• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Usibye u Bushinwa igisirikare cy’u Rwanda [ RDF ] nicyo gitunze missiles zishwanyaguza ibifaru

Usibye u Bushinwa igisirikare cy’u Rwanda [ RDF ] nicyo gitunze missiles zishwanyaguza ibifaru

Editorial 18 Dec 2018 ITOHOZA

Igisirikare cy’u Rwanda, RDF, cyabaye igisirikare cya mbere cy’abanyamahanga gitunze ibisasu bya missiles byakorewe mu Bushinwa bizwi nka Red Arrow bifite ubushobozi bwo gusenya ibimodoka by’intambara by’imitamenwa bizwi nka tanks cyangwa chars blindés mu Gifaransa.

Kuwa kabiri ushize, ku munsi wa nyuma y’imyitozo ngarukamwaka yaberaga i Gabiro, nibwo igisirikare cy’u Rwanda kerekanye bwa mbere intwaro zakorewe mu Bushinwa zirimo iyitwa PCL-09 na missiles zayo zo mu bwoko bwa HJ-9A “Red Arrow”.

Ikinyamakuru Southchinapost kivuga ko PCL-09 yoherezwa hanze ku izina rya CS/SH1, ari imwe mu ntwaro za rutura z’ingenzi igisirikare cy’u Bushinwa (People’s Liberation Army) gikoresha, ikaba yaratangiye gukoreshwa bwa mbere mu 2009.

Iyi mbunda ifite umunwa wa milimetero 122 ujya kumera nk’uwa D-30 y’Abarusiya, ikunze gushingwa ku ikamyo ya SX2150, ikaba ishobora kurasa amasasu menshi mu ntera y’ibirometero 27, ku rugero rw’inshuro 6 cyangwa 8 ku munota  ndetse ikaba ikorana n’uburyo bwa Beidou bukoresha satellites.

Naho HJ-9A, ni version ya HJ-9 (third generation) yongerewe ubushobozi, akaba ari missiles zisenya ibimodoka by’imitamenwa zishobora kuraswa mu birometero birenga 5,5, aho bivugwa ko iki gisasu gishobora gutobora icyuma kugeza muri metero 1,2 winjira imbere.

Abasirikare b’u Rwanda ashyira missile ya Red Arrow mu mbunda

Igisirikare cy’u Rwanda gikoresha HJ-9A ngo akaba ari cyo cya mbere cy’abanyamahanga kimenyekanye gikoresha izi missiles nyuma y’u Bushinwa buzikora.

Iyi nkuru irakomeza ivuga ko u Rwanda nk’igihugu kikiyubaka nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 atari ubwa mbere cyaba kiguze intwaro mu Bushinwa nk’aho cyabanje kuhagura ibimodoka by’imitamenwa bizwi mu cyongereza nka SH-3 self-propelled arms vehicles ndetse na missiles z’ubwirinzi bwo mu kirere (air defence missiles). Izi modoka nazo zikaba zaragaragajwe kuwa Kabiri ushize i Gabiro.

SH-3 self-propelled arms vehicles
SH-3 self-propelled arms vehicles

Umusesenguzi mu bya gisirikare wo mu mujyi wa Beijing, Zhou Chenming avuga ko igurwa ry’izi ntwaro rigaragaza kwaguka kw’ubucuruzi bw’intwaro kw’u Bushinwa muri Afurika, ahanini bitewe n’uko izi ntwaro zoroshye gukoresha, zitanga umusaruro, zidahenze bikabije kandi zikaba zifite byinshi zihuriyeho n’izakozwe n’Abasoviyete ibisirikare bitandukanye byo muri Afurika byakunze kwishimira mu bihe byashize.

Hagati ya 2013 na 2017, intwaro u Bushinwa bugurisha ziyongereyeho 38% ugereranyije n’imyaka 5 yabanje, aho Afurika yaguze 21% by’izi ntwaro nk’uko byemezwa n’Ikigo mpuzamahanga cy’ubushakashatsi ku mahoro cya Stockholm (Stockholm International Peace Research Institute).

Ikindi Zhou atangaza, ni uko bitandukanye na Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’inshuti zazo, u Bushinwa ngo nicyo gihugu cyonyine gikora intwaro kidashyiraho andi mananiza ya politiki kugirango kikugurishe intwaro.

Iri curuzwa ry’intwaro z’u Bushinwa ariko mu myaka yashize rikaba ryarateje impaka nyuma y’aho raporo zigaragarije ko zirimo gukoreshwa mu makimbirane nko mu ntambara zo muri Repubullika iharanira Demokarasi ya Congo no muri Sudani y’Epfo.

Ubwo yasozaga iyi myitozo ngarukamwaka y’ingabo z’’u Rwanda yiswe Exercise Hard Punch III, perezida Kagame yavuze abanzi b’u Rwanda bashobora gusa kurwifuriza nabi ariko batazigera babasha gutsinda, avuga ko uzagerageza gutera u Rwanda atazasubirayo yaba ari muzima cyangwa ari umupfu.

2018-12-18
Editorial

IZINDI NKURU

Ibimenyetso biraca amarenga ku mpinduka zikomeye muri Guverinoma

Ibimenyetso biraca amarenga ku mpinduka zikomeye muri Guverinoma

Editorial 24 Aug 2017
Interahamwe yabeshye yuko yarokotse Jenoside, Amerika iyikatira imyaka 15

Interahamwe yabeshye yuko yarokotse Jenoside, Amerika iyikatira imyaka 15

Editorial 03 Mar 2017
Umunyamabanga Mukuru wa FPR yahaye Interahamwe ibihumbi 800 Frw ngo zihungishe abana be

Umunyamabanga Mukuru wa FPR yahaye Interahamwe ibihumbi 800 Frw ngo zihungishe abana be

Editorial 15 May 2024
Eugene Richard Gasana, wari uhagarariye URwanda muri LONI, akurikiranyweho icyaha cyo gufata ku ngufu

Eugene Richard Gasana, wari uhagarariye URwanda muri LONI, akurikiranyweho icyaha cyo gufata ku ngufu

Editorial 17 Jun 2019

9 Ibitekerezo

  1. Amahe kamili
    December 18, 20185:11 pm -

    Jye ndabishima, Bitewe nuko urwanda rungana haba mu mikoro mbe haba no mu buso, Jye nkuko RDF isobanura , Rwanda defence force, RDF igomba kwibikaho ibikoresho byo kwi defendinga.

    Nabivuze ntangira, Rdf ntikeneye za F16,18, Drones etc… Dukeneye missilles zihanura indege zose, missilles zimena ibimodoka byibitamenwa byose, aliko mbere ya byose tugomba kugira abakobwa nabahungu bakwitagira u Rwanda bibaye ngobwa. Tuka rnda u Rwanda twigenera aho tugomba kugana ku bwacu , maze tubikore nkuko Israel yirinda abanzi bose bayikikije.

    Shalom, ku badukunda, abatwanga bo umuti urahari, Imana ikunda abanyarwanda murebe Congo hamwe habaye abahezanguni bifuzaga gutwika u Rwanda maze murebe aho bari!!! mu mazi abira. Nkaka nako inkaka Ignace alias Bizeye fils,

    …. A suivre Il faut respecter un grand.

    Droit d’aînesse exige. Reka tujye muli La rousse icyo bisobanura ….

    Droit d’aînesse, en France, au Moyen Âge et sous l’Ancien Régime, droit résultant de la priorité d’âge et qui réservait au fils aîné d’une famille noble, au détriment des autres enfants, une part prépondérante dans l’héritage paternel et maternel

    Subiza
  2. Peres
    December 18, 20185:35 pm -

    Ariko Mana watabaye abanyarwanda ukaba kuza kwiyemera koko! Ibi ni nka bya Bindi muvuga ko buri Gihugu cyo mw is kitabumviye kiba kibafitiye ishyari muzageraho namwe mujye mwiseka

    Subiza
    • Sunday
      December 18, 20186:42 pm -

      Ubwo bwose ni ubujiji. bamenye ko iyo igihugu gikoze imbunda gikora namisile ziyishwanyura. Tuzazishwanyura mureba

      Subiza
      • katsinono
        December 18, 20187:46 pm -

        Okey ibyo ni ibitekerezo byawe.!!!!!!!!!!!!!!!!.

        Subiza
  3. kalisa claude
    December 19, 20187:08 am -

    ariko birashoboka tutaba turi aba mbere kuko izo missile zishwanyaguza ibifaru bimaze igihe kinini kuko
    israel yazikoresheje kera mu ntambara bise iyi minsi itandatu(6days) barwana na jordan,misili na siliya uzasome neza inkuru yaho kandi intambara yabaye mu 1967.

    Subiza
  4. Emmy
    December 19, 20187:35 am -

    Ariko Sunday nawe urasetsa cyane ngo ni ubujiji ngo muzazishwanyuza ahaaa courage ingumba itazi ikibi irigata ishoka.kandi umwana atinya ikara aritoye.ibyo murimo byose muribeshya aho Imana yakuye urwanda ntizemera ko ingegera ziharusubiza.

    Subiza
    • Sunday
      December 19, 20189:58 am -

      Umva rero nkubwire nshuti yanje. Dutandukanye urwanda nakagome . Tumenye umwanzi wurwanda ninde? Ninde upfakaje abanyarwanda? Ninde ushora ubwichanyi kubanyarwanda hose haba mugihugu changwa hanze? Uwo numwanzi wabanyarwanda ntawundi ni Kagome. Tumwigize uruhanda arimuzima changwa yaryamye nuko twisanzure hirya nohino

      Subiza
  5. Daniel
    December 19, 201810:47 am -

    Sunday, rero, nabandi batekereza nkawe, ikibazo ntumugifitanye na HE gusa, ahubwo mugifitanye nabandi banyarwanda benshi twemera ubwitangye, umurava, ubutwari, gukunda igihugu … muri rusange imiyoborere myiza ya HE.

    Sunday, nibwira ko ibi namwe mubibona, kuko ibikorwa bye birivugira, ahubwo mureke gukoreshwa muve munzira mbi kandi tuzabarwanya.

    Subiza
    • katsinono
      December 20, 20186:39 pm -

      Twifitiye ubukwe mu minsi iri imbere ( imyaka 2). Niburangira tuzareba. Mukomere ntwari.

      Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Robert Mugabe yirukanwe n’ishyaka rye ku buyobozi bwaryo
Mu Mahanga

Perezida Robert Mugabe yirukanwe n’ishyaka rye ku buyobozi bwaryo

Editorial 19 Nov 2017
New York: Perezida Kabila yamaganye kwivanga kw’amahanga anasaba ko ingabo za Monusco ziva muri Congo
POLITIKI

New York: Perezida Kabila yamaganye kwivanga kw’amahanga anasaba ko ingabo za Monusco ziva muri Congo

Editorial 26 Sep 2018
Kuki Urupfu Rwa Karegeya  Rwakurikiwe N’umwijima Mu Mubano Wa Afurika Y’Epfo N’u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Kuki Urupfu Rwa Karegeya Rwakurikiwe N’umwijima Mu Mubano Wa Afurika Y’Epfo N’u Rwanda

Editorial 25 Jan 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru