa iperereza ku bivugwa ko FBI yanekaga Trump mu matora

Editorial 21 May 2018 POLITIKI

Minisiteri y’Ubutabera muri Amerika yatangaje ko igiye gukora iperereza harebwa niba abakozi ba FBI baranetse ku bikorwa byo kwamamaza Perezida Donald Trump mu 2016, ku mpamvu zidakwiriye.

Mu butumwa yanditse kuri Twitter, Donald Trump yavuze ko akeneye kumenya niba abamubanjirije barategetse ko ibyo biba.

Uwo mwanzuro wafashwe nyuma y’amakuru yanyuze mu binyamakuru byo muri Leta Zunze Ubumweza Amerika bivuga ko FBI yaba yari ifite abantu bayiha amakuru, mu nama za Trump mu gihe cyo kwiyamamaza.

Intumwa Nkuru Yungirije ya Leta, Rod Rosenstein, yavuze ko hagomba kugira igikorwa igihe bizaba bigaragaye ko hari ukwivanga muri ibyo bikorwa kwagiye kubaho.

Mu itangazo yashyize ahagaragara yagize ati “Niba hari umuntu wameneye cyangwa agakurikirana mu ibanga abitabiriye ibikorwa byo kwamamaza perezida ku mpamvu zidakwiriye, dukeneye kubimenya neza ngo dufate ingamba zikwiye.”

Iri perereza rigiye kubaho mu gihe hasanzwe irindi rimaze igihe kuri Perezida Donald Trump riyobowe na Robert Mueller, harebwa niba nta ruhare u Burusiya bwagize mu kugena ibyavuye mu matora yatsinzemo Hillary Clinton.

Ku wa Gatanu nibwo Perezida Trump yavuze ko FBI yagiye yohereza ba maneko mu itsinda rishinzwe kumwamamaza, bigakorwa ku nyungu za politiki.

Nyuma ikinyamakuru The New York Times cyaje kwandika ko hari umwe muri maneko za FBI – amazina ye atatangajwe – woherejwe kuvugana n’abafashaga Trump kwiyamamaza, nyuma y’uko hari habonetse amakuru y’ibiganiro bagiye bagirana n’u Burusiya.

Bivugwa ko uwo muntu ngo yabonanye n’abitwa George Papadopoulos na Carter Page, gusa Trump we avuga ko byakozwe mbere y’uko ibyo guhura n’Abarusiya bitangira kuvugwa.

Ubusabe bwa Perezida Trump kuri iri perereza bubayeho nyuma y’amagambo menshi yanditse kuri Twitter kuri iki Cyumweru, yamagana iperereza riri gukorwa ubu avuga ko ryasanze nta bufatanye n’u Burusiya bwabayeho.

2018-05-21
Editorial

IZINDI NKURU

Uganda: Urubanza rwa Gen Kayihura rwashyizwe mu Ukwakira

Uganda: Urubanza rwa Gen Kayihura rwashyizwe mu Ukwakira

Editorial 05 Sep 2018
Loni ni nka Bihehe bavugiriza induru, iti “ngizi impundu mporana”. Uko yamaganwa, niko irushaho gushyigikira abajenosideri.

Loni ni nka Bihehe bavugiriza induru, iti “ngizi impundu mporana”. Uko yamaganwa, niko irushaho gushyigikira abajenosideri.

Editorial 09 Aug 2024
Trump yabujije ushinzwe ububanyi n’amahanga kujya muri Korea ya Ruguru

Trump yabujije ushinzwe ububanyi n’amahanga kujya muri Korea ya Ruguru

Editorial 26 Aug 2018
PSD yijeje ko nibona imyanya mu Nteko izanoza imicungire y’amakoperative

PSD yijeje ko nibona imyanya mu Nteko izanoza imicungire y’amakoperative

Editorial 23 Aug 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Habiba yerekeje i Burayi guhatanira ikamba rya Miss Supranational
SHOWBIZ

Habiba yerekeje i Burayi guhatanira ikamba rya Miss Supranational

Editorial 17 Nov 2017
Guverineri Rwangombwa yagaragaje igihombo u Rwanda rugira mu guhererekanya amafaraga mu ntoki
UBUKUNGU

Guverineri Rwangombwa yagaragaje igihombo u Rwanda rugira mu guhererekanya amafaraga mu ntoki

Editorial 10 Nov 2017
Cristiano Ronaldo yegukanye ‘Ballon d’Or’ ya gatanu anganya amateka na Messi (Amafoto)
IMIKINO

Cristiano Ronaldo yegukanye ‘Ballon d’Or’ ya gatanu anganya amateka na Messi (Amafoto)

Editorial 08 Dec 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru